Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Uwabaye mu nzego nkuru akurikiranyweho inyerezwa ry’akayabo k’amamiliyoni yari ayo kubaka Gereza

radiotv10by radiotv10
22/08/2024
in AMAHANGA
0
Congo: Uwabaye mu nzego nkuru akurikiranyweho inyerezwa ry’akayabo k’amamiliyoni yari ayo kubaka Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Bernard Takaishe wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera Wungirije muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi nyuma y’uko atahuweho kugira uruhare mu guhombya Leta miliyoni 5$ (arenga miliyari 6 Frw) yari yagenewe kubaka Gereza nshya i Kinshasa.

Ayo mafaranga yari yishyuwe Sosiyete yigenga yaje gufunga imiryango, ndetse n’ayo mafaranga aburirwa irengero, nk’uko byagaragajwe na raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta.

Minisitiri w’Ubutabera wa DRC, Constant Mutamba yagize ati “Arenga miliyoni 5 z’amadolari yari yagenewe kubaka gereza, yaranyerejwe. Ibikorwa byo guta muri yombi byatangiye, kandi abantu babigizemo uruhare bamaze gufatwa kubera ubwo bujura.”

Mu kiganiro yagiranye n’Abayobozi bakuru ba gereza Nkuru y’Igihugu, Minisitiri w’Ubutabera Constant Mutamba yavuze ko abanyereza imitungo ya Leta batazihanganirwa, aho yakoresheje imvugo yumvikanamo urwenya, ati “N’imbwa yanjye nubwo ari indyanyama ariko ihumurirwa n’inyerezwa.”

Minisitiri kandi yatangaje ko hafashwe ingamba zo gutangira gufatira imitungo y’abakekwaho iri nyerezwa avuga ko “aya mafaranga agomba kugaruka mu isanduku ya Leta.”

Ibi bibayeho mu gihe muri iki Gihugu rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hamaze iminsi hanengwa uburyo bw’imifungire yaho y’ubucucike bukabije bw’imfungwa n’abagororwa, mu gihe Gereza yagombaga kubakwa muri ariya mafaranga yanyerejwe, yari kubikemura.

Minisitiri w’Ubutabera Constant Mutamba na we ubwe yemera ko hari ibibazo uruhuri mu mifungire y’iki Gihugu, aho yavuze ko imfungwa “zifatwa nk’aho atari abantu ahubwo nk’inyamaswa” ndetse anagaragaza ko hari abantu bafungwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, abandi bagafungwa igihe kirenze icyo bakatiwe, no kuba abafunze bagaburirwa amafunguro mabi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ry’Uburenganzira bw’Umuntu, ryashyize hanze raporo igaragaza ko abantu 238 bapfiriye mu magereza yo muri DRC mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Afurika y’Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Next Post

Menya imishahara y’Abayobozi baherutse kurahira kuva kuri Perezida n’abandi mu nzego Nkuru

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagiriye inama abayobozi zabafasha kugira ubuzima bwiza zinareba abandi bose

Menya imishahara y’Abayobozi baherutse kurahira kuva kuri Perezida n’abandi mu nzego Nkuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.