Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA
0
Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abajyanama b’Ubuzima bazapima Diyabete;
  • Ubu umuganga umwe avura abantu 1 000, mu Rwanda hari batanu babaga umutwe;
  • Ikoranabuhanga mu buvuzi: Hari ibikoresho bakoza ku bantu bakamenya ibyo barwaye.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yagaragaje ibintu 10 bigomba gukorwa mu rwego rw’ubuzima, birimo kongera umubare w’abaganga bakikuba nibura kane, kwegereza ubuvuzi abaturage; ku buryo Abajyanama b’Ubuzima bazajya basuzuma n’indwara zikomeye nka Diabetes n’umuvuduko w’amaraso.

Dr. Sabin Nsanzimana yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023 mu kiganiro yagiranye na Radio 10 cyagarukaga ku biteganywa gukorwa mu rwego rw’ubuzima bigamije kuzamura uru rwego.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko we na mugenzi we Umunyamabanga wa Leta binjiranye muri Minisiteri y’Ubuzima, bihaye intego yo gukora ibintu 10 birimo kwigisha abaganga bafite ubumenyi buhagije kuko ubu abakora muri uyu mwuga baba bakwiye kwigishwa bihagije.

Ati “Ushobora kubaka inzu ukayisoza mu mezi, ushobora kugura imiti ikaza mu ndege, igikoresho cyo kwa muganga ushobora kurara ukiguze kikagera hano iryo joro, ariko buriya umuganga ntabwo ushobora kuvuga uti ‘reka mwihutishe mu masaha macye ngo muhe amahugurwa y’iminota, cyane cyane nk’abakora ibikomeye, umuntu ushobora kubaga umutwe akawufungura cyangwa umutima akakuvura akongera akawuteranya.”

Minisitiri w’Ubuzima akomeza avuga ko abaganga baba bakwiye kwigishwa bihagije, kandi bagahabwa ubumenyi baba bakeneye kuko ibyo bakora biba biremereye.

Avuga kandi ko uretse gutanga ubumenyi bukwiye kandi buhangije, hanakenewe no kongera umubare w’abaganga kuko mu Rwanda ukiri hasi, dore ko kugeza ubu umuganga umwe avura abantu 1 000.

Ati “Ubundi yagakwiye kuba ari abaganga bane bavura abaturage igihumbi (1 000), turashaka gukuba kane nibura tukaba turi aho tuvuga ngo iri ni ryo fatizo ryo hasi.”

Dr. Sabin avuga ko iyi ntego yagombaga kugerwaho mu 2030 ariko ko Guverinoma y’u Rwanda yasanze itategereza, ikiyemeza kubyihutisha.

Ati “Dufite gahunda yihariye cyane yo kubikora mu gihe gito gishoboka nko mu myaka ine cyangwa itanu. Hari abo ushobora guhugura mu myaka ibiri cyangwa itatu, ariko hari n’abo bifata imyaka itandatu.”

Yavuze kandi ko hari n’intego yo kugira abaganga bihariye badasanzwe bari mu Rwanda cyangwa hari umubare wabo mu muto cyane, atanga urugero ati “Nk’ubu dufite abaganga bashobora kubaga umutwe [Neurosurgeon] batarenga batanu mu Gihugu cyangwa abacisha mu cyuma [Radiologist] cumi na batanu (15) gusa mu Gihugu hose, iyo umwe yafashe konji cyangwa afite urugendo cyangwa yarwaye, Ibitaro byose bishobora guhagarara.”

Yavuze ko ibindi bizitabwaho, ari ugukoresha ubuhanga n’ubushakashatsi mu rwego rw’ubuvuzi kugira ngo uru rwego rukore mu buryo bufatika kandi bwa kinyamwuga, ndetse hagakoreshwa ikoranabuhanga rigezweho kugira ngo ryihutishe ibintu kandi serivisi zigere kuri benshi.

Avuga ko muri iri koranabuhanga, ubu hari gukoreshwa ibikoresho byaryo nka Telefone mu buvuzi, ati “Ubu zishobora kuvura, hari ibikoresho byinshi ushobora gukoza ku muntu ukamenya icyo arwaye utagombye gufata umwanya ngo uzajye i Kantarange kwisuzumisha. Nk’ubu umuntu ashobora kukubaga akoresha robot.”

Yavuze kandi ko ikindi kiri gushyirwamo ingufu ari ukwigisha abantu kwirinda no gukumira indwara zitandura, bashishikarizwa kwita ku mirire ndetse no gukora imyitozo ngororamubiri, ndetse bakarushaho kwisuzumisha.

Yavuze ko ibikoresho bisuzuma izi ndwara bizegerezwa abaturage, bigahabwa Abajyanama b’Ubuzima, bakajya babasha gusuzuma indwara nk’iz’umuvuduko w’amaraso n’izindi zitandura.

Ati “Ku buryo mu Mudugudu buri wese akaba azi umuvuduko we azi isukari ye n’ibindi bipimo byoroshye, ariko bigaragaza indwara ushobora kugira mu gihe kizaza.”

 

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 1 =

Previous Post

Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere

Next Post

Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika

Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.