Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Operasiyo ya gisirikare yakangaranyije umutwe w’inyeshyamba uherutse gukora amahano

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Operasiyo ya gisirikare yakangaranyije umutwe w’inyeshyamba uherutse gukora amahano
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 65 bakekwa ko ari inyeshyamba z’umutwe wa Mobondo uherutse kwivugana abantu 11, zafatiwe mu gace ka Pont Kwango mu Ntara ya Kwango mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gikorwa cya gisirikare cyamaze iminsi ine.

Izi nyeshyamba zafatiwe muri Operasiyo ya gisirikare yatangiye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize kugeza ku wa Gatatu.

Amakuru yatangajwe n’Ubutegetsi bw’iyi Ntara ya Kwango, ni uko iyi operasiyo ya FARDC yabayeho nyuma y’uko habayeho igitero cyahitanye abantu 11 mu gace ka Batshongo.

Aba bantu bafashwe bahise bashyikirizwa ubutabera kugira ngo hamenyekane ibirambuye ku bikorwa by’urugomo n’ubwicanyi bimaze iminsi biba muri aka gace.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Intara ya Kwango, Adelar Nkisi yagize ati “Kuva ku wa Gatandatu kugeza ku wa Gatatu, hari abantu 65 bikekwa ko ari ab’umutwe wa Mobondo bamaze gushyikirizwa Ubutabera kugira ngo hamenyekane ibirambuye kuri Mobondo.”

Uyu Muvugizi yakomeje avuga ko mu butabera hazagaragara abari inyeshyamba z’uyu mutwe, n’abarengana, bakarekurwa.

Adelar Nkisi yavuze ko gushakisha izi nyeshyamba muri kariya gace ka Pont Kwango, byakozwe kuko gasanzwe gakomeye muri Mobondo, kandi kari kugarijwe

Ati “byabaye ngombwa ko hafatwa ingamba uko byagenda kose. Muri iki gihe umutekano wakajijwe, ariko byabaye ngombwa ko twita kuri Pont Kwango aho igitutu cyari kiyongereye nyuma yo kubona ko hari hugarijwe.”

Guverinoma y’Intara ya Kwango, yari iherutse gushyiraho komisiyo ishinzwe amahoro igomba gushyira mu bikorwa ibiganiro n’inyeshyamba zasabwe gushyira hasi intwaro, gusa kugeza ubu iyi komisiyo nta gikorwa irakora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 1 =

Previous Post

Ibigwi by’umutora winjiye mu ikipe y’ubukombe i Burayi ikorana n’u Rwanda

Next Post

RDF yaganirije abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo birimo America, Russia, S.Korea,…

Related Posts

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yaganirije abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo birimo America, Russia, S.Korea,…

RDF yaganirije abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo birimo America, Russia, S.Korea,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.