Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere America yavuze ku Munyarwanda wafashwe wari warashyiriweho 5.000.000$

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America mu Muryango w’Abibumbye, yagize icyo avuga kuri Fulgence Kayishema uri mu Banyarwanda bashyiriweho miliyoni 5$ ku bazatanga amakuru yatuma bafatwa, akaba aherutse gufatwa, anavuga ko iki Gihugu cye cyiteguye gutanga aya mafaranga ku bazatanga amakuru yatuma hafatwa abandi Banyarwanda batatu basigaye bashakishwa.

Kayishema Furgence yafashwe mu mpera z’ukwezi gushize, tariki 24 Gicurasi 2023, afatirwa mu gace ka Paarl muri Afurika y’Epfo, ubu akaba yaranatangiye kuburanishwa n’ubutabera bw’iki Gihugu bumukurikiranyeho ibyaha bishingiye ku manyanga yakoze mu buryo bwo kwihishahisha.

Uyu Munyarwanda uri mu baza ku isonga bashakishwaga bidasanzwe kubera uruhare runini bakekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yageze muri Afurika y’Epfo, yarabanje kunyura mu Bihugu binyuranye ku Mugabane wa Afurika, nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tanzania, Mozambique na Eswatini.

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano, Ambasaderi Claver Gatete, uhagarariye u Rwanda muri uyu Muryango, yashimye ibi Bihugu kuko ari na byo byatumye Kayishema atabwa muri yombi.

Yagize ati “Turashimira imikoranire y’inzego zishinzwe umutekano zo mu Bihugu bya Afurika y’Epfo, Mozambique, Eswatini, ndetse n’Abagenzacyaha b’Umuryango w’Abibumbye.”

Yakomeje agira ati “Iyi mikoranire yatumye Fulgence Kayishema, wari umaze imyaka 22 yihishahisha, atabwa muri yombi. Turashima cyane uruhare Afurika y’Epfo yagize muri iki gikorwa.”

Amb. Gatete yibukije ko u Rwanda n’Abanyarwanda banyuze mu makuba adasanzwe ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu bakaba bakomeje kwiyubaka no gutera imbere, ariko ikibabaje ari ukuba hari abakekwaho kuyigiramo uruhare bataragezwa imbere y’ubutabera.

Ati “Kuba hakiri abakekwaho icyaha cya Jenoside bakidegembya, bagakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside; bikoma mu nkokora icyizere cyo kwimakaza amahoro muri sosiyete. Twizeye ko mudufasha gushyira mu bikorwa imvugo ya ‘Ntibizongere Ukundi’.”

Uwari uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America muri iyi Nteko, yavuze ko kuba uriya Munyarwanda Kayishema agiye kuburanishwa, bitanga ihumure ku barokotse Jenoside yakorewe Abautsi.

Yagize ati “Nubwo yafashwe ntibishobora kugarura ibyo yangije mu kwezi kwa Mata 1994 i Kivumu, ariko twizeye ko bizaruhura ababuze ababo, bikabereka ko ubutabera bw’ababo bakundaga buzakomeza gutangwa.”

Yakomeje avuga kandi ko “Twiteguye guhemba miliyoni eshanu z’amadorali umuntu wese uzatanga amakuru ku bantu batatu basigaye bashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga. Itabwa muri yombi rya Kayishema ni ubutumwa ku bandi baregwa ibyaha nk’ibye ko ubutabera buzabaryoza ibyo bakoze.”

Umushinjacyaha w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Serge Brammertz ubwo yagarukaga ku byaha bizaburanishwa Kayishema, yagize ati “akurikiranywe icyaha cyo kwica inzirakarengane z’abagore, abagabo, abana n’abageze mu zabukuru bangana n’ibihumbi bibiri bari muri kiliziya ya Nyange mu Rwanda.”

Serge Brammertz agaruka ku bugome ndengakamere bwaranze Kayishema, yagize ati “Akekwaho ko yabanje kugerageza kubatwikira muri iyo kiliziya, bimaze kwanga, ni bwo yategetse ko imashini isenya igisenge cy’iyo nyubako, hanyuma bica abari bayirimo bagihumeka.”

Umucamanza Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Judge Graciela Gatti Santana yavuze ko Kayishema azaburanishwa n’inkiko zo mu Rwanda, kandi ko yizeye ko urubanza aregwamo ruzagenda neza, kuko ubutabera bw’u Rwanda bufite ububasha n’ubushobozi bwo kuburanisha ibyaha mpuzamahanga.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 2 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Next Post

Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo
IBYAMAMARE

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.