Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangaza ko rwamaze gukora dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Pasiteri Ntambara Felix wahoze afite inshingano mu Itorero rya Zion Temple, ndetse ikaba yaramaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

Uyu mukozi w’Imana watawe muri yombi mu cyumweru gishize tariki 03 Nzeri 2024, aho akurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganga, ndetse no kwaka icyo utari bwishyure.

Ibi byaha biregwa Pasiteri Ntambara Felix, abiregwa hamwe n’umugore we ariko we ukurikiranywe adafunzwe, bishingiye ku kuba baragiye muri Hoteli imwe yo mu Mujyi wa Kigali, bakamarayo ibyumweru birenga bitatu, ariko bakayivamo batishyuye.

Amakuru yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yemereye ikinyamakuru Igihe, avuga ko Pasiteri Ntambara Felix n’umugore we bamaze gukorerwa dosiye n’uru rwego, ndetse ikaba yaramaze gushyikizwa Ubushinjacyaha kugira ngo nabwo bukomeze iperereza, bubaregere Urukiko rubifitiye ububasha.

Ibyaha biregwa aba bombi barimo umukozi w’Imana, bishingiye ku kuba baragiye muri Hoteli imwe yo mu Karere ka Gasabo, bayicumbikamo bamaramo iminsi irenga 25, banafatiramo amafunguro, ariko ubwo basohokaga bashaka kugenda batishyuye.

Pasiteri Ntambara Felix yatawe muri yombi ubwo basohoka muri iyo hoteli, ariko nyirayo arabangira abasaba ko bagomba kubanza kwishyura miliyoni 4,5 Frw bagombaga kwishyura iyi hoteli.

Nanone kandi basabwaga kwishyura ibindi bicuruzwa batse muri icyo gihe bifite agacuro k’ibihumbi 800 Frw.

Ubwo nyiri hoteli yiyambazaga inzego, zahise zita muri yombi Pasiteri Ntambara Felix, mu gihe umugore we zamuretse kugira ngo ajye gushakisha amafaranga akabakaba miliyoni 6 Frw basabwa kwishyura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + twelve =

Previous Post

Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

Next Post

Iby’ingenzi byaranze ikiganiro-mpaka hagati ya Kamala Harris na Trump n’uwitwaye neza kurusha undi

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byaranze ikiganiro-mpaka hagati ya Kamala Harris na Trump n’uwitwaye neza kurusha undi

Iby’ingenzi byaranze ikiganiro-mpaka hagati ya Kamala Harris na Trump n’uwitwaye neza kurusha undi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.