• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yahaye umuburo abo muri ruhago nyarwanda yakunze kuvugwamo ingeso zidakwiye nk’amarozi na bitugukwaha, avuga ko agiye kubyinjiramo kandi ko hari abo bizagiraho ingaruka.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, ubwo yagarukaga ku bibazo byakunze kuvugwa muri rugaho nyarwanda, dore ko Perezida asanzwe akunda siporo ndetse n’Igihugu kikaba gikomeje gushora imari mu mikino.

Ibibazo byakunze kuvugwa muri ruhago nyarwanda, biri muri nyirabayazana yo kuba itajya itera imbere ndetse n’Ikipe y’Igihugu ntitange umusaruro ushimishije.

Perezida Kagame yavuze ko nko ku ruhande rw’abatora “ubwabo bafite ukuntu imyumvire yabo itari mizima bihagije, na bo ndetse ngira ngo ahari hakwiriye kuzamuka abandi bashya.”

Yakomeje agira ati “Abantu rero kuva kera b’imipira ugasanga aho kwitoza bihagije, aho gukora ibyangombwa bihagije byo guha abakinnyi, ahubwo bari aho bari mu ndagu, bari mu marozi cyangwa gutanga bituga [ruswa], umusifuzi […], ugasanga ibyo biratwara 50% y’ibyagakwiye kuba bikorwa.”

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yavuze ko ibi bikwiye guhagarara ndetse agiye gushaka umwanya akabyinjiramo.

Yagize ati “Nagiye njya mu bindi byinshi sinabonye umwanya uhagije, ariko ndumva nzashaka umwanya wabyo ngahangana na byo nk’uko hari ibindi dusanzwe duhangana na byo ndetse bamwe nibatareba neza ubwo nzaba nabigiyemo, bizabagiraho ingaruka.

Ubwo nimbijyamo, ntabwo nakwemera ibitekerezo by’ubutindi nk’ibyongibyo ko bijya aho bikaba ari byo bikoreshwa mu Gihugu cyangwa mu mikino ireba twese. Abakoresha ibyo babe banyiteguye.”

Gukoresha amarozi na ruswa biri mu bikunze kuvugwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda cyane cyane muri shampiyona, ndetse ibintu nk’ibi Umukuru w’igihugu akaba yari yabyamaganye ubwo yakiraga ikipe y’igihugu muri Gashyantare 2021 ubwo yari ivuye mu mikino ya CHAN 2020.

Kuri uyu wa Kabiri Perezida Kagame yavuze ko ibibazo byo muri ruhago bikwiye guhagarara

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 15 =

Previous Post

Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

Next Post

Perezida Kagame yaganiriye na Macky Sall wemeje ko ataziyamamariza kongera kuyobora Senegal

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Perezida Kagame yaganiriye na Macky Sall wemeje ko ataziyamamariza kongera kuyobora Senegal

Perezida Kagame yaganiriye na Macky Sall wemeje ko ataziyamamariza kongera kuyobora Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.