Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Operasiyo ya gisirikare yakangaranyije umutwe w’inyeshyamba uherutse gukora amahano

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Operasiyo ya gisirikare yakangaranyije umutwe w’inyeshyamba uherutse gukora amahano
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 65 bakekwa ko ari inyeshyamba z’umutwe wa Mobondo uherutse kwivugana abantu 11, zafatiwe mu gace ka Pont Kwango mu Ntara ya Kwango mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gikorwa cya gisirikare cyamaze iminsi ine.

Izi nyeshyamba zafatiwe muri Operasiyo ya gisirikare yatangiye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize kugeza ku wa Gatatu.

Amakuru yatangajwe n’Ubutegetsi bw’iyi Ntara ya Kwango, ni uko iyi operasiyo ya FARDC yabayeho nyuma y’uko habayeho igitero cyahitanye abantu 11 mu gace ka Batshongo.

Aba bantu bafashwe bahise bashyikirizwa ubutabera kugira ngo hamenyekane ibirambuye ku bikorwa by’urugomo n’ubwicanyi bimaze iminsi biba muri aka gace.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Intara ya Kwango, Adelar Nkisi yagize ati “Kuva ku wa Gatandatu kugeza ku wa Gatatu, hari abantu 65 bikekwa ko ari ab’umutwe wa Mobondo bamaze gushyikirizwa Ubutabera kugira ngo hamenyekane ibirambuye kuri Mobondo.”

Uyu Muvugizi yakomeje avuga ko mu butabera hazagaragara abari inyeshyamba z’uyu mutwe, n’abarengana, bakarekurwa.

Adelar Nkisi yavuze ko gushakisha izi nyeshyamba muri kariya gace ka Pont Kwango, byakozwe kuko gasanzwe gakomeye muri Mobondo, kandi kari kugarijwe

Ati “byabaye ngombwa ko hafatwa ingamba uko byagenda kose. Muri iki gihe umutekano wakajijwe, ariko byabaye ngombwa ko twita kuri Pont Kwango aho igitutu cyari kiyongereye nyuma yo kubona ko hari hugarijwe.”

Guverinoma y’Intara ya Kwango, yari iherutse gushyiraho komisiyo ishinzwe amahoro igomba gushyira mu bikorwa ibiganiro n’inyeshyamba zasabwe gushyira hasi intwaro, gusa kugeza ubu iyi komisiyo nta gikorwa irakora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − thirteen =

Previous Post

Ibigwi by’umutora winjiye mu ikipe y’ubukombe i Burayi ikorana n’u Rwanda

Next Post

RDF yaganirije abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo birimo America, Russia, S.Korea,…

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yaganirije abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo birimo America, Russia, S.Korea,…

RDF yaganirije abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo birimo America, Russia, S.Korea,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.