Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burundi: Umupolisi wari wafungiwe gusinda akicira muri kasho umusaza amukubise urukweto yakatiwe

radiotv10by radiotv10
23/07/2022
in MU RWANDA
0
Burundi: Umupolisi wari wafungiwe gusinda akicira muri kasho umusaza amukubise urukweto yakatiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi wo mu Gihugu cy’u Burundi wari ukurikiranyweho kwicira umusaza muri kasho amukubise urukweto nyuma yuko yari yamusanzemo kuko na we yari yasinze, yakatiwe gufungwa burundu.

Uyu mupolisi witwa Léonidas Ntakimazi yahamijwe icyaha cyo kwica umusaza witwa Roger Havyarimana w’imyaka 65 y’amavuko wari uri muri kasho.

Bivugwa ko uyu mupolisi yishe nyakwigendera amukubise urukweto nyuma yuko na we yari yanyoye ka manyinya kakamuganza, hagatangwa itegeko ko aba afunzwe kugira ngo adateza umutekano mucye mu gihe uwo musaza we yari afungiwe kwiba ubwatsi b’amatungo.

Mu cyemezo cyasomwe muri iki Cyumweru, Urukiko Rwisumbuye rwa Kayanza, rwahamije uyu mupolisi icyaha cyo kwica uriya musaza yabigambiriye.

Iki cyaha cy’ubwicanyi bwakozwe n’uyu mupolisi, cyari cyabaye ari ku Cyumweru muri Komini ya Gatara.

Urukiko Rwisumbuye rwa Kayanza kandi rwasomye icyemezo cy’abandi bapolisi babiri baregwaha hamwe n’uyu wishe umusaza, bari bakurikiranyweho ibyaha binyuranye.

Umupolisi wategetse ko uriya musaza witwa Roger Havyarimana afungwa, we yakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu y’ibihumbi 300 y’amarundi, aho yahamijwe icyaha cyo gutanga itegeko ryo gufunga umuturage kandi atabifitiye ububasha.

Naho uwari urinze kasho yari ifungiyemo nyakwigendera, we yakatiwe gufungwa amezi atatu n’ihazabu y’ibihumbi bitanu y’amarundi, we akaba yarahamijwe icyaha cyo gufunga umuntu mu buryo bunyaranyije n’amategeko.

Aba bapolisi bose kandi bafatanyije bategetswe kwishyura miliyoni 21 z’amarundi, nk’indishyi y’akababaro azahabwa umuryango wa nyakwigendera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eighteen =

Previous Post

Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Next Post

Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika

Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.