Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

xr:d:DAFSSmOzfz8:1931,j:46525069644,t:23050513

Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru muri Kenya, rwahagaritse icyemezo cyo kweguza uwari Visi Perezida w’iki Gihugu, Rigathi Gachagua wari wakuwe kuri uyu mwanya kuri uyu wa Kane.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru muri Kenya kuri uyu wa Gatanu nyuma y’amasaha macye, Inteko Ishinga Amategeko itorewe icyemezo cyo kweguza Rigathi Gachagua ku mwanya wa Visi Perezida.

Iki cyemezo kandi kije nyuma y’amasaha macye Perezida wa Kenya, William Ruto anatangaje ugomba gusimbura Rigathi Gachagua, ari we Kithure Kindiki.

Icyemezo cyasomwe n’Umucamanza Chacha Mwita kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko ikirego cya Gachagua cyazamuye ibibazo bikomeye birebana n’amategeko n’inyungu rusange.

Uyu Mucamanza kandi yavuze ko icyemezo cyo kweguza Gachagua kiba gihagaritswe ndetse hakaba hanagaritswe ishyirwa mu bikorwa ryo gushyiraho umusimbura kugeza tariki 24 z’uku kwezi k’Ukwakira, ubwo iki kibazo kizaba kiganirwaho imbere y’Urukiko.

Umucamanza kandi yanasabye Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga gushyiraho Inteko izaburanisha iki kirego.

Iki cyemezo gihagarika iyeguzwa rya Visi Perezida, kigira kiti “Bitewe n’uburemere bw’ibibazo byazamuwe muri iki kirego ndetse n’uburyo cyafashweho icyemezo, ntangaza ko iki kibazo cyazamuye ukundi kwibaza kunini n’inyungu rusange za rubanda, ku bw’ibyo hakwiye ko bibanza kuburanishwaho n’Inteko y’Abacamanza bazashyirwaho na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga.”

Iki cyemezo kandi kivuga ko ikirego kigomba guhita gishyikirizwa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga kugira ngo agifateho umwanzuro.

Abanyamategeko ba Gachagua bari batanze ikirego cyo kujurira iki cyemezo cyafashwe na Sena ya Kenya kuri uyu wa Kane, bavuga ko cyahutiweho, ndetse ko atabanje kumvwa nyamara afite impamvu zumvikana z’uburwayi, ndetse ko hafashwe icyemezo gihutiweho cyo kumusimbuza.

Ikirego cy’aba banyamategeko hari aho kigira kiti “Habayeho kwihuta mu gukura ku butegetsi Visi Perezida ndetse no guhita bashyiraho undi muntu, ibintu byakoranywe umugambi wo gushaka guhahamura Visi Perezida, bityo rero iki ikirego gikwiye gusuzumwa byihuse.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + fifteen =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside

Next Post

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma hinjiramo Abaminisitiri babiri bashya

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma hinjiramo Abaminisitiri babiri bashya

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma hinjiramo Abaminisitiri babiri bashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.