Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
1
Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Kazoza Justin wari wakorewe ibirori byiswe ‘Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono’, yatanze “ubutumwa bwo kwicuza”, avuga ko nubwo yasabiye imbabazi mu nama ya RPF-Inkotanyi yumva bidahagije, akaba yifuje gutanga ubu butumwa bwumvikanamo kwemera ko ibyo bari bakoze ari agahomamunwa.

Mu butumwa bw’amashusho dukesha YouTube Channel yitwa Ukwezi TV, Kazoza Justin yavuze ko nyuma y’uko tariki 09 Nyakanga 2023 habaye igikorwa cyo kumwimika nk’Umutware w’Abakono, baje guhabwa impanuro na Chairman wa RPF-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, bakaza kubona ko ibyo bakoze ari amakosa akomeye.

Ati “Umutima nama wanjye waje kundya rwose, unyereka ko nakoze ibintu by’amakosa ntagereranywa, amakosa mabi cyane, ashingiye mu gucamo ibice Abanyarwanda.”

Kazoza avuga ko uku kwironda nk’Abakono kudakumiriwe, bishobora kuba intandaro yo gusubiza Abanyarwanda mu macakubiri, kandi ari yo ntandaro y’ibihe bibi byabaye ku Rwanda bya Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Aboneraho kongera gusaba imbabazi Chairman wa RPF-Inkotanyi, akaba na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; Abanyamuryango ba RPF, ndetse n’Abanyarwanda muri rusange.

Kazoza avuga ko nubwo ku Cyumweru tariki 23 Nyakanga 2023 yasabye imbabazi abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu nama yabahurije hamwe, ariko yumva ko bidahagije, akaba ari yo mpamvu yifuje kongera gutanga ubu butumwa.

Avuga ko na we umutima wamuriye

Avuga ko kiriya gikorwa bakoze, bagikoze batashyizemo ubushishozi. Ati “Njyewe ubwanjye nabuze ubushishozi, mbura kureba kure, bingusha mu makosa navuga y’agahomamunwa. Nkaba nicuza mbikuye ku mutima, kandi mpamya ntashidikanya ko bitazongera kumbaho uko byagenda kose.”

Avuga ko akimara kumva ko ibi byo kwitwa Umutware w’abakono ari amakosa, “nahise negura, ko ntanabishaka, ko ntashaka no kubyumva, kuko umuryango dufite ni umuryango wa RPF ufite umuyobozi Chairman wacu, kandi dukunda.”

Kazoza avuga ko u Rwanda ari Igihugu gifite inzego n’imiyoborere byiza, ku buryo hadakenewe izindi nzego nka ziriya z’imiryango y’udutsiko nk’Abakono.

Ati “Kandi uretse kurangara no kwirara, abari muri izo nzego n’ubundi bava mu miryango, bivuze ngo n’Abakono baba barimo. Nta mpamvu rero yo kuvuga ngo ugiye kurema izindi nzego.”

Asoza avuga ko akurikije uburemere bw’amakosa yakoze, yumva n’imbabazi ari gusaba atazikwiriye, ariko ko yazihawe na Chairman wa RPF-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, kandi ko amushimira, ku bw’ubushishozi no kureberera Abanyarwanda bose.

Ati “N’ubu nongeye gusubiramo mushimira nk’umubyeyi w’impuhwe, urebereraAbanyarwanda akareba kure kuturusha, ibyo twita ko ari byiza kandi ari bibi, akabibona mbere, agatesha agakebura, ariko yarangiza akababarira. Nongeye kumushimira mbikuye ku mutima.”

Kazoza avuga ko yiyemeje kurwanya icyo ari cyo cyose cyaba kinyuranyije n’ubumwe bw’Abanyarwanda, ku buryo aho cyagaragara hose azacyamagana kandi akirwanya yivuye inyuma.

Yongeye gusaba imbabazi

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    inama z’imiryango zirakorwa ni uko zikorwa mu ibanga. ubwo n’abandi bumvireho, birinde gushyira events z’umuryango mu ruhame. hari ibyemewe nk’ugushyingirwa, ibyo ntibihagije ko mbona nabyo bifata umwanya utari muto?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Umunyeshuri urangije ikizamini cya mbere mu bya Leta asohokanye inkuru ishimishije

Next Post

Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye

Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.