• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge
Share on FacebookShare on Twitter

Umukuru w’Igihugu avuga ko u Rwanda rutajya rwizihiza umunsi w’Ubwigenge kuko wahujwe n’uwo Kwibohora kuko byegeranye, ariko kandi ko n’igisobanuro cy’Ubwigenge kitigeze kigaragara mu bikorwa.

Itariki ya 01 Nyakanga buri mwaka isanzwe ari umunsi w’ikiruhuko. Icyo kiruhuko ni urukurikirane rw’imyaka ishize u Rwanda rubonye ubwigenge, ndetse hari n’abo amateka yagize intwari kubera uwo munsi.

Gusa kuri iyi tariki, nta birori bikorwa nk’uko biba bimeze mu bindi Bihugu, kuko byahujwe n’umunsi wo Kwibohora k’u Rwanda uba tariki 04 Nyakanga.

Perezida Paul Kagame agaruka ku guhuza iyi minsi, yagize ati “Nubwo iyo minsi ihura kandi ifite ibyo isangiye, iyo minsi ifite n’ukuntu itandukanye. Umunsi w’itariki 04 Nyakanga kuri benshi, nanjye ndimo, ni nk’Ubunani, ni nk’itariki ya mbere ibanziriza umwaka. Ubuzima bw’u Rwanda, bw’Abanyarwanda ni aho buhera. Ni umunsi utangira ubuzima bw’Igihugu ubuzima bwa benshi.”

Yakomeje agira ati “Itariki ya 01 Nyakanga, byiswe ko twahawe ubwigenge, ariko uko iminsi igiye imbere dusa n’aho twabisubije abaduhaye ubwigenge, ngo nimwikomereze n’ubundi ntitubishoboye. Abitwaga ko baduhaye ubwigenge barabisubirana, dusigarana izina ry’ubwigenge. Ubwigenge nyakuri butwarwa n’abari babutubujije. Uko ni ukuri.”

Avuga ko atari umwihariko ku Rwanda, kuko ari na ko byagenze ku bindi Bihugu. Ati “N’iyo urebye hirya no hino usanga ari ko byagenze. Abantu babonye ubwigenge mu izina, barabubura mu by’ukuri.”

Umukuru w’igihugu avuga ko Abanyarwanda bagomba gukora ibishoboka byose bakarinda ibimaze kugerwaho mu myaka 29 ishize, by’umwihariko urubyiruko rugafata iya mbere, rukava mu businzi; rukagira umutima wo kwitangira Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze kuri Raporo yongeye kwegeka ikinyoma ku Rwanda ku bya DRCongo

Next Post

Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora

Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije 'Football' n’icyo agiye gukora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.