Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Vital Kamerhe uherutse gufungurwa yagaragaje umuti w’ibibazo by’umutekano mucye byazanywemo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in MU RWANDA
1
DRC: Vital Kamerhe uherutse gufungurwa yagaragaje umuti w’ibibazo by’umutekano mucye byazanywemo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Vital Kamerhe wabaye umuyobozi w’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uherutse gufungurwa, yahuye na Perezida Felix Tshisekedi bagirana ibiganiro, nyuma atanga ikiganiro cyanagarutse ku muti w’ibibazo by’umutekano mucye byashegeshe uburasirazuba bwa Congo.

Vital Kamerhe warekuwe mu cyumweru gishize nyuma yo kugirwa umwere ku cyaha cyo kunyereza Miliyoni 50 USD, yahuye na Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022.

Vital Kamerhe akibonana na Perezida, bombi bagaragaje ibyishimo bamwenyura, Tshisekedi ahita amubaza ati “Umeze ute Vital?” Ahita amusubiza agira ati “Ni ibyishimo nyakubahwa Perezida.”

Uyu munyapolitiki yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru dukesha Congo Avenir, yavuze ko yiteguye gukomeza gukorera Igihugu cye mu buryo bwose yaba ari mu myanya mikuru y’ubutegetsi cyangwa atayirimo.

Yagize ati “Si ngombwa ko uba Minisitiri w’Intebe, Perezida wa Repubulika cyangwa Minisitiri kugira ngo ufashe Igihugu cyane, niyo waba uri Umunyamakuru wakora neza umwuga ugafasha Igihugu cyawe.”

Vital Kamerhe arekuwe mu gihe mu Gihugu cye hakomeje kuba ibikorwa by’umutekano mucye biterwa n’imitwe yitwaje intwaro irimo M23 ikomeje guhangana na FARDC, aho u Rwanda rwongeye no kuzanwa muri ibi bibazo rushinjwa gufasha uyu mutwe, gusa rukaba rubihakana.

Abajijwe kuri ibi bibazo byo mu Burasirazuba bwa Congo anakomokamo, Vital Kamerhe yavuze ko kurandura ibi bibazo bigomba kugirwamo uruhare na buri wese yaba ubuyobozi, inzego z’umutekano ndetse n’abaturage.

Yavuze ko kurandura ibi bibazo bishoboka, ati “Ntabwo ari ubushobozi bw’ubwenge bwabuze, ntabwo ari ubushobozi bwabuze, ntabwo ari ubushobozi bw’amikoro bwabuze, tugomba kongera tukikebuka tukareba ku bijyanye n’igisirikare, tugakomeza urwego rw’umutekano kugira ngo tubashe guhagarara bwuma mu ntambara.”

Yavuze ko hakenewe kandi imbaraga mu rwego rwa Gisirikare ndetse no mu rwego rw’ububanyi n’amahanga.

Ati “Aho tuvuganira aha, hari uruhande rw’abantu basa nk’abasinziriye, si ku kibazo cya M23 gusa, ntidukwiye kwibagirwa ko ubwo twafataga ubutegetsi ku buyobozi bwa Perezida Tshisekedi wari ubuyoboye, ikibazo twagombaga gukemura byihuse cyari icyo muri Beni hamwe na ADF Nalu ndetse na CODECO muri Ituri.”

Yavuze ko abantu bakwiye kwibaza ko M23 itaje nk’ije guhuma abantu amaso ku byamaze kugerwaho n’ubuyobozi buriho, akavuga ko gukemura ibi bibazo by’umutekano mucye, bikwiye gukorerwa umugambi wizwe kandi watekerejweho neza kandi bigashyirwa mu bikorwa mu gihe nyacyo.

Vital Kamerhe yakiriwe na Perezida Tshisekedi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Boniface says:
    4 years ago

    Ni umuhanga cyane.

    Reply

Leave a Reply to Boniface Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Afurika Yunze Ubumwe yasabye Ethiopia na Sudan guhagarika vuba na bwangu ubushotoranyi bwa Gisirikare

Next Post

Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Related Posts

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

by radiotv10
11/02/2026
0

Following reports confirming that Erik Prince, the founder of the private military company Blackwater, deployed personnel and drones to the...

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC,...

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma y’uko mu kagari ka Gakoni ko mu murenge wa Muganza mu bihe bikurikiranye mu mudugudu umwe habonetse imibiri ibiri...

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

by radiotv10
11/02/2026
0

Umusore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango ukurikiranyweho kwica umubyeyi we (Se) amunize yarangiza akamushyira...

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

by radiotv10
10/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Umudepite wo mu Nteko y’u Bubiligi ufite inkomoka muri DRC washimagije Paul Rusesabagina,...

IZIHERUKA

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC
MU RWANDA

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

by radiotv10
11/02/2026
0

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

11/02/2026
Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.