• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’urwego rw’Ubucamanza

radiotv10by radiotv10
17/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’urwego rw’Ubucamanza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yashyize mu myanya abayobozi bashya mu nzego n’ibigo binyuranye birimo urw’Ubucamanza, barimo Brigitte Nsensele Wa Nsensele, wahawe kuyobora Inama Nkuru y’Igihugu.

Izi mpinduka zatangajwe mu itangazo ryasomwe kuri gitangazamakuru cya Leta muri DRC (RTNC) kuri uyu wa 16 Mutarama 2025.

Brigitte Nsensele Wa Nsensele ufite impamyabumenyi mu by’amategeko n’Ubutabera yakuye muri Université de Kinshasa, yasimbuye Marthe Odio Nonde kuri uyu mwanya wa Perezida wa Mbere w’Inama Nkuru y’Igihugu.

Uyu Marthe Odio Nonde na we wasimbuwe, yari yasimbuye Félix Vunduawe, akaba yajyanywe mu kiruhuko cy’izabukuru na Perezida Félix-Antoine Tshisekedi.

Marthe Odio Nonde wajyanywe mu kiruhuko cy’izabukuru, yamaze imyaka 25 ari mu nshingano ubudahagarara, aho abasesenguzi bavuze ko yari akwiye ikiruhuko.

Uru rwego rw’Inama Nkuru y’Igihugu, ni urwego rusumba izindi mu nzego z’ubucamanza muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Tshisekedi kandi yashyizeho abandi bayobozi ndetse anashyira mu kiruhuko bamwe, aho Moke Mayele yagizwe Umushinjacyaha Mukuru mu Rurkiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga.

Nanone kandi Iluta Ikombe wari Umushinjacyaha Mukuru mu Nama Nkuru y’Ubutegetsi, yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Hari kandi Alexandre Tshikala Mukendi wagizwe Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’indege ya Congo Airways na Mamitsho Pontshi wagizwe umuyobozi wungirije muri iki kigo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 10 =

Previous Post

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri album ya Bruce Melodie igisohoka

Next Post

Amakuru y’umucyo ku gushidikanya kwabayeho ku gusezerana kwa Vestine n’Umunya-Burkina Faso

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Amakuru y’umucyo ku gushidikanya kwabayeho ku gusezerana kwa Vestine n’Umunya-Burkina Faso

Amakuru y’umucyo ku gushidikanya kwabayeho ku gusezerana kwa Vestine n’Umunya-Burkina Faso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.