Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

radiotv10by radiotv10
12/07/2022
in MU RWANDA
0
DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bwakiriye icyemezo kigaragaza ko Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyamaze kwinjiza mu mategeko yacyo amasezerano agishyira muri uyu muryango, cyatumye gihita kigira uburenganzira bwuzuye muri EAC.

Ni icyemezo cyakiriwe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mututu Mathuki kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022.

Iki cyemezo kigaragaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaze kwemeza amasezerano yo kujya muri uyu muryango, cyatannzwe na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Hon.Christophe Lutundula Apala Pen’ Apala.

Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, buvuga ko kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatanze iki cyemezo, bituma ihita “igira uburenganzira n’inyungu byuzuye kuri gahunda ndetse n’ibikorwa bya EAC ndetse ikaba igomba kubahiriza ibisabwa na EAC.”

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Dr Peter Mathuki yagize ati “Uyu munsi ufite igisobanuro gikomeye ku muryango no kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni igihe cy’amateka cyo kurangiza inzira kuri DRC ikaba ibaye umunyamuryango wuzuye wa w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Iki Gihugu kinjiye byuzuye muri EAC mu gihe kimaze iminsi gihanganye n’ibibazo by’umutekano biterwa n’umutwe wa M23 ukomeje guhangana n’igisirikare cy’Igihugu (FARDC).

Inama z’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango zirimo iyabaye tariki 20 Kamena 2022, zemeje ko uyu muryango ugiye kohereza itsinda ry’ingabo rihuriweho ryo guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Congo by’umwihariko uyu wa M23.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemejwe nk’umunyamuryango mushya wa EAC n’inama idasanzwe y’abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango yabaye tariki 29 Werurwe 2022.

Hon.Christophe Lutundula yashyikirije Dr Mathuki iki cyemezo
DRC yahise igira uburenganzira bwuzuye muri EAC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − ten =

Previous Post

Musanze: Hari abakigenda bidegembya bambaye ibirenge bamwe ngo inkweto zirababangamira

Next Post

Ibuka ku rwego rw’Igihugu yinjiye mu by’Umuyobozi wahagarariwe n’umutetsi mu gikorwa cyo Kwibuka

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibuka ku rwego rw’Igihugu yinjiye mu by’Umuyobozi wahagarariwe n’umutetsi mu gikorwa cyo Kwibuka

Ibuka ku rwego rw’Igihugu yinjiye mu by’Umuyobozi wahagarariwe n’umutetsi mu gikorwa cyo Kwibuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.