Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Butembo-DRC: Abamagana MONUSCO bayimenyesheje ko nibongera kubona imodoka yayo ihura n’akaga

radiotv10by radiotv10
04/08/2022
in MU RWANDA
0
Butembo-DRC: Abamagana MONUSCO bayimenyesheje ko nibongera kubona imodoka yayo ihura n’akaga
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete Sivile yo mu mujyi wa Butembo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamenyesheje MONUSCO ko badashaka kongera kubona imodoka zabo ziri mu mihanda.

Iyi gasopo yatanzwe mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Kanama 2022 na sosiyete sivile yo muri uyu mujyi wa Butembo.

Umujyi wa Butembo ni umwe mu bashegeshwe n’imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO aho yaguyemo ubuzima bw’abantu 13 barimo n’abo bivugwa ko bishwe n’abasirikare ba MONUSCO nubwo yo yabihakanye.

Sosiyete sivile yo muri aka gace ka Butembo yashyize hanze ririya tangazo kuri uyu wa Gatatu, yahamagariye abatuye muri uyu Mujyi kwitabira imyigaragambyo iteganyijwe uyu munsi ku wa Kane tariki 04 Kanama 2022.

Muri iri tangazo, Sosiyete Sivile yatangaje ko ku bufatanye bw’abaturage ndetse n’ubuhuzabikorwa bw’ubuyobozi bwa Butembo, bifuza kotsa igitutu MONUSCO kugeza igihe ibaviriye ku butaka.

Basabye abacuruzi b’Abanye-Congo bakorera mu mujyi wa Butembo kutagira igicuruzwa na kimwe baha abasirikare ba MONUSCO.

MONUSCO ikomeje kotswa igitutu n’Abanye-Congo ngo ibavire mu Gihugu kuko ntacyo yabamariye mu myaka irenga 20 imazeyo bivugwa ko yaje kurwanya imitwe yitwaje intwaro.

Kuri uyu wa 03 Kanama 2022 kandi Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye Umuryango w’Abibumbye kwirukana umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann akava muri iki Gihugu.

Guverinoma ya Congo ivuga ko ibyatangajwe n’uyu muvugizi wa MONUSCO ari byo nyirabayazana w’imyigaragambyo iri kuba yanatumye abarenga 30 bahasiga ubuzima.

Ku wa Mbere tariki 01 Kanama 2022, Perezida Felix Tshisekedi yateranyije inama idasanzwe yahuje bamwe mu bayobozi bakomeye mu nzego nkuru z’Igihugu yafatiwemo imyanzuro irimo ko Guverinoma ya Congo igiye gusuzuma ubusabe bw’abaturage bwo kwirukana MONUSCO.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + eighteen =

Previous Post

Rwamagana: Bavuga ko uwapfushije umugabo we nawe agahita apfa yazuwe n’amasengesho

Next Post

Mozambique: RDF yongeye gukura abaturage mu menyo ya rubamba ibohoza 600 bari baragizwe imbohe n’ibyihebe

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF yongeye gukura abaturage mu menyo ya rubamba ibohoza 600 bari baragizwe imbohe n’ibyihebe

Mozambique: RDF yongeye gukura abaturage mu menyo ya rubamba ibohoza 600 bari baragizwe imbohe n’ibyihebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.