Sunday, May 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry’agateganyo

radiotv10by radiotv10
07/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry’agateganyo
Share on FacebookShare on Twitter

AGEZWEHO: Nyuma y’uko Ubushinjacyaha bwakiriye Dosiye y’ikirego kiregwamo CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana wahoze ari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, bwatangaje ko na bwo bwayigejeje mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare, mu kirego cy’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

CG (Rtd) Emmanuel Gasana yatawe muri yombi mu mpera z’ukwezi gushize tariki 25 Ukwakira 2023, nyuma y’amasaha macye Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bishyize hanze itangazo ryavugaga ko yakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, kuko hari ibyo yari akurikiranyweho agomba kubazwa.

Ubushinjacyaha buvuga ko bwamaze kwakira dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo uyu wahoze ari Guverineri wanabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin yemeje ko dosiye y’ikirego kiregwamo CG (Rtd) Emmanuel Gasana bwayakiriye tariki 30 Ukwakira 2023, ndetse na bwo ko bwayishyikirije Urukiko kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023.

Faustin Nkusi avuga ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana akurikiranyweho ibyaha bibiri; ari byo gusaba cyangwa kwakira indonke, ndetse n’icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, atangaza ko kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, uru rwego rwashyikirije Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare, dosiye y’ikirego kiregwamo CG (Rtd) Gasana kugira ngo rumuburanishe ku ifungwa ry’agateganyo.

CG (Rtd) Emmanuel Gasana wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka icyenda (2009-2018), akaba yarayoboraga Intara y’Iburasirazuba akibarizwa muri Polisi, yari aherutse gusezererwa ashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru, yashyizwemo mu mpera za Nzeri nk’uko byatangajwe tariki 27 Nzeri 2023.

Yanabaye Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, inshingano yakuweho muri Gicurasi 2020 bivugwa ko na bwo hari ibyo yari akurikiranyweho yagombaga kubazwa, ariko muri Werurwe 2021 yongera kugirirwa icyizere ahabwa kuyobora Intara y’Iburasirazuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 5 =

Previous Post

Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage

Next Post

Ibyamamare by’amazina akomeye byinjiye mu rugamba rusaba ko intambara ya Israel na Hamas ihagarara

Related Posts

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Abazi umugabo ufite akabari mu Mudugudu wa Mukazanyana mu Kagari ka Sazange mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye,...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Dosiye y’ikirego kiregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’, yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha kugira ngo buyisuzume buzayiregere Urukiko. Bishop Gafaranga...

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

by radiotv10
16/05/2025
0

Umugabo ufite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, arakekwaho kwica mugenzi we amukubise...

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

by radiotv10
16/05/2025
0

Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bijyanye na Afurika, yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame na Felix...

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

by radiotv10
16/05/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana wishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize miliyoni 282 Frw y’imisanzu y’umubyeyi we,...

IZIHERUKA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho
MU RWANDA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

17/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

16/05/2025
Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

16/05/2025
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

16/05/2025
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamamare by’amazina akomeye byinjiye mu rugamba rusaba ko intambara ya Israel na Hamas ihagarara

Ibyamamare by’amazina akomeye byinjiye mu rugamba rusaba ko intambara ya Israel na Hamas ihagarara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.