Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Butembo-DRC: Abamagana MONUSCO bayimenyesheje ko nibongera kubona imodoka yayo ihura n’akaga

radiotv10by radiotv10
04/08/2022
in MU RWANDA
0
Butembo-DRC: Abamagana MONUSCO bayimenyesheje ko nibongera kubona imodoka yayo ihura n’akaga
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete Sivile yo mu mujyi wa Butembo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamenyesheje MONUSCO ko badashaka kongera kubona imodoka zabo ziri mu mihanda.

Iyi gasopo yatanzwe mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Kanama 2022 na sosiyete sivile yo muri uyu mujyi wa Butembo.

Umujyi wa Butembo ni umwe mu bashegeshwe n’imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO aho yaguyemo ubuzima bw’abantu 13 barimo n’abo bivugwa ko bishwe n’abasirikare ba MONUSCO nubwo yo yabihakanye.

Sosiyete sivile yo muri aka gace ka Butembo yashyize hanze ririya tangazo kuri uyu wa Gatatu, yahamagariye abatuye muri uyu Mujyi kwitabira imyigaragambyo iteganyijwe uyu munsi ku wa Kane tariki 04 Kanama 2022.

Muri iri tangazo, Sosiyete Sivile yatangaje ko ku bufatanye bw’abaturage ndetse n’ubuhuzabikorwa bw’ubuyobozi bwa Butembo, bifuza kotsa igitutu MONUSCO kugeza igihe ibaviriye ku butaka.

Basabye abacuruzi b’Abanye-Congo bakorera mu mujyi wa Butembo kutagira igicuruzwa na kimwe baha abasirikare ba MONUSCO.

MONUSCO ikomeje kotswa igitutu n’Abanye-Congo ngo ibavire mu Gihugu kuko ntacyo yabamariye mu myaka irenga 20 imazeyo bivugwa ko yaje kurwanya imitwe yitwaje intwaro.

Kuri uyu wa 03 Kanama 2022 kandi Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye Umuryango w’Abibumbye kwirukana umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann akava muri iki Gihugu.

Guverinoma ya Congo ivuga ko ibyatangajwe n’uyu muvugizi wa MONUSCO ari byo nyirabayazana w’imyigaragambyo iri kuba yanatumye abarenga 30 bahasiga ubuzima.

Ku wa Mbere tariki 01 Kanama 2022, Perezida Felix Tshisekedi yateranyije inama idasanzwe yahuje bamwe mu bayobozi bakomeye mu nzego nkuru z’Igihugu yafatiwemo imyanzuro irimo ko Guverinoma ya Congo igiye gusuzuma ubusabe bw’abaturage bwo kwirukana MONUSCO.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Rwamagana: Bavuga ko uwapfushije umugabo we nawe agahita apfa yazuwe n’amasengesho

Next Post

Mozambique: RDF yongeye gukura abaturage mu menyo ya rubamba ibohoza 600 bari baragizwe imbohe n’ibyihebe

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF yongeye gukura abaturage mu menyo ya rubamba ibohoza 600 bari baragizwe imbohe n’ibyihebe

Mozambique: RDF yongeye gukura abaturage mu menyo ya rubamba ibohoza 600 bari baragizwe imbohe n’ibyihebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.