Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

xr:d:DAFSSmOzfz8:1931,j:46525069644,t:23050513

Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru muri Kenya, rwahagaritse icyemezo cyo kweguza uwari Visi Perezida w’iki Gihugu, Rigathi Gachagua wari wakuwe kuri uyu mwanya kuri uyu wa Kane.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru muri Kenya kuri uyu wa Gatanu nyuma y’amasaha macye, Inteko Ishinga Amategeko itorewe icyemezo cyo kweguza Rigathi Gachagua ku mwanya wa Visi Perezida.

Iki cyemezo kandi kije nyuma y’amasaha macye Perezida wa Kenya, William Ruto anatangaje ugomba gusimbura Rigathi Gachagua, ari we Kithure Kindiki.

Icyemezo cyasomwe n’Umucamanza Chacha Mwita kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko ikirego cya Gachagua cyazamuye ibibazo bikomeye birebana n’amategeko n’inyungu rusange.

Uyu Mucamanza kandi yavuze ko icyemezo cyo kweguza Gachagua kiba gihagaritswe ndetse hakaba hanagaritswe ishyirwa mu bikorwa ryo gushyiraho umusimbura kugeza tariki 24 z’uku kwezi k’Ukwakira, ubwo iki kibazo kizaba kiganirwaho imbere y’Urukiko.

Umucamanza kandi yanasabye Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga gushyiraho Inteko izaburanisha iki kirego.

Iki cyemezo gihagarika iyeguzwa rya Visi Perezida, kigira kiti “Bitewe n’uburemere bw’ibibazo byazamuwe muri iki kirego ndetse n’uburyo cyafashweho icyemezo, ntangaza ko iki kibazo cyazamuye ukundi kwibaza kunini n’inyungu rusange za rubanda, ku bw’ibyo hakwiye ko bibanza kuburanishwaho n’Inteko y’Abacamanza bazashyirwaho na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga.”

Iki cyemezo kandi kivuga ko ikirego kigomba guhita gishyikirizwa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga kugira ngo agifateho umwanzuro.

Abanyamategeko ba Gachagua bari batanze ikirego cyo kujurira iki cyemezo cyafashwe na Sena ya Kenya kuri uyu wa Kane, bavuga ko cyahutiweho, ndetse ko atabanje kumvwa nyamara afite impamvu zumvikana z’uburwayi, ndetse ko hafashwe icyemezo gihutiweho cyo kumusimbuza.

Ikirego cy’aba banyamategeko hari aho kigira kiti “Habayeho kwihuta mu gukura ku butegetsi Visi Perezida ndetse no guhita bashyiraho undi muntu, ibintu byakoranywe umugambi wo gushaka guhahamura Visi Perezida, bityo rero iki ikirego gikwiye gusuzumwa byihuse.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − ten =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside

Next Post

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma hinjiramo Abaminisitiri babiri bashya

Related Posts

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

IZIHERUKA

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana
IBYAMAMARE

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma hinjiramo Abaminisitiri babiri bashya

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma hinjiramo Abaminisitiri babiri bashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.