Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Uwabaye mu nzego nkuru akurikiranyweho inyerezwa ry’akayabo k’amamiliyoni yari ayo kubaka Gereza

radiotv10by radiotv10
22/08/2024
in AMAHANGA
0
Congo: Uwabaye mu nzego nkuru akurikiranyweho inyerezwa ry’akayabo k’amamiliyoni yari ayo kubaka Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Bernard Takaishe wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera Wungirije muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi nyuma y’uko atahuweho kugira uruhare mu guhombya Leta miliyoni 5$ (arenga miliyari 6 Frw) yari yagenewe kubaka Gereza nshya i Kinshasa.

Ayo mafaranga yari yishyuwe Sosiyete yigenga yaje gufunga imiryango, ndetse n’ayo mafaranga aburirwa irengero, nk’uko byagaragajwe na raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta.

Minisitiri w’Ubutabera wa DRC, Constant Mutamba yagize ati “Arenga miliyoni 5 z’amadolari yari yagenewe kubaka gereza, yaranyerejwe. Ibikorwa byo guta muri yombi byatangiye, kandi abantu babigizemo uruhare bamaze gufatwa kubera ubwo bujura.”

Mu kiganiro yagiranye n’Abayobozi bakuru ba gereza Nkuru y’Igihugu, Minisitiri w’Ubutabera Constant Mutamba yavuze ko abanyereza imitungo ya Leta batazihanganirwa, aho yakoresheje imvugo yumvikanamo urwenya, ati “N’imbwa yanjye nubwo ari indyanyama ariko ihumurirwa n’inyerezwa.”

Minisitiri kandi yatangaje ko hafashwe ingamba zo gutangira gufatira imitungo y’abakekwaho iri nyerezwa avuga ko “aya mafaranga agomba kugaruka mu isanduku ya Leta.”

Ibi bibayeho mu gihe muri iki Gihugu rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hamaze iminsi hanengwa uburyo bw’imifungire yaho y’ubucucike bukabije bw’imfungwa n’abagororwa, mu gihe Gereza yagombaga kubakwa muri ariya mafaranga yanyerejwe, yari kubikemura.

Minisitiri w’Ubutabera Constant Mutamba na we ubwe yemera ko hari ibibazo uruhuri mu mifungire y’iki Gihugu, aho yavuze ko imfungwa “zifatwa nk’aho atari abantu ahubwo nk’inyamaswa” ndetse anagaragaza ko hari abantu bafungwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, abandi bagafungwa igihe kirenze icyo bakatiwe, no kuba abafunze bagaburirwa amafunguro mabi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ry’Uburenganzira bw’Umuntu, ryashyize hanze raporo igaragaza ko abantu 238 bapfiriye mu magereza yo muri DRC mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − four =

Previous Post

Afurika y’Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Next Post

Menya imishahara y’Abayobozi baherutse kurahira kuva kuri Perezida n’abandi mu nzego Nkuru

Related Posts

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

by radiotv10
02/12/2025
0

Nigeria’s Minister of Defence has resigned, citing health reasons, even as the country continues to face a surge in kidnappings...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagiriye inama abayobozi zabafasha kugira ubuzima bwiza zinareba abandi bose

Menya imishahara y’Abayobozi baherutse kurahira kuva kuri Perezida n’abandi mu nzego Nkuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.