Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere America yavuze ku Munyarwanda wafashwe wari warashyiriweho 5.000.000$

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America mu Muryango w’Abibumbye, yagize icyo avuga kuri Fulgence Kayishema uri mu Banyarwanda bashyiriweho miliyoni 5$ ku bazatanga amakuru yatuma bafatwa, akaba aherutse gufatwa, anavuga ko iki Gihugu cye cyiteguye gutanga aya mafaranga ku bazatanga amakuru yatuma hafatwa abandi Banyarwanda batatu basigaye bashakishwa.

Kayishema Furgence yafashwe mu mpera z’ukwezi gushize, tariki 24 Gicurasi 2023, afatirwa mu gace ka Paarl muri Afurika y’Epfo, ubu akaba yaranatangiye kuburanishwa n’ubutabera bw’iki Gihugu bumukurikiranyeho ibyaha bishingiye ku manyanga yakoze mu buryo bwo kwihishahisha.

Uyu Munyarwanda uri mu baza ku isonga bashakishwaga bidasanzwe kubera uruhare runini bakekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yageze muri Afurika y’Epfo, yarabanje kunyura mu Bihugu binyuranye ku Mugabane wa Afurika, nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tanzania, Mozambique na Eswatini.

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano, Ambasaderi Claver Gatete, uhagarariye u Rwanda muri uyu Muryango, yashimye ibi Bihugu kuko ari na byo byatumye Kayishema atabwa muri yombi.

Yagize ati “Turashimira imikoranire y’inzego zishinzwe umutekano zo mu Bihugu bya Afurika y’Epfo, Mozambique, Eswatini, ndetse n’Abagenzacyaha b’Umuryango w’Abibumbye.”

Yakomeje agira ati “Iyi mikoranire yatumye Fulgence Kayishema, wari umaze imyaka 22 yihishahisha, atabwa muri yombi. Turashima cyane uruhare Afurika y’Epfo yagize muri iki gikorwa.”

Amb. Gatete yibukije ko u Rwanda n’Abanyarwanda banyuze mu makuba adasanzwe ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu bakaba bakomeje kwiyubaka no gutera imbere, ariko ikibabaje ari ukuba hari abakekwaho kuyigiramo uruhare bataragezwa imbere y’ubutabera.

Ati “Kuba hakiri abakekwaho icyaha cya Jenoside bakidegembya, bagakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside; bikoma mu nkokora icyizere cyo kwimakaza amahoro muri sosiyete. Twizeye ko mudufasha gushyira mu bikorwa imvugo ya ‘Ntibizongere Ukundi’.”

Uwari uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America muri iyi Nteko, yavuze ko kuba uriya Munyarwanda Kayishema agiye kuburanishwa, bitanga ihumure ku barokotse Jenoside yakorewe Abautsi.

Yagize ati “Nubwo yafashwe ntibishobora kugarura ibyo yangije mu kwezi kwa Mata 1994 i Kivumu, ariko twizeye ko bizaruhura ababuze ababo, bikabereka ko ubutabera bw’ababo bakundaga buzakomeza gutangwa.”

Yakomeje avuga kandi ko “Twiteguye guhemba miliyoni eshanu z’amadorali umuntu wese uzatanga amakuru ku bantu batatu basigaye bashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga. Itabwa muri yombi rya Kayishema ni ubutumwa ku bandi baregwa ibyaha nk’ibye ko ubutabera buzabaryoza ibyo bakoze.”

Umushinjacyaha w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Serge Brammertz ubwo yagarukaga ku byaha bizaburanishwa Kayishema, yagize ati “akurikiranywe icyaha cyo kwica inzirakarengane z’abagore, abagabo, abana n’abageze mu zabukuru bangana n’ibihumbi bibiri bari muri kiliziya ya Nyange mu Rwanda.”

Serge Brammertz agaruka ku bugome ndengakamere bwaranze Kayishema, yagize ati “Akekwaho ko yabanje kugerageza kubatwikira muri iyo kiliziya, bimaze kwanga, ni bwo yategetse ko imashini isenya igisenge cy’iyo nyubako, hanyuma bica abari bayirimo bagihumeka.”

Umucamanza Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Judge Graciela Gatti Santana yavuze ko Kayishema azaburanishwa n’inkiko zo mu Rwanda, kandi ko yizeye ko urubanza aregwamo ruzagenda neza, kuko ubutabera bw’u Rwanda bufite ububasha n’ubushobozi bwo kuburanisha ibyaha mpuzamahanga.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 7 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Next Post

Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.