Wednesday, May 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

radiotv10by radiotv10
20/05/2026
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’u Bubanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier yatangaje ko ubufatanaye bw’u Rwanda na Mozambique bwatanze umusaruro kandi akazi kakozwe na RDF i Cabo Delgado gashimwa na kiriya Gihugu, cyanamaze kubona inkunga ikenewe, bityo ko Ingabo z’u Rwanda zizakomeza ubutumwa bwazo.

Ni nyuma y’impaka zabayeho ziturutse ku myitwarire y’u Burayi busanzwe butera inkunga ubu butumwa, bwari bwavuze ko butazabikomeza, ibintu bitashimishije Guverinoma y’u Rwanda yari yatangaje ko nibiba ngombwa izakura ingabo zayo muri Mozambique.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe kandi muri Werurwe uyu mwaka ubwo yavugaga ku gitutu Umuryango Mpuzamahanga wari ukomeje gushyira ku Ngabo z’u Rwanda nyamara bizwi ko zakoze akazi gakomeye Cabo Delgado, yavuze ko zidashobora gukomeza gukora zicunaguzwa.

Yari yagize ati “Twibukije ko ingabo z’u Rwanda mu gukora ako kazi zikorera Igihugu cya Mozambique, abaturage ndetse n’Umuryano Mpuzamahanga muri rusange ufite na za sosiyete zikora ishoramari hariya, ko izo ngabo zidashobora gukora ako kazi zinengwa buri kanya, zifatirwa ibihano, zihozwa ku nkeke. Ibyo ngibyo ntabwo bishobora gukomeza.”

Icyo gihe kandi Nduhungirehe yari yagize ati “Ni yo mpamvu twibukije yuko u Rwanda ruzakomeza akazi karwo rwasabwe inkunga ruhabwa nikomeza gutangwa ariko iyi nkunga nihagarikwa, birumvikana ko tuzava muri Mozambique hanyuma ibyo Bihugu bigashaka ikindi Gihugu cyangwa izindi ngabo zikora ako kazi.”

Mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Gicurasi 2026, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko mu myaka itanu ishize u Rwanda rwohereje ingabo muri Mozambique ku butumire bw’iki Gihugu, zageze ku ntego y’ubutumwa bwazo.

Ati “Amahoro n’ituze byaragarutse, imiryango yasubiye mu ngo, abana basubira mu mashuri, ubucuruzi bwongera gufungura, ingabo za Mozambique zahawe imyitozo (kandi iracyakomeza), kandi kompanyi z’Abanyaburanyi n’Abanyamerika zashoboye gusubukura ishoramari ryazo rifite agaciro ka miliyari 50 $ muri LNG.”

Yavuze kandi ko muri icyo gihe Ingabo z’u Rwanda zagiye zunganirwa n’Ikigega cy’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi European Peace Facility (EPF), cyatangaga amafaranga ajya kwegera gato n’ayo u Rwanda rwakoreshaga muri Mozambique ndetse n’Ishoramari rya EU muri Cabo Delgado.

Yakomeje avuga ko “Ikibabaje ni uko twabonye ubusabe bubiri Guverinoma y’u Rwanda yashyikirije Brussels [ubutegetsi bw’u Bubiligi] butakiriwe neza ndetse bugashyirwamo politiki na bimwe mu Bihugu binyamuryango bya EU (birimo Abakoloni bacu babiri-u Bubiligi n’u Budage)” ndetse hakabaho kunenga u Rwanda ariko bigaragara ko akazi gakorwa n’Ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado, karatanze umusaruro ndetse hari benshi bawungukiramo.

Nduhungirehe yavuze ko ibi byatumye “u Rwanda ruha agaciro ku ntego nyamukuru ndetse rufata icyemezo cyo gukorana na Guverinoma ya Mozambique yonyine, yanabashije kubona kubona kandi izanakomeza kubona inkunga ikenewe yo gufasha Inzego z’Umutekano z’u Rwanda muri Cabo Delgado.”

Yavuze ko “Muri urwo rwego, ubufatanye hagati ya za Guverinoma zombi bwagenze neza kandi buzakomeza kugenda neza, kuko akazi k’ingabo z’umutekano z’u Rwanda muri Cabo Delgado gashimwa n’Igihugu cy’abavandimwe cya Mozambique.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − twelve =

Previous Post

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Related Posts

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

by radiotv10
19/05/2026
0

Pererezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteze ko mu ntangiro za 2030 ruzaba rufite amashanyarazi akomoka ku ngufu za...

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

by radiotv10
19/05/2026
0

Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y'Ihuriro Nyafurika ry'Ingufu za Nikeleyeri 'Nuclear Energy...

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

by radiotv10
19/05/2026
0

Mu Kagari ka Kigembe, Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, Polisi ifatanyije n’abaturage yafatiye mu cyuho abagabo bane bari...

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

by radiotv10
19/05/2026
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu, baravuga ko babangamiwe n'urubyiruko runywa ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano bikabasaza...

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

by radiotv10
18/05/2026
1

Imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo yo mu Karere ka Rusizi, yafunzwe kubera icyorezo cya Ebola,...

IZIHERUKA

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora
MU RWANDA

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

by radiotv10
20/05/2026
0

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

20/05/2026
Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

19/05/2026
AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

19/05/2026
Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

19/05/2026
BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

19/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.