Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byahinduye isura muri Bangladesh hamaze iminsi imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
05/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Byahinduye isura muri Bangladesh hamaze iminsi imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Bangladesh ahamaze iminsi hari imyigaragambyo y’abamagana ubuyobozi bwaho bashinja kunanirwa, byanatumye Minisitiri w’Intebe yegura akanahunga Igihugu, ariko n’ubundi ntibyabujije abigaragambya kwigabiza imihanda.

Na nyuma y’uko minisitiri w’intebe wa Bangladesh Sheikh, Hasina Wazed yeguye agahita anahunga kuri iki Cyumweru, imyigaragambyo mu Gihugu yo yakomeje kuri uyu wa Mbere.

Kuri uyu wa Mbere, abigaragambya babyukiye ku ngoro yakoreragamo Sheikh Hasina iherereye mu murwa mukuru i Dhaka, bitwaje ibyapa byanditseho amagambo yamagana Guverinoma ya Bangladesh, bashinja kunanirwa kugenzura ibibazo by’ubushomeri muri iki Gihugu.

Ibinyamakuru bitandukanye birimo Emonomic-Times na Le Monde, biravuga ko iyi myigaragambyo yatangijwe mu mezi macye ashize n’abanyeshuri bamaganaga ubushomeri bwugarije urubyiruko.

Aba banyeshuri bavugaga ko Leta ya Sheikh Hasina yananiwe gushyiraho ingamba zigamije gufasha urubyiruko kubona akazi, cyane cyane ururangiza amashuri, uko umubare w’abarangiza kwiga wiyongera, bikajyana n’uko ubushomeri burushaho kwiyongera, bitewe n’uko Urukiko rw’Ikirenga rwanze guhindura itegeko rivuga ko 30% by’imyanya y’akazi ka Leta izajya igomba guhabwa abakomoka ku bagize uruhare mu rugamba rwo guharanira ubwigenge bw’iki Gihugu mu 1971.

Ni imyigaragambyo kandi ikomeje kugwamo ubuzima bw’abatari bacye, aho kuri iki Cyumweru honyine, hapfuye abarenga 100 baguye muri iyi myigaragambyo.

AFP yo iravuga ko kuva iyi myigaragambyo yakwaduka mu kwezi gushize, hamaze gupfa abantu barenga 300, mu gihe abasaga 2 500 batawe muri yombi n’inzego z’umutekano.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 1 =

Previous Post

Nigeria: Icyo Perezida yatangaje bwa mbere ku myigaragambyo yadutse kiratanga icyizere

Next Post

General Muhoozi yateguje kuza mu Rwanda anavuga uko abona ibirori by’irahira rya Perezida Kagame

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
General Muhoozi yateguje kuza mu Rwanda anavuga uko abona ibirori by’irahira rya Perezida Kagame

General Muhoozi yateguje kuza mu Rwanda anavuga uko abona ibirori by’irahira rya Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.