Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
1
Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Kazoza Justin wari wakorewe ibirori byiswe ‘Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono’, yatanze “ubutumwa bwo kwicuza”, avuga ko nubwo yasabiye imbabazi mu nama ya RPF-Inkotanyi yumva bidahagije, akaba yifuje gutanga ubu butumwa bwumvikanamo kwemera ko ibyo bari bakoze ari agahomamunwa.

Mu butumwa bw’amashusho dukesha YouTube Channel yitwa Ukwezi TV, Kazoza Justin yavuze ko nyuma y’uko tariki 09 Nyakanga 2023 habaye igikorwa cyo kumwimika nk’Umutware w’Abakono, baje guhabwa impanuro na Chairman wa RPF-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, bakaza kubona ko ibyo bakoze ari amakosa akomeye.

Ati “Umutima nama wanjye waje kundya rwose, unyereka ko nakoze ibintu by’amakosa ntagereranywa, amakosa mabi cyane, ashingiye mu gucamo ibice Abanyarwanda.”

Kazoza avuga ko uku kwironda nk’Abakono kudakumiriwe, bishobora kuba intandaro yo gusubiza Abanyarwanda mu macakubiri, kandi ari yo ntandaro y’ibihe bibi byabaye ku Rwanda bya Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Aboneraho kongera gusaba imbabazi Chairman wa RPF-Inkotanyi, akaba na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; Abanyamuryango ba RPF, ndetse n’Abanyarwanda muri rusange.

Kazoza avuga ko nubwo ku Cyumweru tariki 23 Nyakanga 2023 yasabye imbabazi abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu nama yabahurije hamwe, ariko yumva ko bidahagije, akaba ari yo mpamvu yifuje kongera gutanga ubu butumwa.

Avuga ko na we umutima wamuriye

Avuga ko kiriya gikorwa bakoze, bagikoze batashyizemo ubushishozi. Ati “Njyewe ubwanjye nabuze ubushishozi, mbura kureba kure, bingusha mu makosa navuga y’agahomamunwa. Nkaba nicuza mbikuye ku mutima, kandi mpamya ntashidikanya ko bitazongera kumbaho uko byagenda kose.”

Avuga ko akimara kumva ko ibi byo kwitwa Umutware w’abakono ari amakosa, “nahise negura, ko ntanabishaka, ko ntashaka no kubyumva, kuko umuryango dufite ni umuryango wa RPF ufite umuyobozi Chairman wacu, kandi dukunda.”

Kazoza avuga ko u Rwanda ari Igihugu gifite inzego n’imiyoborere byiza, ku buryo hadakenewe izindi nzego nka ziriya z’imiryango y’udutsiko nk’Abakono.

Ati “Kandi uretse kurangara no kwirara, abari muri izo nzego n’ubundi bava mu miryango, bivuze ngo n’Abakono baba barimo. Nta mpamvu rero yo kuvuga ngo ugiye kurema izindi nzego.”

Asoza avuga ko akurikije uburemere bw’amakosa yakoze, yumva n’imbabazi ari gusaba atazikwiriye, ariko ko yazihawe na Chairman wa RPF-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, kandi ko amushimira, ku bw’ubushishozi no kureberera Abanyarwanda bose.

Ati “N’ubu nongeye gusubiramo mushimira nk’umubyeyi w’impuhwe, urebereraAbanyarwanda akareba kure kuturusha, ibyo twita ko ari byiza kandi ari bibi, akabibona mbere, agatesha agakebura, ariko yarangiza akababarira. Nongeye kumushimira mbikuye ku mutima.”

Kazoza avuga ko yiyemeje kurwanya icyo ari cyo cyose cyaba kinyuranyije n’ubumwe bw’Abanyarwanda, ku buryo aho cyagaragara hose azacyamagana kandi akirwanya yivuye inyuma.

Yongeye gusaba imbabazi

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    2 years ago

    inama z’imiryango zirakorwa ni uko zikorwa mu ibanga. ubwo n’abandi bumvireho, birinde gushyira events z’umuryango mu ruhame. hari ibyemewe nk’ugushyingirwa, ibyo ntibihagije ko mbona nabyo bifata umwanya utari muto?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Umunyeshuri urangije ikizamini cya mbere mu bya Leta asohokanye inkuru ishimishije

Next Post

Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye

Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.