Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha

radiotv10by radiotv10
31/08/2022
in MU RWANDA
0
Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye y’ikirego kiregwamo Hon Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda uregwa kwaka indonke.

Tariki 05 Gicurasi 2022, RIB yari yatangaje ko Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo.

Uyu munyapolitiki wahise anahagarikwa ku mwanya yariho w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ushinzwe Umuco, RIB yari yatangaje ko yari afungiye iwe mu rugo.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yemereye RADIOTV10 ko dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Hon Edouard Bamporiki imaze iminsi yarashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Yagize ati “Ubu dosiye ye yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha tariki ya 07 z’ukwezi kwa karindwi uyu mwaka.”

Dr Murangira avuga ko Hon Bamporiki akurikiranyweho icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke giteganywa kandi kigahanwa n’ingingo ya 04 y’itegeko ryerecyeye kurwanya ruswa.

ICYO ITEGEKO RIVUGA

ITEGEKO N°54/2018 RYO KUWA 13/08/2018 RYEREKEYE KURWANYA RUSWA

Ingingo ya 4: Gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke

Umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemera amasezerano yabyo kugira ngo akore cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye kugira ngo gikorwe cyangwa kidakorwa aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

Ibihano bivugwa mu gika cya 2 cy’iyi ngingo ni na byo bihabwa umuntu wese utanga cyangwa usezeranya gutanga, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu kugira ngo hatangwe cyangwa hadatangwa serivise.

Iyo ibikorwa bivugwa mu gika cya mbere n’icya 3 by’iyi ngingo byakozwe kugira ngo hakorwe ikinyuranyije n’amategeko, igihano kiba igifungo kirenze imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse, yakiriye cyangwa yatanze.

 

Perezida Kagame aherutse kugaruka kuri ruswa mu bayobozi

Ubwo Perezida Kagame Paul yaganiraga n’abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke ahakomoka Edouard Bamporiki, yagarutse ku bayobozi basiragiza abaturage cyanagwa bakabaka ruswa kugira ngo babahe serivisi, avuga ko ibyo bidakwiye.

Perezida Paul Kagame wasabye abaturage ko abayobozi bazajya babaka ruswa, bazajya bababwira bakajya kuyimwaka, yavuze ko bamwe mu baka iyo bitugukwaha, iyo bafashwe bagaragaza ubwoba bwinshi.

Edouard Bamporiki, ubwo yari akimara guhagarikwa no gutangazwa ko akurikiranyweho iki cyaha, tariki 06 Gicurasi 2022, yanditse ubutumwa kuri Twitter, yemera icyaha ndetse anasaba imbabazi Perezida Paul Kagame n’Abanyarwanda muri rusange.

Icyo gihe yari yagize ati “Nyakubahwa Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame, Narahemutse. Umutima wanze kumpa amahwemo. Bavandimwe, Nshuti zanjye, namwe abankurikira kuri uru rubuga, Nakoze icyaha cyo kwakira indonke. Nkaba ntafite irindi jambo navuga usibye Kubasaba mwese imbabazi. Ndatakambye.”

Perezida Paul wagize icyo avuga kuri izi mbabazi zari zasabwe na Bamporiki, yatanze igitekerezo ku muturage wari wagize icyo azivugaho, avuga ko nubwo umuntu yasaba imbazi ariko biba bidakuyeho kuba yahanwa.

Perezida Kagame yagize ati “Kutongera gukora ibisa nk’ibyo yakoze bibi. Bitaruguhora mu bibi ugahora usaba kubabarirwa! Ibya Bamporiki ni ko bimeze. Hari n’abandi bameze gutyo. Umuntu wese yakora icyaha ariko no kukirinda birashoboka. Guhanwa na byo birafasha !!!”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 5 =

Previous Post

Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

Next Post

Burera: Abimuwe ku Kirwa ngo bahabimuye mu bitekerezo ariko imitima yabo iracyariyo

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

by radiotv10
13/05/2025
0

Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’abatishoboye uherereye mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko...

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

IZIHERUKA

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo
FOOTBALL

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

by radiotv10
13/05/2025
0

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

13/05/2025
Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

13/05/2025
Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

13/05/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Abimuwe ku Kirwa ngo bahabimuye mu bitekerezo ariko imitima yabo iracyariyo

Burera: Abimuwe ku Kirwa ngo bahabimuye mu bitekerezo ariko imitima yabo iracyariyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.