Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
1
Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Kazoza Justin wari wakorewe ibirori byiswe ‘Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono’, yatanze “ubutumwa bwo kwicuza”, avuga ko nubwo yasabiye imbabazi mu nama ya RPF-Inkotanyi yumva bidahagije, akaba yifuje gutanga ubu butumwa bwumvikanamo kwemera ko ibyo bari bakoze ari agahomamunwa.

Mu butumwa bw’amashusho dukesha YouTube Channel yitwa Ukwezi TV, Kazoza Justin yavuze ko nyuma y’uko tariki 09 Nyakanga 2023 habaye igikorwa cyo kumwimika nk’Umutware w’Abakono, baje guhabwa impanuro na Chairman wa RPF-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, bakaza kubona ko ibyo bakoze ari amakosa akomeye.

Ati “Umutima nama wanjye waje kundya rwose, unyereka ko nakoze ibintu by’amakosa ntagereranywa, amakosa mabi cyane, ashingiye mu gucamo ibice Abanyarwanda.”

Kazoza avuga ko uku kwironda nk’Abakono kudakumiriwe, bishobora kuba intandaro yo gusubiza Abanyarwanda mu macakubiri, kandi ari yo ntandaro y’ibihe bibi byabaye ku Rwanda bya Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Aboneraho kongera gusaba imbabazi Chairman wa RPF-Inkotanyi, akaba na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; Abanyamuryango ba RPF, ndetse n’Abanyarwanda muri rusange.

Kazoza avuga ko nubwo ku Cyumweru tariki 23 Nyakanga 2023 yasabye imbabazi abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu nama yabahurije hamwe, ariko yumva ko bidahagije, akaba ari yo mpamvu yifuje kongera gutanga ubu butumwa.

Avuga ko na we umutima wamuriye

Avuga ko kiriya gikorwa bakoze, bagikoze batashyizemo ubushishozi. Ati “Njyewe ubwanjye nabuze ubushishozi, mbura kureba kure, bingusha mu makosa navuga y’agahomamunwa. Nkaba nicuza mbikuye ku mutima, kandi mpamya ntashidikanya ko bitazongera kumbaho uko byagenda kose.”

Avuga ko akimara kumva ko ibi byo kwitwa Umutware w’abakono ari amakosa, “nahise negura, ko ntanabishaka, ko ntashaka no kubyumva, kuko umuryango dufite ni umuryango wa RPF ufite umuyobozi Chairman wacu, kandi dukunda.”

Kazoza avuga ko u Rwanda ari Igihugu gifite inzego n’imiyoborere byiza, ku buryo hadakenewe izindi nzego nka ziriya z’imiryango y’udutsiko nk’Abakono.

Ati “Kandi uretse kurangara no kwirara, abari muri izo nzego n’ubundi bava mu miryango, bivuze ngo n’Abakono baba barimo. Nta mpamvu rero yo kuvuga ngo ugiye kurema izindi nzego.”

Asoza avuga ko akurikije uburemere bw’amakosa yakoze, yumva n’imbabazi ari gusaba atazikwiriye, ariko ko yazihawe na Chairman wa RPF-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, kandi ko amushimira, ku bw’ubushishozi no kureberera Abanyarwanda bose.

Ati “N’ubu nongeye gusubiramo mushimira nk’umubyeyi w’impuhwe, urebereraAbanyarwanda akareba kure kuturusha, ibyo twita ko ari byiza kandi ari bibi, akabibona mbere, agatesha agakebura, ariko yarangiza akababarira. Nongeye kumushimira mbikuye ku mutima.”

Kazoza avuga ko yiyemeje kurwanya icyo ari cyo cyose cyaba kinyuranyije n’ubumwe bw’Abanyarwanda, ku buryo aho cyagaragara hose azacyamagana kandi akirwanya yivuye inyuma.

Yongeye gusaba imbabazi

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    2 years ago

    inama z’imiryango zirakorwa ni uko zikorwa mu ibanga. ubwo n’abandi bumvireho, birinde gushyira events z’umuryango mu ruhame. hari ibyemewe nk’ugushyingirwa, ibyo ntibihagije ko mbona nabyo bifata umwanya utari muto?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 16 =

Previous Post

Umunyeshuri urangije ikizamini cya mbere mu bya Leta asohokanye inkuru ishimishije

Next Post

Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye

Related Posts

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura
MU RWANDA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye

Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.