• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Inyeshyamba zari zashimuse abarimo uruhinja zakoze ibitari byitezwe

radiotv10by radiotv10
05/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
DRC: Inyeshyamba zari zashimuse abarimo uruhinja zakoze ibitari byitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe witwaje Intwaro wa CODECO wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari wafashe bugwate abaturage 13 barimo uruhinja rw’amezi atatu nyuma yo kubashimuta, wabarekuye ubashyikiriza ubuyobozi.

Uyu mutwe wa CODECO wakoze iki gikorwa kuri uyu wa 04 Mutarama 2023, mu gace ka Bunia muri Ituri, mu muhango witabiriwe n’ubuyobozi bw’ibanze, ndetse hakaba hari ubuyobozi bwa FARDC na MONUSCO.

Kuri uwo munsi kandi, uyu mutwe witwaje intwaro, wanashyikirije ubuyobozi abaturage batanu (5) bo muri Teritwari ya Djugu.

Muri bariya baturage 13 bashyikirijwe ubuyobozi bwo muri Bunia muri Ituri, barimo umugore ufite uruhinja rw’amezi atatu (3).

Aba baturage bari bashimuswe n’uyu mutwe tariki 23 Ukuboza 2022 wari wabafatiwe mu gace ka Bambou muri Djugu, kari mu bilometero 40 uvuye muri Bunia, aho bari bagiye mu gace k’ubucuruzi kitwa Kilo.

Aba baturage kandi nyuma yo gushimutwa n’abarwanyi ba CODECO bari bajyanywe mu gace ka Petsi ahari ibirindiro bikomeye by’izi nyeshyamba.

Umuyobozi wo muri aka gace witwa Célestin Tawara, yashimiye ubuyobozi bw’uyu mutwe wa CODECO kuba bwarekuye aba baturage wari washimuse, avuga ko bigaragaza ko na bo bifuza amahoro.

Uyu mutwe wa CODECO uri mu ikomeje gufatanya na FARDC mu rugamba ihanganyemo na M23, uri no mu yemerewe kuganira na Guverinoma ya Congo Kinshasa ndetse ukaba waritabiriye ibiganiro biherutse kubera i Nairobi muri Kenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Ibya Prince Kid ntibyarangiye hamenyekanye amakuru mashya ku rubanza rwe

Next Post

Abacancuro b’indwanyi kabuhariwe ‘bafasha FARDC’ bagaragaye bambariye urugamba

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Abacancuro b’indwanyi kabuhariwe ‘bafasha FARDC’ bagaragaye bambariye urugamba

Abacancuro b’indwanyi kabuhariwe 'bafasha FARDC' bagaragaye bambariye urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.