Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Uko byagendekeye abanyeshuri bo muri kaminuza yagabwemo igitero n’abaje babamishamo amasasu

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Uko byagendekeye abanyeshuri bo muri kaminuza yagabwemo igitero n’abaje babamishamo amasasu
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Kinshasa (Université de Kinshasa) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiriye imishwaro ubwo baraswagamo urufaya rw’amasasu n’abaje bitwaje intwaro bari kumwe n’umupolisi.

Amakuru dukesha Urubuga De La Cachette rukunze gutangaza amakuru y’ibitagenda neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko iki gitero cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023.

Mu mashusho agaragara ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, kuri konti yitwa ‘De La Cachette’ agaragaza abantu babiri bambaye imyambaro ya gisivile bari kumwe n’umupolisi umwe, binjira muri iyi kaminuza barasa.

#RDC Campus de l'université de #Kinshasa ce matin. Qui sont ces hommes armés en ténue civile qui opèrent avec la police congolaise? Sur cette vidéo, l'homme en chemise blanche pointe son arme sur les étudiants barricadés derrière une porte. pic.twitter.com/eZdLXVrBI4

— Aganze Rafiki (@AganzeRafiki) January 13, 2023

Uru rubuga rugira ruti “Mu kigo cya Kaminuza ya Kinshasa muri iki gitondo, abagabo bitwaje intwaro bari bambaye imyambaro ya gisivile, bakoranye n’umupolisi wa Congo.”

Ubu butumwa buherekeje aya mashusho, bukomeza bugira buti “Muri aya mashusho umugabo wambaye ishati y’umweru yarashe ku banyeshuri bari bicaye inyuma y’urugi.”

Muri aya mashusho, hagaragaramo abanyeshuri bo muri iyi kaminuza bakwirwa imishwaro biruka bakiza amagara ubwo aba bagabo babarasagaho.

Ibibazo bihungabanya umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze kugera ku rwego rwo hejuru, aho imitwe yitwaje intwaro ikomeje kugaba ibitero, bikunze kwibanda mu bice byitaruye imijyi, mu gihe iki cyabereye muri Kaminuza ya Kinshasa byabereye mu murwa w’iki Gihugu.

Iki gikorwa kibaye mu gihe umutwe wa M23 ukunze gufatwa nk’ikibazo gikomereye umutekano wa DRC nkuko bivugwa na Guverinoma y’Iki Gihugu, ukomeje kwamagana ibikorwa nk’ibi, ukaba wanamaganye iki cyabereye muri Kaminuza ya Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Wagira ngo zatumanyeho: Inyoni zagaragaye zitonze umurongo zifata akaruhuko mu Kivu rwagati

Next Post

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.