• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRC: M23 yongeye gukozanyaho n’ingabo za FARDC mu gitero karundura yazigabyeho

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in Uncategorized
0
DRC: M23 yongeye gukozanyaho n’ingabo za FARDC mu gitero karundura yazigabyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye kugaba igitero mu duce tumwe two muri Kivu ya Ruguru muri Teritwari ya Rutshuru hafi y’Umupaka uhuza DRC na Uganda.

Iki gitero gikomeye cya M23, cyagabwe mu dusozi tubiri twa Chanzu na Runyonyi hafi y’umupaka uhuza DRC na Uganda, cyanatumye abaturage bo muri utu duce bahungira muri Uganda.

Uwitwa Jean Damascène Baziyaka usanzwe ari Umuhuzabikorwa w’umuryango utari uwa Leta w’Urubyiruko ruharanira amahoro, yabwiye ACTUALITE.CD dukesha iyi nkuru ko, M23 yagabye igitero ku birindiro by’ingabo z’igihugu za FARDC ahagana saa saba z’ijoro.

Yagize ati “Ubu hari abaturage bamaze kwambuka umupaka bajya muri Uganda naho abanze guhunga bo bafashe inzira yerecyeza i Rutshuru.”

Amashusho yagiye atambuka ku mbuga nkoranyambaga z’abantu banyuranye, agaragaza abaturage benshi bahunga bafite imizigo ya bimwe mu bikoresho byabo.

ACTUALITE.CD iivuga ko muri iyi mirwano humvikanyemo urusaku rw’imbunda zikomeye z’uyu mutwe wa M23 na FARDC bakozanyijeho.

Amakuru aturuka muri aka gace, avuga ko M23 yamaze gufata utu duce tubiri yagabyemo igitero twa Runyoni na Chanzu twahoze ari n’ibirindiro bikomeye by’uyu mutwe.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2021, mu Ugushyingo, M23 n’ubundi yari yafashe utu duce ariko ntiyadutindana kuko FARDC yahise ikuramo abarwanyi b’uyu mutwe w’inyeshyamba.

Kuva mu Ugushyingo 2021, Umutwe wa M23 wagabye ibitero bine muri uwo mwaka na byo byari byatumye abaturage amagana bahunga Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Bamporiki yahuye n’uwamwigishije muri ‘Primaire’ amubwira ijambo rikomeye

Next Post

Gatete uherutse kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri UN yahuye n’uw’u Burundi

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Gatete uherutse kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri UN yahuye n’uw’u Burundi

Gatete uherutse kugirwa Ambasaderi w'u Rwanda muri UN yahuye n’uw’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.