Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Depite ushinjwa gutuka Tshisekedi yanze kwitaba Inteko ubugirakabiri ayandikira ibaruwa ikarishye

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Depite ushinjwa gutuka Tshisekedi yanze kwitaba Inteko ubugirakabiri ayandikira ibaruwa ikarishye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Jean-Marc Kabund usanzwe ari Umudepite Mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanze kwitaba ubutumire bwa Perezida wayo, amwandikira ubutumwa bukomeye amumenyesha impamvu atamwitaba.

Jean-Marc Kabund wabaye Perezida w’Ishyaka rya Perezida Félix Tshisekedi,wanaye Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, akaza kwegura muri Werurwe 2022, aherutse gutangaza ishyaka rye aho yanavugiye amagambo akomeye ku butegetsi bwa Congo.

Uyu munyapolitiki uvuga ko azahangana na Perezida Tshisekedi, yavuze ko ubutegetsi bw’uyu wahoze ari inkoramutima ye bunaniwe ndetse ko bugizwe n’amabandi asahura Igihugu.

Aya magambo yamaganiwe kure n’Inteko Ishinga Amategeko ndetse isaba ko yabikurikiranwaho aho ubu yanatangiye kubikurikiranwaho n’inzego z’ubutabera.

Kuri uyu wa Mbere tariki 08 Kanama 2022, Depite Kabund yagombaga kwitaba Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo ayihe ibisobanuro kuri ariya magambo aremereye yavuze.

Ni ku nshuro ya kabiri yanga kwitaba ubu butumire bwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Christophe Mboso.

Aho kwitaba yandikiye iyi nteko ibaruwa avuga impamvu atayitabye aho yagize ati “Sinteze kubumvira mu mugambi wanyu wirabura ugamije kumfunga umunwa.”

Iyi ntumwa ya rubanda, yavuze ko ubu butumire bugamije kumwambura ubudahangarwa, ari ubwo kumwambura uburenganzira bwe ndetse no guhonyora ubw’abaturage bamutoye.

Yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko itagomba kumwambura ubudahangarwa mu gihe n’inzego z’ubutabera zikimukurikiranye kandi ko akiri umwere imbere y’amateko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + sixteen =

Previous Post

Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Next Post

FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero

Related Posts

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

IZIHERUKA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere
IMIBEREHO MYIZA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero

FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.