Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC yateguje u Rwanda ibindi bihano byisumbuye birimo no kwirukana Ambasaderi

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRC yateguje u Rwanda ibindi bihano byisumbuye birimo no kwirukana Ambasaderi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yavuze ko iki Gihugu kiteguye gufatira u Rwanda ibindi bihano birimo no kwirukana Ambasaderi warwo ngo mu mu gihe rutahagarika ibyo DRC irushinja.

Patrick Muyaya usanzwe ari na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru muri Guverinoma ya DRC, yabitangaje mu kiganiro ‘Appels sur l’actualité’ cyatambuse kuri Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa [RFI] kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022.

Muri iki kiganiro cyagarutse ku ngingo zinyuranye zireba politiki ya DRC, kibanze cyane ku bibazo by’umutekano mucye uri guterwa n’umutwe wa M23.

Patrick Muyaya yongeye gushinja u Rwanda kuba ari rwo nyirabayazana w’ibi bikorwa by’umutekano mucye uri muri Congo.

Yavuze ko Guverinoma y’Igihugu itazayaza kuvuga ko mu gihe u Rwanda rutagaragaza ubushake bwo guhagarika ibi rushinjwa, izafata izindi ngamba zirenze izo yafashe zishobora no kugera ku kwirukana Ambasaderi warwo muri iki Gihugu.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iherutse guhagarika amasezerano yose isanzwe ifitanye n’u Rwanda.

Ibi bihano byahereye ku guhagarika ingendo za Sosiyeye y’Indege y’u Rwanda [RwandAir] zerecyeza muri DRC, zakurikiwe n’iki cyemezo cyo guhagarika amasezerano yose nyuma yuko bisabwe n’inama y’akanama kihariye k’umutekano yayobowe na Perezida Felix Tshisekedi.

Mu kiganiro na RFI, Patrick Muyaya yemeje kandi ko Ingabo z’u Rwanda zitari mu zigize itsinda ry’ingabo zo mu Bihugu bigize EAC zizoherezwa muri Congo.

Patrick Muyaya wagaragazaga uruhande rwiza ku Gihugu cye, yavuze ko batari mu ntambara ahubwo ko “turi kurinda ubusugire bwacu kuko ntabwo turi ba gashozantambara, ntabwo twigeze twambukiranya imipaka ngo duteze ibibazo ahandi.”

Yakomeje ashinja u Rwanda kurasa ibisasu mu Gihugu cyabo ngo bigahitana abana babiri barimo uw’imyaka 6 n’uw’ 7.

Gusa u Rwanda rwo rwahakanye ibi birego, ruvuga ko igisirikare cyarwo kidashobora kurenga ku bunyamwuga kizwiho ku rwego mpuzamahanga ngo kijye gutera ibibazo ahandi.

Guverinoma y’u Rwanda yagiye igaragaza ahubwo ibimenyetso simusiga ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari yo yakomeje gushotora u Rwanda kuko kuva muri Werurwe, FARDC yarashe ibisasu inshuri eshatu mu Rwanda birimo n’ibyakomerekeje abaturage.

Ikindi kimenyetso cy’ubushotoranyi kinaheruka, ni umusirikare umwe wa FARDC uherutse kwinjira mu Rwanda akarasa abaturage n’abapolisi ku mupaka, ariko na we akaraswa n’Umupolisi w’u Rwanda agahita ahasiga ubuzima.

Muri iki kiganiro na RFI, Patrick Muyaya wagaragazaga ko Igihugu cye ari umwere, yavuze ko nubwo umuturanyi wacyo akunda intambara ariko ngo Congo yarubaniye neza ndetse ko kugeza ubu abaturage b’Ibihugu byombi bakomeje kugenderanira banyuze ku mipaka isanzwe.

Uyu munyapolitiki aravuga ibi mu gihe Abanye-Congo b’i Goma baherutse kwigabiza umupaka uhuza Igihugu cyabo n’u Rwanda bagasha kwinjira mu Rwanda ku ngufu byakwanga bagafata amabuye menshi bagatera mu Rwanda.

Aba Banye-Congo kandi baniraye mu maduka y’Abanyarwanda ari i Goma barayamenagura barayahura.

Muyaya we akomeza avuga ko ubu bari mu nzira zo kuganira n’u Rwanda ariko ngo rukomeje kugaragaza ubushake bucye

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, aherutse gutangaza ko ibi birego bikomeje kuzamurwa n’Ubutegetsi bwa Congo byumwihariko Perezida Felix Tshisekedi, ari urwitwazo rwo kwihunza inshingano zo gukemura ibibazo biri imbere mu Gihugu cye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − seven =

Previous Post

Rubavu: Ashinjwa amarozi we akavuga ko ari ishyari bamugirira, ati “bazazane uwo nishe bamwerekane”

Next Post

Hamenyekanye ibyavuye mu iperereza ry’ibanze kuri ruswa inugwanugwa muri FERWAFA

Related Posts

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ibyavuye mu iperereza ry’ibanze kuri ruswa inugwanugwa muri FERWAFA

Hamenyekanye ibyavuye mu iperereza ry’ibanze kuri ruswa inugwanugwa muri FERWAFA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.