Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise
Share on FacebookShare on Twitter

Dushime Burabyo Yvan, ni amazina yose ya nyakwigendera Yvan Buravan wabibye urukundo mu bantu abinyujije mu ndirimbo ze n’ubu zikomeje gufasha benshi nubwo we yamaze kwitaba Imana.

Ijoro ryo ku ya 17 Kanama 2022, ryarizwemo amarira atari macye kubera inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Yvan Buravan wari umaze iminsi arwaye.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022, habaye igitaramo cyo kwizihiza ubuzima bwa Yvan Buravan cyatangiwemo ubuhamya bw’ibyamuranze birimo ubugwaneza, ubupfura, kugira ikinyabupfura no gukunda abantu.

Umubyeyi wa Buravan wagarutse ku buzima bwa bucura bwe wavutse tariki 27 Mata 1995, yavuze ko yavutse bazi ko batazongera kubyara ariko ko byari umugisha.

Ati “Kuri twe wari umugisha kuko twari tugitaha mu Rwanda, abantu batangira kuvuga ngo twabonye intsinzi, ariko ntabwo twari twabipanze.”

Yakomeje agira ati “Twamwise Dushime kuko twashimiraga Imana ko tumubonye. Burya amazina ye ntaba yuzuye iyo udashyizeho Dushime Burabyo Yvan, buryo no mu irangamuntu ye ni ko handitse.”

Uyu mubyeyi wa Buravan avuga ko uyu mwana yari afite umuhamagaro udasanzwe, ati “Ndibuka Data umbyara yigeze kumureba aria kana, arambwira ati ‘kariya kana kazaba akagabo’ nyoberwa aho abikuye, ariko ibyo byose ni byo umuntu agenda abona.”

Yavuze ko bucura bwe Buravan yakuranye umuhate mu byo yakoraga byose aho agereye mu muziki na bwo akabikora atiganda, ndetse na we ubwe akomeza kumushyigikira.

Avuga ko ubwo yatangiraga kugerageza amahirwe yo kubona inzira mu by’umuziki, ubwo yitabiraga irushanwa ryari ryateguwe na Rwandatel, yamuherekezaga kuko we atari azi ahantu henshi kuko atakundaga kuva mu rugo.

 

Yansabye ko dukorana indirimbo ndikanga

Umubyeyi [Se] wa Buravan yanagaragaye mu ndirimbo y’umuhungu we yitwa Garagaza, aho ari na we utangira agaragara mu mashusho yayo avuza umwirongi wa kizungu.

Yavuze ko yatunguwe no kumva umuhungu we amusaba ko bakorana indirimbo.

Ati “Nagiye kumva numva arambwiye ati ‘Papa ndashaka ko dukorana indirimbo’. Ndikanga nti ‘ese bite?’ ati ‘nigeze kubona uvuza rumoneka nagira ngo tuzakorane indirimbo’ nti ‘ese ko rumoneka nayivuzaga nkiri muto nkaba narayibitse, urabona hari ikintu kizavamo?’ byatumye rero nyifata ntangira gukora imyitozo.”

Avuga ko icyamushimishije ari uko iyi ndirimbo yanakunzwe, ati “Ni ukubereka ko no mu rugendo rwe rwa muzika twaramushyigikiraga.”

Uretse umubyeyi wa Buravan, n’abavandimwe be bagarutse ku myitwarire myiza yarangaga nyakwigendera uri buherekezwe bwa nyuma uyu munsi ku wa Gatatu tariki 24 Kanama 2022.

Buravan akiri umwana
Yari amaze kuba umuhanzi w’ikirangirire

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Rubavu: Amakuru mashya ku mukobwa ‘wabeshyeye’ Gitifu ko yamukuye iryinyo kuko yanze ko baryamana

Next Post

Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.