Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Demokarasi ni kositimu yatubera twese igihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu- Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Demokarasi ni kositimu yatubera twese igihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu- Louise Mushikiwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo yavuze ko Demokarasi ari umusemburo wa byinshi biba bikenewe kandi ko yafasha buri Gihugu mu gihe cyagena imigenzereze yayo hagendewe ku miterere yacyo.

Louise Mushikiwabo yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 ubwo yitabiraga inama y’iminsi itatu y’inzego z’umutekano yatangiye kuri uyu munsi.

Iyi nama yateguwe ku bufatanye bw’Ishuri Rikuru rw’Igisirikare cy’u Rwanda na Kaminuza y’u Rwanda, ifite insanganyamatsiko igira iti “Contemporary Security Challenges: The African Perspective” [tugenekereje “Imbogamizi z’umutekano ziriho ubu: Uko Afurika yahangana na zo].”

Louise Mushikiwabo yavuze ko Demokarasi igomba kuzanira iterambere buri wese kuko “iterambere rigira uwo riheza kubera ruswa n’umuco wo kudahana ntabwo biri mu bigaragaza Demokarasi kandi bikanahonyora ihame ryo kugendera ku mategeko.”

Yakomeje avuga ko Demokarasi idashobora kubaho mu gihe inzego zishinzwe kubahiriza amategeko zidafite imbaraga mu guhangana n’ibikorwa bibangamira umutekano nk’iterabwoba, intambara ndetse n’ibikorwa by’inzego z’umutekano zikoresha nabi ububasha bwazo.

Yagize ati “Demokarasi ishobora kuba umusemburo w’ibintu byinshi mu gihe kimwe. Ishobora kugira uruhare mu kuzamura inzego zinyuranye nk’umutekano, ubukungu, guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, mu kuzamura urwego rwa Politiki ndetse n’ibindi.”

Muri iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Démocratie en Afrique: à taille unique ou sur mesure?” [Demokarasi muri Afurika: Umwambaro wihariye cyangwa ugendeye ku ngabo?], Louise Mushikiwayo yakomeje avuga ko Demokarasi kandi igomba gutuma abaturage babona serivisi z’ibanze zikenerwa mu buzima bwa buri munsi.

Ati “Ku bw’izi mpamvu zose, ngarutse ku nsanganyamatsiko y’ikiganiro, nemera ko Demokarasi ari umwambaro watubera twese mu gihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu.”

Ihame rya Demokarasi, ryakunze kuzamura impaka hagati y’Ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi na Afurika, kuko ibi bihugu by’i Burayi na Amerika byakunze kwigaragaza nk’umwarimu wa Demokarasi, bitunga agatoki abayobozi bo muri Afurika guhonyora iri hame.

Abayobozi ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika na bo bakunze kugaragariza ibi by’i Burayi ko Demokarasi idashingira ku mubare wa manda bagomba kumara ku butegetsi dore ko ari yo ngingo yakunze kuzamura izi mpaka.

Bamwe mu Bakuru b’Ibihugu by’i Burayi kandi bagiye bagaragaza ko iyo Demokarasi yacuriwe i Burayi itakorwa nk’uko bo bayikora ahubwo ko imiyoborere y’Igihugu ikwiye gushingira ku mateka yacyo, umuco, imigirire n’imyumvire y’abanyagihugu ndetse n’ubushake bwabo.

Minisitiri w’Ingabo Maj Gen Albert Murasira atangiza iyi nama

Mu kiganiro cyagarutse ku ishusho ya Demokarasi muri Afurika, Mushikiwabo yagaragaje icyo iri hame rikwiye kumarira abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Rwarutabura wakoze impanuka abamugezeho bwa mbere ni abafana ba APR

Next Post

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wahaye u Rwanda Miliyoni 260€

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wahaye u Rwanda Miliyoni 260€

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wahaye u Rwanda Miliyoni 260€

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.