Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangaza ko rwamaze gukora dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Pasiteri Ntambara Felix wahoze afite inshingano mu Itorero rya Zion Temple, ndetse ikaba yaramaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

Uyu mukozi w’Imana watawe muri yombi mu cyumweru gishize tariki 03 Nzeri 2024, aho akurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganga, ndetse no kwaka icyo utari bwishyure.

Ibi byaha biregwa Pasiteri Ntambara Felix, abiregwa hamwe n’umugore we ariko we ukurikiranywe adafunzwe, bishingiye ku kuba baragiye muri Hoteli imwe yo mu Mujyi wa Kigali, bakamarayo ibyumweru birenga bitatu, ariko bakayivamo batishyuye.

Amakuru yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yemereye ikinyamakuru Igihe, avuga ko Pasiteri Ntambara Felix n’umugore we bamaze gukorerwa dosiye n’uru rwego, ndetse ikaba yaramaze gushyikizwa Ubushinjacyaha kugira ngo nabwo bukomeze iperereza, bubaregere Urukiko rubifitiye ububasha.

Ibyaha biregwa aba bombi barimo umukozi w’Imana, bishingiye ku kuba baragiye muri Hoteli imwe yo mu Karere ka Gasabo, bayicumbikamo bamaramo iminsi irenga 25, banafatiramo amafunguro, ariko ubwo basohokaga bashaka kugenda batishyuye.

Pasiteri Ntambara Felix yatawe muri yombi ubwo basohoka muri iyo hoteli, ariko nyirayo arabangira abasaba ko bagomba kubanza kwishyura miliyoni 4,5 Frw bagombaga kwishyura iyi hoteli.

Nanone kandi basabwaga kwishyura ibindi bicuruzwa batse muri icyo gihe bifite agacuro k’ibihumbi 800 Frw.

Ubwo nyiri hoteli yiyambazaga inzego, zahise zita muri yombi Pasiteri Ntambara Felix, mu gihe umugore we zamuretse kugira ngo ajye gushakisha amafaranga akabakaba miliyoni 6 Frw basabwa kwishyura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

Next Post

Iby’ingenzi byaranze ikiganiro-mpaka hagati ya Kamala Harris na Trump n’uwitwaye neza kurusha undi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byaranze ikiganiro-mpaka hagati ya Kamala Harris na Trump n’uwitwaye neza kurusha undi

Iby’ingenzi byaranze ikiganiro-mpaka hagati ya Kamala Harris na Trump n’uwitwaye neza kurusha undi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.