Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Operasiyo ya gisirikare yakangaranyije umutwe w’inyeshyamba uherutse gukora amahano

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Operasiyo ya gisirikare yakangaranyije umutwe w’inyeshyamba uherutse gukora amahano
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 65 bakekwa ko ari inyeshyamba z’umutwe wa Mobondo uherutse kwivugana abantu 11, zafatiwe mu gace ka Pont Kwango mu Ntara ya Kwango mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gikorwa cya gisirikare cyamaze iminsi ine.

Izi nyeshyamba zafatiwe muri Operasiyo ya gisirikare yatangiye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize kugeza ku wa Gatatu.

Amakuru yatangajwe n’Ubutegetsi bw’iyi Ntara ya Kwango, ni uko iyi operasiyo ya FARDC yabayeho nyuma y’uko habayeho igitero cyahitanye abantu 11 mu gace ka Batshongo.

Aba bantu bafashwe bahise bashyikirizwa ubutabera kugira ngo hamenyekane ibirambuye ku bikorwa by’urugomo n’ubwicanyi bimaze iminsi biba muri aka gace.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Intara ya Kwango, Adelar Nkisi yagize ati “Kuva ku wa Gatandatu kugeza ku wa Gatatu, hari abantu 65 bikekwa ko ari ab’umutwe wa Mobondo bamaze gushyikirizwa Ubutabera kugira ngo hamenyekane ibirambuye kuri Mobondo.”

Uyu Muvugizi yakomeje avuga ko mu butabera hazagaragara abari inyeshyamba z’uyu mutwe, n’abarengana, bakarekurwa.

Adelar Nkisi yavuze ko gushakisha izi nyeshyamba muri kariya gace ka Pont Kwango, byakozwe kuko gasanzwe gakomeye muri Mobondo, kandi kari kugarijwe

Ati “byabaye ngombwa ko hafatwa ingamba uko byagenda kose. Muri iki gihe umutekano wakajijwe, ariko byabaye ngombwa ko twita kuri Pont Kwango aho igitutu cyari kiyongereye nyuma yo kubona ko hari hugarijwe.”

Guverinoma y’Intara ya Kwango, yari iherutse gushyiraho komisiyo ishinzwe amahoro igomba gushyira mu bikorwa ibiganiro n’inyeshyamba zasabwe gushyira hasi intwaro, gusa kugeza ubu iyi komisiyo nta gikorwa irakora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + twelve =

Previous Post

Ibigwi by’umutora winjiye mu ikipe y’ubukombe i Burayi ikorana n’u Rwanda

Next Post

RDF yaganirije abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo birimo America, Russia, S.Korea,…

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yaganirije abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo birimo America, Russia, S.Korea,…

RDF yaganirije abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo birimo America, Russia, S.Korea,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.