Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

CHOGM: Museveni na we aje i Kigali nyuma y’imyaka 5 atahakandagira, afashe indege idasanzwe

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in MU RWANDA
0
CHOGM: Museveni na we aje i Kigali nyuma y’imyaka 5 atahakandagira, afashe indege idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni na we ari mu nzira yerecyeza i Kigali mu Rwanda mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Commonwealth (GHOGM), akaba aje mu Rwanda nyuma y’imyaka itanu atahaheruka.

We ubwe abinyujije kuri Twitter ye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena, Yoweri Museveni, yatangaje ko na we yerecyeje i Kigali.

Mu butumwa bwe yagize ati “Nerecyeje muri Nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Commonwealth (CHOGM) iri kubera i Kigali mu Rwanda.”

Ubu butumwa bwa Museveni buherekejwe n’ifoto imugaragaza yurira rutemikirere idasanzwe ya Kajugujugu idatandukanye cyane n’izimenyerewe ku ngabo.

Uretse kuba Museveni aje mu Rwanda mu nama ya CHOGM, ni n’uruzinduko rw’amateka kuko ahagarutse nyuma yuko Igihugu cye n’u Rwanda bubuye umubano wigeze kumara igihe urimo igitotsi.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yaherukaga mu Rwanda muri 2017 ubwo yitabiraga irahira rya mugenzi we Perezida Paul Kagame .

Museveni aje mu Rwanda nyuma y’amezi abiri na we agenderewe na Perezida Paul Kagame wagiye muri Uganda tariki 24 Mata 2022 ubwo yari yitabiriye ibirori by’isabukuru y’umuhungu wa Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba.

Uru ruzinduko rwa Perezida Paul Kagame na rwo rwari amateka kuko rwari rubaye urwa mbere agize kuva Ibihugu byombi yakubura umubano wari umaze igihe urimo igitotsi.

Ubwo yakirwaga na Museveni, mu birori bya Muhoozi, Perezida Paul Kagame yavuze ko na we yishimiye kugaruka muri Uganda nyuma y’imyaka myinshi atahagera, aboneraho gushimira uyu muhungu wa Museveni kuba yaragize uruhare rukomeye mu kubyutsa umubano w’Ibihugu byombi.

Museveni aje mu Rwanda nyuma yuko abandi Baperezida n’Abakuru ba za Guverinoma bo mu Bihugu bya Commonwealth basesekaye i Kigali barimo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari; uwa Ghana, Nana Akufo-Addo; uwa Sierra Leone, Julius Maada Bio, Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau.

Aba bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye ibikorwa bya CHOGM, biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Kamena 2022 bazagirana ibiganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 9 =

Previous Post

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

Next Post

Rubavu: Ashinjwa amarozi we akavuga ko ari ishyari bamugirira, ati “bazazane uwo nishe bamwerekane”

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ashinjwa amarozi we akavuga ko ari ishyari bamugirira, ati “bazazane uwo nishe bamwerekane”

Rubavu: Ashinjwa amarozi we akavuga ko ari ishyari bamugirira, ati “bazazane uwo nishe bamwerekane”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.