Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byemejwe ko indwara yadutse ku Isi ikwirakwirira no mu mibonano mpuzabitsina

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in MU RWANDA
0
Byemejwe ko indwara yadutse ku Isi ikwirakwirira no mu mibonano mpuzabitsina
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ryemeje ko indwara ya Monkeypox iherutse kwaduka ku Isi, abantu bashobora no kuyanduzanya mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.

Byemeywe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima kuri uyu wa Mbere nyuma y’ubushakashati bwakozwe ku bantu 200 bo mu Bihugu birenga 10.

Iyi ndwara ikomeje gufata intera i Burayi ndetse no muri Amerikay a Ruguru kuva mu cyumweru gishize ndetse hakaba hari icyoba ko gishobora gukomeza gukwirakwira hakurikijwe isesengura riri gukorwa n’abahanga mu ndwara.

Mu minsi 10 ishize, u Bwongereza bwemereye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ko hagaragaye abantu babiri barwaye iyi ndwara yari ibonetse bwa mbere muri iki Gihugu mu gihe yari isanzwe izwi muri Afurika mu myaka 40 ishize.

Dr. Rosamund Lewis uyobora ahashami ka WHO gashize ubushakashatsi, yagize ati “Mu myaka itanu ishize hagaragaye abarwayi bacye mu Burayi babaga baheruka gukora ingendo ariko ni ubwa mbere turi kubona abarwara benshi mu Bihugu byinshi barimo n’abantu batigeze bagirera ingendo muri Afurika.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, WHO yakoze inama idasanzwe yigaga kuri iyi ndwara iterwa na Virus ndetse baragaza inyigo yakozwe igaragaza uburyo iyi ndwara yandura, ibimenyetso byayo ndetse n’abafite ibyago byo kuba bayirwara.

Mu cyumweru gitaha biteganyijwe ko hazaba indi nama izagaragarizwamo ubundi bushakashatsi ku makuru arambuye kuri iyi ndwara.

WHO yemeje ko iyi ndwara nubwo itabarwa mu ndwara zisanzwe zizwi ko zandurira mu mibonano mpuzabitsina ariko ishobora gukwirakwira binyuze mu ntanga z’abagabo ndetse no mu matembabuzi asanzwe aba mu gitsina cy’abagore.

Ibi byagaragaye mu bushakashatsi bwerekanye ko hari abagabo banduriye mu mibonano mpuzabitsina bakoranye n’abagabo bagenzi babo.

Andy Seale usanzwe ari Umujyanama muri WHO ku  ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, yagize ati “Indwara nyinshi zishobora kwandura abantu bakorana imibonano mpuzabitsina yaba iy’abadahuje ibitsina ndetse n’abahuje ibitsina ariko ntibivuze ko izi ndwara ari izandurira mu mibonano mpuzabitsina (Sexually Transmitted Disease).”

WHO yibutsa ko iyi ndwara ya Monkeypox isanzwe inandura mu buryo busanzwe buzwi bwo gukora ku mjntu wanduye cyangwa inyamaswa n’ibikoresho biriho iyi virusi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − four =

Previous Post

Miss Iradukunda Elsa yagejejwe imbere y’Urukiko na we aburanishwa mu muhezo

Next Post

DRC: M23 ivugwaho kwigaruira ibice bimwe yagabye ikindi gitero kuri FARDC

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: M23 ivugwaho kwigaruira ibice bimwe yagabye ikindi gitero kuri FARDC

DRC: M23 ivugwaho kwigaruira ibice bimwe yagabye ikindi gitero kuri FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.