• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Colonel mu gisirikare cya Congo yakatiwe igihano cy’urupfu

radiotv10by radiotv10
09/06/2026
in AMAHANGA
0
Colonel mu gisirikare cya Congo yakatiwe igihano cy’urupfu
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare ufite ipeti rya Colonel mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakatiwe igihano cy’urupfu, ahamijwe kugira uruhare mu mugambi wo kwica impuguke ebyiri z’Umuryango w’Abibumbye mu myaka ikabakaba icumi ishize.

Ni igihano cyemejwe n’Urukiko rwa Gisirikare rwa Congo rmu rubanza rukomeje gutera ibibazo ku ruhare rwa Leta y’iki Gihugu.

Mu rubanza rwe rwa mbere mu 2022, Colonel Jean de Dieu Mambweni yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 kubera kunanirwa gufasha abantu bari mu kaga no kutumvira amabwiriza.

Abashinjacyaha ba gisirikare bajuririye iki cyemezo bavuga ko uyu musirikare yagize uruhare runini mu iyicwa rya ziriya nzobere za LONI.

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa rwatangaje ko Mambweni ahamwa n’icyaha cy’intambara cy’ubwicanyi kubera gutegura ubwicanyi, rumuhanisha igihano cy’urupfu nk’uko bikubiye mu cyemezo.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters dukesha aya makuru, bivuga ko byabonye icyo cyemezo na byo bigikesha umuvandimwe w’umwe muri ziriya mpuguke zishwe.

Impuguke za Loni Zaida Catalan, ukomoka wari ufite ubwenegihugu bwa Sweden n’ubwa Chili, na Michael Sharp, ukomoka muri America, bishwe ubwo bariho bakora iperereza ku bwicanyi bw’abaturage bo mu karere ka Kasai ubwo abarwanyi bo mu mutwe wa Kamuina Nsapu babahagarikaga ku ya 12 Werurwe 2017 ku kiraro kiri hafi y’agace ka Moyo-Musila.

Icyo gihe mbere yo kwicwa, bajyanywe mu ishyamba bararaswa. Imirambo yabo yabonetse nyuma y’iminsi 16 baramaze kwicwa ndetse yaramaze kwangirika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 20 =

Previous Post

Hagaragajwe ibisobanuro bitangwa n’umugabo ukurikiranyweho kwicisha isuka mushiki we amusanze mu murima

Next Post

Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho

Related Posts

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

by radiotv10
09/06/2026
0

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko uyu Mukuru...

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

by radiotv10
09/06/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Iran rivuga ko Leta Zunze Ubumwe za America zakuyeho uburyo bwo kubona amatike y'imikino y'igikombe cy'isi...

Uganda yasabwe kongera gusuzumana ubushishozi icyemezo yafashe cyo gufunga umupaka uyiguza na Congo

Uganda yasabwe kongera gusuzumana ubushishozi icyemezo yafashe cyo gufunga umupaka uyiguza na Congo

by radiotv10
09/06/2026
0

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yasabye Uganda kongera gusuzuma icyemezo cyo gufunga...

AMAKURU MASHYA: AFC/M23 yashyizeho abayobozi b’inzego mu bice byabohowe barimo Ngabo Désiré wagizwe Mayor wa Goma

AMAKURU MASHYA: AFC/M23 yashyizeho abayobozi b’inzego mu bice byabohowe barimo Ngabo Désiré wagizwe Mayor wa Goma

by radiotv10
08/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryashyizeho Abayobozi b’inzego z’ibanze mu bice byabohowe, barimo Kisuba Ngabo...

BREAKING: Umutingito ufite imbaraga wibasiye Igihugu cya Philippines hatangwa umuburo w’igishobora gukurikira

BREAKING: Umutingito ufite imbaraga wibasiye Igihugu cya Philippines hatangwa umuburo w’igishobora gukurikira

by radiotv10
08/06/2026
0

Umutingito uri ku gipimo cya 7.8 wibasiye ibice byo mu majyepfo ya Philippines, bituma habaho umuburo ko hashobora kwaduka inkubi...

Next Post
Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho

Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzi Yampano yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.