Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise
Share on FacebookShare on Twitter

Dushime Burabyo Yvan, ni amazina yose ya nyakwigendera Yvan Buravan wabibye urukundo mu bantu abinyujije mu ndirimbo ze n’ubu zikomeje gufasha benshi nubwo we yamaze kwitaba Imana.

Ijoro ryo ku ya 17 Kanama 2022, ryarizwemo amarira atari macye kubera inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Yvan Buravan wari umaze iminsi arwaye.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022, habaye igitaramo cyo kwizihiza ubuzima bwa Yvan Buravan cyatangiwemo ubuhamya bw’ibyamuranze birimo ubugwaneza, ubupfura, kugira ikinyabupfura no gukunda abantu.

Umubyeyi wa Buravan wagarutse ku buzima bwa bucura bwe wavutse tariki 27 Mata 1995, yavuze ko yavutse bazi ko batazongera kubyara ariko ko byari umugisha.

Ati “Kuri twe wari umugisha kuko twari tugitaha mu Rwanda, abantu batangira kuvuga ngo twabonye intsinzi, ariko ntabwo twari twabipanze.”

Yakomeje agira ati “Twamwise Dushime kuko twashimiraga Imana ko tumubonye. Burya amazina ye ntaba yuzuye iyo udashyizeho Dushime Burabyo Yvan, buryo no mu irangamuntu ye ni ko handitse.”

Uyu mubyeyi wa Buravan avuga ko uyu mwana yari afite umuhamagaro udasanzwe, ati “Ndibuka Data umbyara yigeze kumureba aria kana, arambwira ati ‘kariya kana kazaba akagabo’ nyoberwa aho abikuye, ariko ibyo byose ni byo umuntu agenda abona.”

Yavuze ko bucura bwe Buravan yakuranye umuhate mu byo yakoraga byose aho agereye mu muziki na bwo akabikora atiganda, ndetse na we ubwe akomeza kumushyigikira.

Avuga ko ubwo yatangiraga kugerageza amahirwe yo kubona inzira mu by’umuziki, ubwo yitabiraga irushanwa ryari ryateguwe na Rwandatel, yamuherekezaga kuko we atari azi ahantu henshi kuko atakundaga kuva mu rugo.

 

Yansabye ko dukorana indirimbo ndikanga

Umubyeyi [Se] wa Buravan yanagaragaye mu ndirimbo y’umuhungu we yitwa Garagaza, aho ari na we utangira agaragara mu mashusho yayo avuza umwirongi wa kizungu.

Yavuze ko yatunguwe no kumva umuhungu we amusaba ko bakorana indirimbo.

Ati “Nagiye kumva numva arambwiye ati ‘Papa ndashaka ko dukorana indirimbo’. Ndikanga nti ‘ese bite?’ ati ‘nigeze kubona uvuza rumoneka nagira ngo tuzakorane indirimbo’ nti ‘ese ko rumoneka nayivuzaga nkiri muto nkaba narayibitse, urabona hari ikintu kizavamo?’ byatumye rero nyifata ntangira gukora imyitozo.”

Avuga ko icyamushimishije ari uko iyi ndirimbo yanakunzwe, ati “Ni ukubereka ko no mu rugendo rwe rwa muzika twaramushyigikiraga.”

Uretse umubyeyi wa Buravan, n’abavandimwe be bagarutse ku myitwarire myiza yarangaga nyakwigendera uri buherekezwe bwa nyuma uyu munsi ku wa Gatatu tariki 24 Kanama 2022.

Buravan akiri umwana
Yari amaze kuba umuhanzi w’ikirangirire

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 7 =

Previous Post

Rubavu: Amakuru mashya ku mukobwa ‘wabeshyeye’ Gitifu ko yamukuye iryinyo kuko yanze ko baryamana

Next Post

Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.