Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze kuri Raporo yongeye kwegeka ikinyoma ku Rwanda ku bya DRCongo

radiotv10by radiotv10
04/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere Perezida Kagame yavuze kuri Raporo yongeye kwegeka ikinyoma ku Rwanda ku bya DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye iherutse kujya hanze yongeye gushinja ibinyoma u Rwanda ko rufasha M23, ari nk’izindi zakunze gusohoka ariko ko ibiba bizirimo biba bifite ibyo zigamije atari ugutanga umuti w’ibibazo byo muri DRC.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023, mu kiganiro yagiranye na RBA cyagarukaga ku Kwibohora k’u Rwanda, aho hizihizwa isabukuru y’imyaka 29.

Muri iyi myaka ishize, u Rwanda rwagiye ruhura n’ibibazo birimo ibituruka hanze birimo n’ibibazo byo mu Gihugu cya Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo, rwakunze kwegekwaho kandi ntaho ruhuriye na byo.

Yabajijwe kuri raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye iherutse kujya hanze yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, avuga ko izi raporo atari nshya.

Ati “Izi raporo zabayeho mu myaka 30 ishize. Hari raporo ziza buri gihe, ariko iyo uzirebye, ukareba n’ibiba biri kuba, uribaza niba ari izo gukemura ikibazo, ese zerekana ibimenyetso by’ibiri kuba? Zafasha abantu gukemura ikiazo ngo bakomeze inzira, cyangwa zifite intego yo gushyushya ibintu?”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko izi raporo ziba zifite icyo zigamije cyo kuba hari abungukira mu bibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zikirengagiza umuzi w’ibibazo nyirizina kugira ngo ababyungukiramo bakomeze kubyungukiramo.

Yanagarutse ku byirengagizwa n’izi raporo, atanga ingero, z’impunzi zimaze imyaka irenga 20 mu Rwanda, ndetse n’izindi zagiye ziza mu myaka yatambutse, ariko ko zitagarukwaho muri iyi raporo.

Yavuze ko izo mpuguke zitigeze nibura ziza ngo zivugishe izi mpunzi, kandi byari kuzifasha kumenya umuzi w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Ntibaje nibura ngo bavugishe impunzi zaje hano mu Rwanda cyangwa muri Uganda, ariko kubera iki izo mpuguke zitakoze ibyo?, bigaragaraza ko zibogama.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko aho kugira ngo izo raporo zigaragaze ibibazo nyakuri, zikunze kugaruka ku mutwe wa M23, zikaba zimaze kuwugira ikibazo gikomeye, zikirengagiza icyatumye ubaho.

Ati “M23 yabaye ikibazo mpuzamahanga, yabaye ikibazo cy’u Burayi, yabaye ikibazo kuri Afurika, ariko bakirinda kuvuga kuri FDLR, bakavuga ku mutwe umwe mu 120 iri mu burasirazuba bwa DRC.”

Yanagarutse ku mutwe wa FDLR, udakunze kugarukwaho muri izi raporo nyamara ari wo kibazo gikomeye mu bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, ariko ko ubu wamaze kuba kimwe mu bice by’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Avuga ko iyo hagize ubaza kuri uyu mutwe wa FDLR, batanga ibisubizo binyuranye n’ukuri, bamwe bakavuga ko “utakiri ikibazo, ngo bamwe mu bari bawugize batashye mu Gihugu cyabo […]”

Perezida Kagame avuga ko nyamara uyu mutwe w’abajenosideri bakoze Jenoside mu Rwanda, ahubwo ari wo wakomeje kwica abaturage mu Burasirazuba bwa DRC, ndetse ugakomeza guteza umutekano mucye mu karere by’umwihariko mu Rwanda.

Yagarutse ku bitero by’uyu mutwe wagabye mu Rwanda muri 2019, byanahitanye bamwe mu Banyarwanda ndetse n’ibikorwa uherutse gukora umwaka ushize.

Yavuze ko we yari ategereje raporo ivuga ibintu uko bimeze, inagaragaza ibibazo uko biteye ndetse n’icyakorwa kugira ngo bikemuke kuko bigira ingaruka ku Bihugu by’ibituranyi birimo Uganda, u Rwanda n’u Burundi, ariko ko iy’iri tsinda ry’impuguke ubwayo idashobora kugira icyo imara.

Yavuze ko itsinda ry’impuguke zandika ibyo zishakiye nk’ibikubiye muri iriya raporo, atari bishya kuko babikora kuva mu myaka myinshi ishize, ariko ko ikibabaje ari uko “abagirwaho ingaruka n’ibibazo, ari bo bahindukira bakagirwa intarangaro yabyo.”

Yagarutse ku makuru anyuranye n’ukuri y’ibyo iriya raporo yongeye gushinja u Rwanda byo kuba ngo rufasha M23, ngo no kwiba amabuye y’agaciro, ndetse ngo no gushaka gufata igice kimwe cya Congo. Ariko ko byose bidafite ishingiro kuko nta kuri kuba kuri muri izi raporo.

Yavuze ko u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda bakomeza gushishoza, bakirinda kurangazwa n’ibiba biri muri izi raporo binyuranye n’ukuri, bagaharanira kwiteza imbere kuko aho bavuye mu myaka 29 ishize ari habi, ariko aho bageze ari heza, bakwiye gukomerezaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + six =

Previous Post

Menya impamvu u Burundi bwikuye mu nama mpuzamahanga igitaraganya

Next Post

Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.