Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Cibitoke: Habonetse imirambo y’abambaye uniform ya FARDC bikekwa ko ari FLN yitegura gutera u Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/07/2022
in MU RWANDA
0
Cibitoke: Habonetse imirambo y’abambaye uniform ya FARDC bikekwa ko ari FLN yitegura gutera u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Ishyamba rya Kibira mu Ntara ya Cibitoke yegereye u Rwanda ahasanzwe hari ibirindiro by’umutwe wa FLN bivugwa ko uri mu myiteguro yo kugaba ibitero mu Rwanda, habonetse imirambo ine irimo itatu y’abambaye impuzankano ya FARDC.

Iyi mirambo ine yabonetse muri iri shyamba rya Kibira ahamaze iminsi hagaragara inyeshyamba z’umutwe wa FLN urwanya u Rwanda, zimaze iminsi ziteza umutekano mucye mu Cibitoke.

Yabonywe n’abasirikare b’Igihugu cy’u Burundi bari mu gikorwa cyo gucunga umutekano muri iri shyamba rya Kibira, ku musozi wa Gafumbegeti muri Zone ya Butahana muri Komini ya Mabayi.

Amakuru dukesha SOS Médias Burundi, avuga ko imirambo itatu muri iyi ine, ari iy’abantu bambaye impuzankano y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

Umwe mu bo mu Gisirikare cy’u Burundi, yatangaje ko bafite amakuru ko “izi nyeshyamba zisanzwe zifite ibirindiro mu misozi ya Mukoma, Gafumbegeti na Rutorero mu ishyamba rya Kibira zitegura kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda.”

Yavuze ko igisirikare cy’u Burundi cyabagabyeho ibitero byinshi kugira ngo bace intege izi nyeshyamba zifite imigambi mibisha aho zinamaze iminsi ziteza umutekano mucye mu baturage zibasahura.

Undi watanze amakuru, yemeza ko hari abandi barwanyi benshi ba FLN baguye mu bitero byagabwe n’igisirikare cy’u Burundi mu mpera z’icyumweru gishize.

Undi mu basirikare b’u Burundi, yavuze ko izi nyeshyamba zikomeje gukora ibikorwa binyuranye zambukiranya umupaka uhuza u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse bakaba barigaruriye ibirombe bya Zahabu mu ishyamba rya Kibira.

Yagize ati “Inteho y’ibi bitero kandi no uguhagarika ibikorwa byo kwiba zahabu kandi intego yacu tugiye kuyigeraho.

SOS Médias Burundi ivuga ko u Burundi ndetse n’u Rwanda, bohereje abasirikare benshi muri aka gace aho izi nyeshyamba zikunze kwinjira mu Rwanda zinyuze mu mugezi wa Ruhwa.

Umutwe wa FLN wakunze kugaba ibitero mu Rwanda, uvuye muri iri shyamba rya Kibira, ariko bamwe mu barwanyi bawo ntibasubiragayo kuko bivunwaga n’Igisirikare cy’u Rwanda ndetse bakanafata bimwe mu bikoresho byabo birimo n’imbunda n’amasasu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 16 =

Previous Post

Amashusho y’umwana wayobewe Papa we hagati y’impanga z’abagabo akomeje guca ibintu

Next Post

Abakuru b’Ibihugu bya EAC bagiye kongera guhura nyuma y’ukwezi baganiriye ku bya DRC&M23

Related Posts

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakuru b’Ibihugu bya EAC bagiye kongera guhura nyuma y’ukwezi baganiriye ku bya DRC&M23

Abakuru b’Ibihugu bya EAC bagiye kongera guhura nyuma y’ukwezi baganiriye ku bya DRC&M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.