Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Uko byagendekeye abanyeshuri bo muri kaminuza yagabwemo igitero n’abaje babamishamo amasasu

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Uko byagendekeye abanyeshuri bo muri kaminuza yagabwemo igitero n’abaje babamishamo amasasu
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Kinshasa (Université de Kinshasa) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiriye imishwaro ubwo baraswagamo urufaya rw’amasasu n’abaje bitwaje intwaro bari kumwe n’umupolisi.

Amakuru dukesha Urubuga De La Cachette rukunze gutangaza amakuru y’ibitagenda neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko iki gitero cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023.

Mu mashusho agaragara ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, kuri konti yitwa ‘De La Cachette’ agaragaza abantu babiri bambaye imyambaro ya gisivile bari kumwe n’umupolisi umwe, binjira muri iyi kaminuza barasa.

#RDC Campus de l'université de #Kinshasa ce matin. Qui sont ces hommes armés en ténue civile qui opèrent avec la police congolaise? Sur cette vidéo, l'homme en chemise blanche pointe son arme sur les étudiants barricadés derrière une porte. pic.twitter.com/eZdLXVrBI4

— Aganze Rafiki (@AganzeRafiki) January 13, 2023

Uru rubuga rugira ruti “Mu kigo cya Kaminuza ya Kinshasa muri iki gitondo, abagabo bitwaje intwaro bari bambaye imyambaro ya gisivile, bakoranye n’umupolisi wa Congo.”

Ubu butumwa buherekeje aya mashusho, bukomeza bugira buti “Muri aya mashusho umugabo wambaye ishati y’umweru yarashe ku banyeshuri bari bicaye inyuma y’urugi.”

Muri aya mashusho, hagaragaramo abanyeshuri bo muri iyi kaminuza bakwirwa imishwaro biruka bakiza amagara ubwo aba bagabo babarasagaho.

Ibibazo bihungabanya umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze kugera ku rwego rwo hejuru, aho imitwe yitwaje intwaro ikomeje kugaba ibitero, bikunze kwibanda mu bice byitaruye imijyi, mu gihe iki cyabereye muri Kaminuza ya Kinshasa byabereye mu murwa w’iki Gihugu.

Iki gikorwa kibaye mu gihe umutwe wa M23 ukunze gufatwa nk’ikibazo gikomereye umutekano wa DRC nkuko bivugwa na Guverinoma y’Iki Gihugu, ukomeje kwamagana ibikorwa nk’ibi, ukaba wanamaganye iki cyabereye muri Kaminuza ya Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 3 =

Previous Post

Wagira ngo zatumanyeho: Inyoni zagaragaye zitonze umurongo zifata akaruhuko mu Kivu rwagati

Next Post

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Related Posts

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

by radiotv10
27/10/2025
0

Paul Biya w’imyaka 92 yatangajwe nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ibintu byakurikiwe n’imvururu z’abashyigikiye Issa Tchiroma Bakary wemeza ko ari we...

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

by radiotv10
27/10/2025
0

Igihugu cya Mali cyahagaritse amasomo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza mu Gihugu hose, kubera ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri...

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
27/10/2025
0

Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe muri Mali, yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri irimo umwe usubitse nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

by radiotv10
27/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryababajwe n’urupfu rwa Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba...

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

IZIHERUKA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

27/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

27/10/2025
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.