Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19 ntikwiye guhagarika ubutabera mu Rwanda -Minisitiri Busingye

radiotv10by radiotv10
25/06/2021
in MU RWANDA
0
COVID-19 ntikwiye guhagarika ubutabera mu Rwanda -Minisitiri Busingye
Share on FacebookShare on Twitter

Ukwezi kwahariwe ubutabera n’ubufasha mu by’amategeko k’uyu mwaka wa 2021 gusanze u Rwanda n’Isi bihanganye na virusi ya COVID-19 yaje isiribanga byinshi mu byo abantu bari bamenyereye mu buzima bwabo bwa buri munsi, uhereye ku buryo bashyikirana ukageza ku buryo babonamo serivisi zirimo n’iz’ubutabera.

Inzego z’ubutabera na zo zagezweho n’ingaruka z’ingamba zigenda zifatwa mu gukumira ubwiyongere bw’abandura icyo cyorezo kimaze guhitana abantu 402 mu Rwanda. Muri izo ngaruka harimo kuba abatanga serivisi z’ubutabera batabasha guhura imbonankubone n’abagenerwabikorwa.

Bitandukanye n’imyaka yabanje, n’uku kwezi kwahujwe n’ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyo cyorezo, ibikorwa bikugize hafi ya byose bikaba bizakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda Johnston Busingye, yavuze ko urugamba rwo guhangana na COVID-19 n’ingamba zafashwe zibuza abantu kuba bahura, bidakwiye guca intege Urwego rw’Ubutabera mu ntego rwiyemeje zo kurinda amategeko, kurengera uburenganzira bwa muntu, ubutabera no kutabogama, gutanga ubufasha mu by’amategeko n’izindi serivisi z’ubutabera.

Mu muhango wo gutangiza Ukwezi kwahariwe Ubutabera n’ubufasha mu by’amategeko wabaye hifashishijwe ikoranabuhangaku wa Kane tariki ya 24 Kamena 2021, Minisitiri Busingye yavuze ko icyo cyorezo cyasigiye amasomo inzego zose n’urw’ubutabera rudasigaye inyuma.

Yasabye abakora mu Rwego rw’Ubutabera kureka imyumvire ishaje y’uko ubutabera bubonerwa gusa mu gukusanya inkunga no gukurikirana ibibo by’ubutabera ababonwa nk’aho ari bo bakeneye ubutaberakurusha abandi gusa kuko icyo cyorezo cyerekanye ko abatuye Isi bose bakeneye ubutabera.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Johnston Busingye, atangiza ukwezi kwahariwe ubutabera n’ubufasha mu by’amategeko

Yagize ati: “Twese turabizi ko kugeza ubutabera kuri bose ari ari ingenzi cyane mu kubaka Igihugu kigendera ku mategeko… Icyorezo cya COVID-19 cyerekanye ko kugera ku butabera byagutse kurusha gutanga ubufasha mu by’amategeko kuko n’utanga serivisi z’ubutabera, umukire n’abandi bose bahura n’ibibazo byo kutabubona kubera ibihe bidasanzwe  bagezemo bibatunguye..“See the source image

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda Johnston Busingye

Minisitiri Bugingye yashimangiye ko nubwo icyorezo cya COVID-19 ari ikibazo rusange cy’ubuzima, cyagize ingaruka zikomeye ku buryo busanzwe bwo gutangamo serivisi z’ubutabera nko guhura imbonankubone n’ababukeneye, guhererekanya amadosiye y’impapuro n’ibindi.

Yakomeje agira ati: “Ariko nanone, ni iby’agaciro kubona ko nubwo hari icyorezo, abatanga serivizi z’ubutabera bose batigeze bahagarika kugeza ku baturage serivisi batanga ku gihe, mu butabera kandi neza. Munyemerere mwese mbashimire ukwiyemeza mu dahwema kugaragaza mu guharanira ko abaturarwanda bose babona serivisi z’ubutabera. Leta y’u Rwanda iha agaciro uruhare rwa buri wese, kandi ihora yiteguye gukorana namwe mu kugera kuri byinshi kurushaho hashingiwe ku bimaze kugerwaho.”

Imibare itangwa na Minisiteri y’Ubutabera igaragaza ko mu mwaka wa 2020, abaturage bishimiye kugezwaho serivisi z’ubutabera ku kigero cya 85,99% kivuye kuri 71,7% mu 2019 na 77% mu mwaka wa 2018.

Icyo kigero cyari kuri 66,18% mu mwaka wa 2013 nk’uko byagaragajwe mu bushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’miyoborere (RGB) bwerekana igipimo cy’imiyoborere ibereye abaturage n’uko abaturage bayurwa n’imitangire ya serivisi mu nzego zitandukanye z’Igihugu.

See the source image

Minisitiri Busingye avuga ko COVID-19 idakwiye guhagarika ubutabera mu Rwanda

Minisiteri y’Ubutabera ibona impinduka zabaye nk’igihamya gifatika cy’imbaraga zashyizwe mu kunoza serivisi z’ubutabera zigenerwa abaturage ku bufatanye bw’inzego za Leta, abikorera ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere.

Yandistwe na: Jean Paul Mugabe/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

#RPL: Igikombe kirabona nyiracyo kuri uyu wa gatanu

Next Post

FERWAFA yemeje ko Habimana Sosthène ari umutoza mukuru w’Amavubi U23 azakina CECAFA anahamagara abakinnyi

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FERWAFA yemeje ko Habimana Sosthène ari umutoza mukuru w’Amavubi U23  azakina CECAFA anahamagara abakinnyi

FERWAFA yemeje ko Habimana Sosthène ari umutoza mukuru w’Amavubi U23 azakina CECAFA anahamagara abakinnyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.