Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha IRMCT, rwahagaritse dosiye yaregwagamo Félicien Kabuga waregwaga kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Ni icyemezo cyafashwe n’Inteko y’uru Rwego yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Gicurasi 2026, yari igizwe n’Abacamanza Iain Bonomy wari uyiyoboye ndetse n’Umucamanza Mustapha El Baaj, n’umucamanza Margaret M. deGuzman, i La Haye, mu Buholandi.
Ni icyemezo cyafashwe nyuma yuko Kabuga yitabye Imana ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki ya 16 Gicurasi 2026 ubwo yari mu bitaro bya gereza i La Haye. Umwanzuro wanditse wo guhagarika urubanza ku mugaragaro na wo wasohotse nyuma y’iburanisha.
Kabuga yari Perezida wa Radio Television Libre des Milles Collines (RTLM) yagize uruhare rukomeye mu gukwirakwiza n’icengezamatwara mu gukwirakwiza urwango rwagejeje kuri Jenoside yakrewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe.
Kabuga yshinjwe bwa mbere n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) ku ya 26 Ugushyingo 1997, aho yaje gutabwa muri yombin nyuma y’imyaka irenga makumyabiri ahunze, afatiwe mu Bufaransa kua 16 Gicurasi 2020.
Kabuga aregwa ibyaha bitandatu bya jenoside, umugambi wo gukora jenoside, gushishikariza jenoside, n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, birimo gutoteza, gutsemba no kwica, byakozwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

RADIOTV10









