Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

radiotv10by radiotv10
05/10/2024
in AMAHANGA
0
Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abaguye mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu Kivu mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wazamutse ugera ku bantu 78.

Imibare yari yaraye itangajwe ahagana saa moya z’umugoroba kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukwakira 2024, yavugaga ko imibiri y’abantu 23 ari yo yari imaze kurohorwa.

Amakuru yari anahari yavugaga ko ubu bwato bwari butwaye abantu bagera muri 300, ariko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo, Jean-Jacques Purusi, yabwiye Associated Press ko ubu bwato bwari butwaye abantu 278.

Yavuze ko umubare w’abahitanywe n’iyi mpanuka y’ubwato bwari buturutse ku cyambu cya Minova mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo bwerekeje i Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, ushobora kwiyongera, kuko ibikorwa byo gushakisha abandi bigikomeje.

Yagize ati “Ntabwo turamenya neza ishusho y’uko byagenze ngo iyi mpanuka ibe, ubwato bwibirindure mu Kiyaga rwagati, ariko turizera ko ejo tuzaba twamaze kumenya amakuru yose yerekeye iyi mpanuka.”

Iyi ni imwe mu mpanuka zahitanye abantu benshi ibayeho. Birakekwa ko kwikorera abantu barenze ubushobozi bw’ubu bwato, no kutubahiriza amabwiriza agenga ubwikorezi bwo mu mazi, ari byo byatumye bwibira.

Inzego z’ubuyobozi bwa Congo zikunze kwihanangiriza abakora ubwikorezi bwo mu mazi kutarenza ibipimo by’ibilo byagenewe ubwato, ariko amabwiriza agenga ubwikorezi bwo mu mazi muri iki Gihugu ntabwo yubahirizwa.

Akenshi abaturage bavuga ko ibi biterwa no kuba umutekano mucye uri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ari mu bituma abantu batabasha gukoresha inzira zo kubutaka, bagahitamo kubyiganira mu mato, ibibavuramo impanuka za hato na hato.

Aha niho Jean-Jacques Purusi uyobora Intara ya Kivu y’Epfo yahereye avuga ko hagiye kunozwa uburyo bwo gusuzuma impamvu y’uyu mutekano mucye utuma abantu biroha mu mazi bakajya kwica amabwiriza agenga ubwikorezi bwo mu mazi, imitwe yitwaje intwaro bigaragaye ko ibifitemo uruhare igafatirwa ibihano bikaka.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Uko byifashe nyuma y’ifungwa ry’Ibitaro bya Nyarugenge n’ibirambuye ku cyabiteye

Next Post

AMAFOTO: Mu birori binogeye ijisho Perezida Kagame na Madamu bitabiriye umusangiro w’Abanyacubahiro mu Bufaransa

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Mu birori binogeye ijisho Perezida Kagame na Madamu bitabiriye umusangiro w’Abanyacubahiro mu Bufaransa

AMAFOTO: Mu birori binogeye ijisho Perezida Kagame na Madamu bitabiriye umusangiro w’Abanyacubahiro mu Bufaransa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.