Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Depite ushinjwa gutuka Tshisekedi yanze kwitaba Inteko ubugirakabiri ayandikira ibaruwa ikarishye

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Depite ushinjwa gutuka Tshisekedi yanze kwitaba Inteko ubugirakabiri ayandikira ibaruwa ikarishye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Jean-Marc Kabund usanzwe ari Umudepite Mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanze kwitaba ubutumire bwa Perezida wayo, amwandikira ubutumwa bukomeye amumenyesha impamvu atamwitaba.

Jean-Marc Kabund wabaye Perezida w’Ishyaka rya Perezida Félix Tshisekedi,wanaye Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, akaza kwegura muri Werurwe 2022, aherutse gutangaza ishyaka rye aho yanavugiye amagambo akomeye ku butegetsi bwa Congo.

Uyu munyapolitiki uvuga ko azahangana na Perezida Tshisekedi, yavuze ko ubutegetsi bw’uyu wahoze ari inkoramutima ye bunaniwe ndetse ko bugizwe n’amabandi asahura Igihugu.

Aya magambo yamaganiwe kure n’Inteko Ishinga Amategeko ndetse isaba ko yabikurikiranwaho aho ubu yanatangiye kubikurikiranwaho n’inzego z’ubutabera.

Kuri uyu wa Mbere tariki 08 Kanama 2022, Depite Kabund yagombaga kwitaba Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo ayihe ibisobanuro kuri ariya magambo aremereye yavuze.

Ni ku nshuro ya kabiri yanga kwitaba ubu butumire bwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Christophe Mboso.

Aho kwitaba yandikiye iyi nteko ibaruwa avuga impamvu atayitabye aho yagize ati “Sinteze kubumvira mu mugambi wanyu wirabura ugamije kumfunga umunwa.”

Iyi ntumwa ya rubanda, yavuze ko ubu butumire bugamije kumwambura ubudahangarwa, ari ubwo kumwambura uburenganzira bwe ndetse no guhonyora ubw’abaturage bamutoye.

Yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko itagomba kumwambura ubudahangarwa mu gihe n’inzego z’ubutabera zikimukurikiranye kandi ko akiri umwere imbere y’amateko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Next Post

FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe
MU RWANDA

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero

FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.