Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Demokarasi ni kositimu yatubera twese igihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu- Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Demokarasi ni kositimu yatubera twese igihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu- Louise Mushikiwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo yavuze ko Demokarasi ari umusemburo wa byinshi biba bikenewe kandi ko yafasha buri Gihugu mu gihe cyagena imigenzereze yayo hagendewe ku miterere yacyo.

Louise Mushikiwabo yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 ubwo yitabiraga inama y’iminsi itatu y’inzego z’umutekano yatangiye kuri uyu munsi.

Iyi nama yateguwe ku bufatanye bw’Ishuri Rikuru rw’Igisirikare cy’u Rwanda na Kaminuza y’u Rwanda, ifite insanganyamatsiko igira iti “Contemporary Security Challenges: The African Perspective” [tugenekereje “Imbogamizi z’umutekano ziriho ubu: Uko Afurika yahangana na zo].”

Louise Mushikiwabo yavuze ko Demokarasi igomba kuzanira iterambere buri wese kuko “iterambere rigira uwo riheza kubera ruswa n’umuco wo kudahana ntabwo biri mu bigaragaza Demokarasi kandi bikanahonyora ihame ryo kugendera ku mategeko.”

Yakomeje avuga ko Demokarasi idashobora kubaho mu gihe inzego zishinzwe kubahiriza amategeko zidafite imbaraga mu guhangana n’ibikorwa bibangamira umutekano nk’iterabwoba, intambara ndetse n’ibikorwa by’inzego z’umutekano zikoresha nabi ububasha bwazo.

Yagize ati “Demokarasi ishobora kuba umusemburo w’ibintu byinshi mu gihe kimwe. Ishobora kugira uruhare mu kuzamura inzego zinyuranye nk’umutekano, ubukungu, guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, mu kuzamura urwego rwa Politiki ndetse n’ibindi.”

Muri iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Démocratie en Afrique: à taille unique ou sur mesure?” [Demokarasi muri Afurika: Umwambaro wihariye cyangwa ugendeye ku ngabo?], Louise Mushikiwayo yakomeje avuga ko Demokarasi kandi igomba gutuma abaturage babona serivisi z’ibanze zikenerwa mu buzima bwa buri munsi.

Ati “Ku bw’izi mpamvu zose, ngarutse ku nsanganyamatsiko y’ikiganiro, nemera ko Demokarasi ari umwambaro watubera twese mu gihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu.”

Ihame rya Demokarasi, ryakunze kuzamura impaka hagati y’Ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi na Afurika, kuko ibi bihugu by’i Burayi na Amerika byakunze kwigaragaza nk’umwarimu wa Demokarasi, bitunga agatoki abayobozi bo muri Afurika guhonyora iri hame.

Abayobozi ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika na bo bakunze kugaragariza ibi by’i Burayi ko Demokarasi idashingira ku mubare wa manda bagomba kumara ku butegetsi dore ko ari yo ngingo yakunze kuzamura izi mpaka.

Bamwe mu Bakuru b’Ibihugu by’i Burayi kandi bagiye bagaragaza ko iyo Demokarasi yacuriwe i Burayi itakorwa nk’uko bo bayikora ahubwo ko imiyoborere y’Igihugu ikwiye gushingira ku mateka yacyo, umuco, imigirire n’imyumvire y’abanyagihugu ndetse n’ubushake bwabo.

Minisitiri w’Ingabo Maj Gen Albert Murasira atangiza iyi nama

Mu kiganiro cyagarutse ku ishusho ya Demokarasi muri Afurika, Mushikiwabo yagaragaje icyo iri hame rikwiye kumarira abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − eleven =

Previous Post

Rwarutabura wakoze impanuka abamugezeho bwa mbere ni abafana ba APR

Next Post

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wahaye u Rwanda Miliyoni 260€

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wahaye u Rwanda Miliyoni 260€

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wahaye u Rwanda Miliyoni 260€

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.