• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA
0
Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Raila Odinga uherutse gutsindwa amatora ya Perezida muri Kenya, ntanyurwe, akiyambaza Urukiko rw’Ikirenga, uru Rukiko rwategetse Komisiyo y’Igihugu y’amatora kumwemerera kwirebera amajwi yabaruwe no gusubiramo ibarura ry’amajwi y’abatoreye kuri site zimwe.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022 nyuma yuko rwakiriye ikirego cya Raila Odinga rukanakiburanisha mu gihe icya William Ruto giteshejwe agaciro.

Nation Media Group dukesha aya makuru, ivuga ko Urukiko rw’Ikirenga muri Kenya, rwategetse Komisiyo y’Amatora guha uburenganzira Ihuriro rya Azimio la Umoja ryari rihagarariwe na Odinga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, rikareba uburyo ibarura ry’amajwi ryagenze.

Urukiko kandi rwategetse Komisiyo y’Amatora guha Raila Odinga uburenganzira bwo gukora igenzura ku dusanduku tw’impapuro z’itora two kuri site 14 zatoreweho.

Izo site zirimo ikigo cy’ishuri cya Nandi Hills n’icya Sinendeti Primary School byo muri Nandi, harimo kandi ibigo by’amashuri abanza bya Belgut, Kapsuser na Chepkutum byo muri Kericho; hakaba site z’itora nka Jomvi, Mikindani n’iya Minisiteri y’Ibigega by’amazi biri biri i Mombasa.

Urukiko rw’Ikirenga rwategetse Komisiyo y’Amatora gushyira mu bikorwa iki cyemezo mu gihe cy’amasaha 48, izi site zikaba zafunguwe, hakongera kuba igikorwa cyo kubarura amajwi.

Komisiyo y’amatora yahawe kuva saa munani z’amanywa kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama kugeza saa munani z’amanywa zo ku wa Kane tariki 01 Nzeri 2022, ikaba yagejeje ku Rukiko no ku mpande zose ibyavuye muri iri barura rigiye kongera gukorwa.

Iki cyemezo kigira kiti “Buri ruhande ruzaba ruhagarariwe n’abantu babiri kandi ibizakorwa byose muri icyo gihe bizaba bigenzurwa n’umwanditsi w’Urukiko ndeste n’umukozi warwo. Umwanditsi w’Urukiko azatanga raporo bitarenze saa kumi n’imwe zo ku ya 01 Nzeri 2022 ubundi ashyikirize kopi impande zose.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye

Next Post

Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha

Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.