Friday, February 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
27/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe gusa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekadi agiriye uruzinduko mu Bufaransa, Guverinoma y’Igihugu cye yatangaje Juliana Amato Lumumba umukobwa wa Patrice Lumumba, nk’umukandida uzahatana mu Matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

Itangazwa ry’uyu mukandida, rikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru muri DRC, rivuga ko uyu Juliana Amato Lumumba ari we Mukandida w’iki Gihugu mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa.

Iri tangazo rivuga ko “Guverinoma ya DRC ku mugaragaro kandidatire ya Madame Juliana AMATO LUMUMBA ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie (Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa).

Intumwa ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri DRC, Crispin MBADU PHANZU, yagize ati “mu gutangaza Kandidatire ya Juliana Amato Lumumba, RDC yifuza gutanga umusanzu mu muri Francophonie igezweho, itagira uwo iheza kandi kandi yegereye abaturage. Mu rugendo rwe rwihariye, mu guteza imbere abagore n’urubyiruko, n’icyerekezo cya Francophonie ishyize hamwe, bituma aba Umukandida w’ibikorwa.”

Guverinoma ya DRC ivuga ko Juliana Amato Lumumba afite ubunararibonye mu miyoborere mu nzego za Leta, muri Dipolomasi y’umuco, mu mibanire n’imikoranire mpuzamahanga y’Ibihugu ndetse no mu miyoborere mu by’ubukungu.

Leta ya Congo Kinshasa itangaje Kandidatire y’uyu uzahatana mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, nyuma y’umunsi umwe Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi agiriye uruzinduko i Paris mu Bufaransa, aho yagiranye ibiganiro na Perezida Emmanuel Macron, byanagarutse ku itangwa rya kandidatire y’uzahatana muri aya matora.

Juliana Amato Lumumba w’imyaka 71, ni umukobwa wa Patrice Lumumba wabaye Minisitiri w’Intebe wa Mbere wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu Mugore yagize imyanya inyuranye ku rwego rwa Minisiteri ku butegetsi bwa Laurent-Désiré Kabila, aho nko mu 1997 yari Minisitiri Wungirije w’Itumanaho n’Itangazamakuru, ndetse akaba yarabaye na Minisitiri w’Uburezi, ndetse akaba yaranabaye Minisitiri w’Ubuco n’Ubugeni.

Kandidatire ya Juliana Amato Lumumba iramutse yemejwe, yazahatana n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo wamaze kwemezwa na Guverinoma y’u Rwanda ko azahatanira manda ya gatatu.

Louise Mushikiwabo wabaye watorewe izi nshingano arimo mu kwezi k’Ukwakira 2018, azwiho kuba yarateje imbere uyu Muryango wa OIF, byumwihariko ukaba wararushijeho kwegera abantu, ndetse no guha ijambo abari n’abategarugori, yanagize urahare mu iterambere ryabo.

Uyu Munyarwandakazi ufite izina rikomeye muri politiki mu Rwanda no mu karere, yabaye Umunyamabanga Mukuru wa OIF, abanje kugira imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, aho yabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kuva mu 2009 kugeza 2018 ubwo yatorerwaga izi nshingano.

Mushikiwabo wanabaye Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yanabaye Minisitiri w’itangazamakuru muri Guverinoma y’u Rwanda.

Mu kiganiro Louise Mushikiwabo aherutse kugirana na Jeune Afrique yagarutse ku kuba DRC yari yaramaze gutangaza ko izatanga umukandida bazahatana, aho yagize ati “Leta ya Kinshasa, iri gutegura umukandida wayo izatanga ngo duhangane, ibyo ntakibazo ni byiza.  Ibihugu bizihitiramo, reka bazitorere! Mu by’ukuri, ndatekereza ko aya matora ari agamije guha ubuzima OIF.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 13 =

Previous Post

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

Next Post

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Related Posts

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

by radiotv10
26/02/2026
0

Amakuru ku rupfu rwa Lieutenant-Colonel Willy Ngoma, akomeje kujya hanze, aho bivugwa ko drone yamurashe, yari iri gucungacunga abayobozi mu...

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

by radiotv10
26/02/2026
0

Igitero cy’indege za drone cyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Willy Ngoma, byamenyekanye ko cyishe abantu icyenda, gihusha Umugaba Mukuru w’aba...

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

by radiotv10
26/02/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV agiye kugirira uruzinduko mu Bihugu bine byo muri Afurika, ari na...

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
26/02/2026
0

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Uhoraho w’Ihuriro AFC/M23, yatangaje ko intwari zidapfa, ahubwo ko ziguma mu mitima ya benshi, ubutumwa buvuga ku...

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

by radiotv10
26/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryisubije tumwe mu duce two muri Teritwari ya Masisi, ryari...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda
MU RWANDA

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

by radiotv10
27/02/2026
0

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

27/02/2026
Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

27/02/2026
Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z’u Rwanda ziri Mozambique

Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z’u Rwanda ziri Mozambique

27/02/2026
Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

26/02/2026
Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

26/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.