Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19 ntikwiye guhagarika ubutabera mu Rwanda -Minisitiri Busingye

radiotv10by radiotv10
25/06/2021
in MU RWANDA
0
COVID-19 ntikwiye guhagarika ubutabera mu Rwanda -Minisitiri Busingye
Share on FacebookShare on Twitter

Ukwezi kwahariwe ubutabera n’ubufasha mu by’amategeko k’uyu mwaka wa 2021 gusanze u Rwanda n’Isi bihanganye na virusi ya COVID-19 yaje isiribanga byinshi mu byo abantu bari bamenyereye mu buzima bwabo bwa buri munsi, uhereye ku buryo bashyikirana ukageza ku buryo babonamo serivisi zirimo n’iz’ubutabera.

Inzego z’ubutabera na zo zagezweho n’ingaruka z’ingamba zigenda zifatwa mu gukumira ubwiyongere bw’abandura icyo cyorezo kimaze guhitana abantu 402 mu Rwanda. Muri izo ngaruka harimo kuba abatanga serivisi z’ubutabera batabasha guhura imbonankubone n’abagenerwabikorwa.

Bitandukanye n’imyaka yabanje, n’uku kwezi kwahujwe n’ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyo cyorezo, ibikorwa bikugize hafi ya byose bikaba bizakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda Johnston Busingye, yavuze ko urugamba rwo guhangana na COVID-19 n’ingamba zafashwe zibuza abantu kuba bahura, bidakwiye guca intege Urwego rw’Ubutabera mu ntego rwiyemeje zo kurinda amategeko, kurengera uburenganzira bwa muntu, ubutabera no kutabogama, gutanga ubufasha mu by’amategeko n’izindi serivisi z’ubutabera.

Mu muhango wo gutangiza Ukwezi kwahariwe Ubutabera n’ubufasha mu by’amategeko wabaye hifashishijwe ikoranabuhangaku wa Kane tariki ya 24 Kamena 2021, Minisitiri Busingye yavuze ko icyo cyorezo cyasigiye amasomo inzego zose n’urw’ubutabera rudasigaye inyuma.

Yasabye abakora mu Rwego rw’Ubutabera kureka imyumvire ishaje y’uko ubutabera bubonerwa gusa mu gukusanya inkunga no gukurikirana ibibo by’ubutabera ababonwa nk’aho ari bo bakeneye ubutaberakurusha abandi gusa kuko icyo cyorezo cyerekanye ko abatuye Isi bose bakeneye ubutabera.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Johnston Busingye, atangiza ukwezi kwahariwe ubutabera n’ubufasha mu by’amategeko

Yagize ati: “Twese turabizi ko kugeza ubutabera kuri bose ari ari ingenzi cyane mu kubaka Igihugu kigendera ku mategeko… Icyorezo cya COVID-19 cyerekanye ko kugera ku butabera byagutse kurusha gutanga ubufasha mu by’amategeko kuko n’utanga serivisi z’ubutabera, umukire n’abandi bose bahura n’ibibazo byo kutabubona kubera ibihe bidasanzwe  bagezemo bibatunguye..“See the source image

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda Johnston Busingye

Minisitiri Bugingye yashimangiye ko nubwo icyorezo cya COVID-19 ari ikibazo rusange cy’ubuzima, cyagize ingaruka zikomeye ku buryo busanzwe bwo gutangamo serivisi z’ubutabera nko guhura imbonankubone n’ababukeneye, guhererekanya amadosiye y’impapuro n’ibindi.

Yakomeje agira ati: “Ariko nanone, ni iby’agaciro kubona ko nubwo hari icyorezo, abatanga serivizi z’ubutabera bose batigeze bahagarika kugeza ku baturage serivisi batanga ku gihe, mu butabera kandi neza. Munyemerere mwese mbashimire ukwiyemeza mu dahwema kugaragaza mu guharanira ko abaturarwanda bose babona serivisi z’ubutabera. Leta y’u Rwanda iha agaciro uruhare rwa buri wese, kandi ihora yiteguye gukorana namwe mu kugera kuri byinshi kurushaho hashingiwe ku bimaze kugerwaho.”

Imibare itangwa na Minisiteri y’Ubutabera igaragaza ko mu mwaka wa 2020, abaturage bishimiye kugezwaho serivisi z’ubutabera ku kigero cya 85,99% kivuye kuri 71,7% mu 2019 na 77% mu mwaka wa 2018.

Icyo kigero cyari kuri 66,18% mu mwaka wa 2013 nk’uko byagaragajwe mu bushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’miyoborere (RGB) bwerekana igipimo cy’imiyoborere ibereye abaturage n’uko abaturage bayurwa n’imitangire ya serivisi mu nzego zitandukanye z’Igihugu.

See the source image

Minisitiri Busingye avuga ko COVID-19 idakwiye guhagarika ubutabera mu Rwanda

Minisiteri y’Ubutabera ibona impinduka zabaye nk’igihamya gifatika cy’imbaraga zashyizwe mu kunoza serivisi z’ubutabera zigenerwa abaturage ku bufatanye bw’inzego za Leta, abikorera ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere.

Yandistwe na: Jean Paul Mugabe/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 3 =

Previous Post

#RPL: Igikombe kirabona nyiracyo kuri uyu wa gatanu

Next Post

FERWAFA yemeje ko Habimana Sosthène ari umutoza mukuru w’Amavubi U23 azakina CECAFA anahamagara abakinnyi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FERWAFA yemeje ko Habimana Sosthène ari umutoza mukuru w’Amavubi U23  azakina CECAFA anahamagara abakinnyi

FERWAFA yemeje ko Habimana Sosthène ari umutoza mukuru w’Amavubi U23 azakina CECAFA anahamagara abakinnyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.