Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Demokarasi ni kositimu yatubera twese igihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu- Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Demokarasi ni kositimu yatubera twese igihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu- Louise Mushikiwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo yavuze ko Demokarasi ari umusemburo wa byinshi biba bikenewe kandi ko yafasha buri Gihugu mu gihe cyagena imigenzereze yayo hagendewe ku miterere yacyo.

Louise Mushikiwabo yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 ubwo yitabiraga inama y’iminsi itatu y’inzego z’umutekano yatangiye kuri uyu munsi.

Iyi nama yateguwe ku bufatanye bw’Ishuri Rikuru rw’Igisirikare cy’u Rwanda na Kaminuza y’u Rwanda, ifite insanganyamatsiko igira iti “Contemporary Security Challenges: The African Perspective” [tugenekereje “Imbogamizi z’umutekano ziriho ubu: Uko Afurika yahangana na zo].”

Louise Mushikiwabo yavuze ko Demokarasi igomba kuzanira iterambere buri wese kuko “iterambere rigira uwo riheza kubera ruswa n’umuco wo kudahana ntabwo biri mu bigaragaza Demokarasi kandi bikanahonyora ihame ryo kugendera ku mategeko.”

Yakomeje avuga ko Demokarasi idashobora kubaho mu gihe inzego zishinzwe kubahiriza amategeko zidafite imbaraga mu guhangana n’ibikorwa bibangamira umutekano nk’iterabwoba, intambara ndetse n’ibikorwa by’inzego z’umutekano zikoresha nabi ububasha bwazo.

Yagize ati “Demokarasi ishobora kuba umusemburo w’ibintu byinshi mu gihe kimwe. Ishobora kugira uruhare mu kuzamura inzego zinyuranye nk’umutekano, ubukungu, guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, mu kuzamura urwego rwa Politiki ndetse n’ibindi.”

Muri iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Démocratie en Afrique: à taille unique ou sur mesure?” [Demokarasi muri Afurika: Umwambaro wihariye cyangwa ugendeye ku ngabo?], Louise Mushikiwayo yakomeje avuga ko Demokarasi kandi igomba gutuma abaturage babona serivisi z’ibanze zikenerwa mu buzima bwa buri munsi.

Ati “Ku bw’izi mpamvu zose, ngarutse ku nsanganyamatsiko y’ikiganiro, nemera ko Demokarasi ari umwambaro watubera twese mu gihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu.”

Ihame rya Demokarasi, ryakunze kuzamura impaka hagati y’Ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi na Afurika, kuko ibi bihugu by’i Burayi na Amerika byakunze kwigaragaza nk’umwarimu wa Demokarasi, bitunga agatoki abayobozi bo muri Afurika guhonyora iri hame.

Abayobozi ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika na bo bakunze kugaragariza ibi by’i Burayi ko Demokarasi idashingira ku mubare wa manda bagomba kumara ku butegetsi dore ko ari yo ngingo yakunze kuzamura izi mpaka.

Bamwe mu Bakuru b’Ibihugu by’i Burayi kandi bagiye bagaragaza ko iyo Demokarasi yacuriwe i Burayi itakorwa nk’uko bo bayikora ahubwo ko imiyoborere y’Igihugu ikwiye gushingira ku mateka yacyo, umuco, imigirire n’imyumvire y’abanyagihugu ndetse n’ubushake bwabo.

Minisitiri w’Ingabo Maj Gen Albert Murasira atangiza iyi nama

Mu kiganiro cyagarutse ku ishusho ya Demokarasi muri Afurika, Mushikiwabo yagaragaje icyo iri hame rikwiye kumarira abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − four =

Previous Post

Rwarutabura wakoze impanuka abamugezeho bwa mbere ni abafana ba APR

Next Post

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wahaye u Rwanda Miliyoni 260€

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wahaye u Rwanda Miliyoni 260€

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wahaye u Rwanda Miliyoni 260€

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.