Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze kuri Raporo yongeye kwegeka ikinyoma ku Rwanda ku bya DRCongo

radiotv10by radiotv10
04/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere Perezida Kagame yavuze kuri Raporo yongeye kwegeka ikinyoma ku Rwanda ku bya DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye iherutse kujya hanze yongeye gushinja ibinyoma u Rwanda ko rufasha M23, ari nk’izindi zakunze gusohoka ariko ko ibiba bizirimo biba bifite ibyo zigamije atari ugutanga umuti w’ibibazo byo muri DRC.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023, mu kiganiro yagiranye na RBA cyagarukaga ku Kwibohora k’u Rwanda, aho hizihizwa isabukuru y’imyaka 29.

Muri iyi myaka ishize, u Rwanda rwagiye ruhura n’ibibazo birimo ibituruka hanze birimo n’ibibazo byo mu Gihugu cya Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo, rwakunze kwegekwaho kandi ntaho ruhuriye na byo.

Yabajijwe kuri raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye iherutse kujya hanze yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, avuga ko izi raporo atari nshya.

Ati “Izi raporo zabayeho mu myaka 30 ishize. Hari raporo ziza buri gihe, ariko iyo uzirebye, ukareba n’ibiba biri kuba, uribaza niba ari izo gukemura ikibazo, ese zerekana ibimenyetso by’ibiri kuba? Zafasha abantu gukemura ikiazo ngo bakomeze inzira, cyangwa zifite intego yo gushyushya ibintu?”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko izi raporo ziba zifite icyo zigamije cyo kuba hari abungukira mu bibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zikirengagiza umuzi w’ibibazo nyirizina kugira ngo ababyungukiramo bakomeze kubyungukiramo.

Yanagarutse ku byirengagizwa n’izi raporo, atanga ingero, z’impunzi zimaze imyaka irenga 20 mu Rwanda, ndetse n’izindi zagiye ziza mu myaka yatambutse, ariko ko zitagarukwaho muri iyi raporo.

Yavuze ko izo mpuguke zitigeze nibura ziza ngo zivugishe izi mpunzi, kandi byari kuzifasha kumenya umuzi w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Ntibaje nibura ngo bavugishe impunzi zaje hano mu Rwanda cyangwa muri Uganda, ariko kubera iki izo mpuguke zitakoze ibyo?, bigaragaraza ko zibogama.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko aho kugira ngo izo raporo zigaragaze ibibazo nyakuri, zikunze kugaruka ku mutwe wa M23, zikaba zimaze kuwugira ikibazo gikomeye, zikirengagiza icyatumye ubaho.

Ati “M23 yabaye ikibazo mpuzamahanga, yabaye ikibazo cy’u Burayi, yabaye ikibazo kuri Afurika, ariko bakirinda kuvuga kuri FDLR, bakavuga ku mutwe umwe mu 120 iri mu burasirazuba bwa DRC.”

Yanagarutse ku mutwe wa FDLR, udakunze kugarukwaho muri izi raporo nyamara ari wo kibazo gikomeye mu bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, ariko ko ubu wamaze kuba kimwe mu bice by’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Avuga ko iyo hagize ubaza kuri uyu mutwe wa FDLR, batanga ibisubizo binyuranye n’ukuri, bamwe bakavuga ko “utakiri ikibazo, ngo bamwe mu bari bawugize batashye mu Gihugu cyabo […]”

Perezida Kagame avuga ko nyamara uyu mutwe w’abajenosideri bakoze Jenoside mu Rwanda, ahubwo ari wo wakomeje kwica abaturage mu Burasirazuba bwa DRC, ndetse ugakomeza guteza umutekano mucye mu karere by’umwihariko mu Rwanda.

Yagarutse ku bitero by’uyu mutwe wagabye mu Rwanda muri 2019, byanahitanye bamwe mu Banyarwanda ndetse n’ibikorwa uherutse gukora umwaka ushize.

Yavuze ko we yari ategereje raporo ivuga ibintu uko bimeze, inagaragaza ibibazo uko biteye ndetse n’icyakorwa kugira ngo bikemuke kuko bigira ingaruka ku Bihugu by’ibituranyi birimo Uganda, u Rwanda n’u Burundi, ariko ko iy’iri tsinda ry’impuguke ubwayo idashobora kugira icyo imara.

Yavuze ko itsinda ry’impuguke zandika ibyo zishakiye nk’ibikubiye muri iriya raporo, atari bishya kuko babikora kuva mu myaka myinshi ishize, ariko ko ikibabaje ari uko “abagirwaho ingaruka n’ibibazo, ari bo bahindukira bakagirwa intarangaro yabyo.”

Yagarutse ku makuru anyuranye n’ukuri y’ibyo iriya raporo yongeye gushinja u Rwanda byo kuba ngo rufasha M23, ngo no kwiba amabuye y’agaciro, ndetse ngo no gushaka gufata igice kimwe cya Congo. Ariko ko byose bidafite ishingiro kuko nta kuri kuba kuri muri izi raporo.

Yavuze ko u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda bakomeza gushishoza, bakirinda kurangazwa n’ibiba biri muri izi raporo binyuranye n’ukuri, bagaharanira kwiteza imbere kuko aho bavuye mu myaka 29 ishize ari habi, ariko aho bageze ari heza, bakwiye gukomerezaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 18 =

Previous Post

Menya impamvu u Burundi bwikuye mu nama mpuzamahanga igitaraganya

Next Post

Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.