• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in IMYIDAGADURO
0
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma akaza kumubera umukoresha kugeza n’ubu bakorana ikiganiro. Ati “Ubu ni we undya kandi twararyanaga umwanda.”

Uyu munyamakuru yabitangaje mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama aho yari umutumirwa mu gitaramo cy’urwenya ngarukagihe kizwi nka Gen Z Comedy.

Abajijwe igihe yabonaniye bwa mbere na Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, bakorana ikiganiro gitambuka ku gitangamazamakuru bakoranaho, kikaba n’icy’uyu mushoramari, Angeli Mutabaruka na we yasubije mu mvugo y’urwenya abaza ati “Isaha se?” Umunyarwenya Merci wamubazaga ati “umwaka.”

Angeli yakomeje agira ati “Umwaka rero ntabwo nywibuka ariko bishobora kuba ari muri 2009 ku itariki ntibuka. Uwo munsi namubonyeho, ni na wo munsi nabonye umuntu bita Regis Muramira […] n’undi witwa Clarisse, icyo gihe ni bwo nababonye kuko na bo bakoraga kuri City Radio.”

Mutabaruka avuga ko yajyaga yumva KNC ari mu kiganiro cya mu gitondo yakoraga kuri iyo radio yakoranagamo n’umunyamakuru Anita Pendo na we uri mu banyamakuru bamaze igihe mu mwuga mu Rwanda.

Ati “Ngahora mbumva, nkavuga nti ‘ariko ko aba bantu ko numva bavuga itaka rikaka. Ubwo namumenye gutyo musanze muri City Radio, turakorana nza kuhamusiga, njya kuri Flash, turongera turakubitana nyine ubu ni we qui mange les autres [ni we urya abandi], qui me mange, ni we undya kandi twararyanaga umwanda.”

Mu kiganiro Angeli Mutabaruka akoranamo na KNC, gitambuka mu masaha ya mu gitondo, banyuzamo bagashyenga basa nk’abaterana ubuse, ibintu binogera benshi babakurikira n’abandi, dore ko hari uduce tw’ibiganiro byabo tugenda dukatwa tugasangizwa abantu ku mbuga nkoranyambaga kubera uburyo baba baganira.

Aba banyamakuru kandi bakurikirwa cyane kubera ibiganiro mpaka bakorana, aho umwe aba yafashe uruhande rwe, undi urwe, bagasa nk’abatumvikana, aho bamwe baba banibaza uburyo Angeli atinyuka kuvuguruza KNC usanzwe ari umukoresha we, ariko bikaba biri mu biryo ikiganiro cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Next Post

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.