Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bus yari itwaye caguwa ziturutse Congo yafatiwe i Muhanga ba nyirazo bayirimo nk’abagenzi

radiotv10by radiotv10
01/10/2022
in MU RWANDA
0
Bus yari itwaye caguwa ziturutse Congo yafatiwe i Muhanga ba nyirazo bayirimo nk’abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yo mu bwoko bwa Bus yari itwaye ibilo 1 074 by’imyenda ya caguwa, yafatiwe mu Karere ka Muhanga ubwo yerecyezaga i Kigali ivuye i Rusizi ndetse na ba nyiri iyo myenda bari muri iyo bus bameze nk’abagenzi.

Uretse iyi myenda ya caguwa, Polisi itangaza ko yanafashe abantu batanu bari muri iyo modoka bakaba ari na ba nyiri iyo myenda ndetse n’umushoferi wari uyitwaye arafatwa.

Iki gikorwa cyo gufata ibi bicuruzwa n’aba bantu cyabaye ku wa Kane tariki 29 Nzeri 2022, nyuma yuko Polisi yakiriye amakuru yerecyeye iyi caguwa yari yinjiye mu Rwanda binyuranyije n’amategeko.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire, avuga ko amakuru yatumye bafata iyi modoka na bariya bantu, yatanzwe n’abaturage.

Ati “Yavugaga ko bariya bose uko ari batanu, buriye bus yavaga Rusizi yerekeza mu Mujyi wa Kigali. Bus yaje guhagarikirwa i Muhanga, ariho ba nyiri imyenda bafatiwe, imyenda yabo ndetse na bus birafatirwa.”

Polisi y’u Rwanda itangaza ko iyi myenda yinjijwe mu Rwanda ivanywe mu Gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

SP Kanamugire yavuze ko ari kenshi hagiye hafatwa imodoka zikoreshwa mu bikorwa nk’ibi bitemewe yaba izafatiwe mu gutwara ibicuruzwa byinjiye mu Gihugu mu buryo butemewe ndetse n’ibyafiwe mu gutwara ibiyobyabwenge, agasaba abashoferi kubihagarika.

Ati “Tuributsa abagaragara muri ibyo bikorwa ko bibagiraho ingaruka mbi zirimo kuba bafungwa, ari ibicuruzwa byabo bigafatwa ndetse n’imodoka nayo igafatirwa ikazatezwa cyamunara.”

Bya nyiri izi caguwa bari muri iyo bus bameze nk’abagenzi

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko ry’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rikoreshwa no mu Rwanda mu ngingo yaryo ya 199, rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu na yo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Hafaswe n’umushoferi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 11 =

Previous Post

Kinshasa: Umukwabu wakangaranyije benshi wafatiwemo amabandi 200

Next Post

Sunrise yatsinze Police yatunguye Kiyovu, bigoranye Rayon ikura amanota atatu i Rubavu

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sunrise yatsinze Police yatunguye Kiyovu, bigoranye Rayon ikura amanota atatu i Rubavu

Sunrise yatsinze Police yatunguye Kiyovu, bigoranye Rayon ikura amanota atatu i Rubavu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.