• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC yateguje u Rwanda ibindi bihano byisumbuye birimo no kwirukana Ambasaderi

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRC yateguje u Rwanda ibindi bihano byisumbuye birimo no kwirukana Ambasaderi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yavuze ko iki Gihugu kiteguye gufatira u Rwanda ibindi bihano birimo no kwirukana Ambasaderi warwo ngo mu mu gihe rutahagarika ibyo DRC irushinja.

Patrick Muyaya usanzwe ari na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru muri Guverinoma ya DRC, yabitangaje mu kiganiro ‘Appels sur l’actualité’ cyatambuse kuri Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa [RFI] kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022.

Muri iki kiganiro cyagarutse ku ngingo zinyuranye zireba politiki ya DRC, kibanze cyane ku bibazo by’umutekano mucye uri guterwa n’umutwe wa M23.

Patrick Muyaya yongeye gushinja u Rwanda kuba ari rwo nyirabayazana w’ibi bikorwa by’umutekano mucye uri muri Congo.

Yavuze ko Guverinoma y’Igihugu itazayaza kuvuga ko mu gihe u Rwanda rutagaragaza ubushake bwo guhagarika ibi rushinjwa, izafata izindi ngamba zirenze izo yafashe zishobora no kugera ku kwirukana Ambasaderi warwo muri iki Gihugu.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iherutse guhagarika amasezerano yose isanzwe ifitanye n’u Rwanda.

Ibi bihano byahereye ku guhagarika ingendo za Sosiyeye y’Indege y’u Rwanda [RwandAir] zerecyeza muri DRC, zakurikiwe n’iki cyemezo cyo guhagarika amasezerano yose nyuma yuko bisabwe n’inama y’akanama kihariye k’umutekano yayobowe na Perezida Felix Tshisekedi.

Mu kiganiro na RFI, Patrick Muyaya yemeje kandi ko Ingabo z’u Rwanda zitari mu zigize itsinda ry’ingabo zo mu Bihugu bigize EAC zizoherezwa muri Congo.

Patrick Muyaya wagaragazaga uruhande rwiza ku Gihugu cye, yavuze ko batari mu ntambara ahubwo ko “turi kurinda ubusugire bwacu kuko ntabwo turi ba gashozantambara, ntabwo twigeze twambukiranya imipaka ngo duteze ibibazo ahandi.”

Yakomeje ashinja u Rwanda kurasa ibisasu mu Gihugu cyabo ngo bigahitana abana babiri barimo uw’imyaka 6 n’uw’ 7.

Gusa u Rwanda rwo rwahakanye ibi birego, ruvuga ko igisirikare cyarwo kidashobora kurenga ku bunyamwuga kizwiho ku rwego mpuzamahanga ngo kijye gutera ibibazo ahandi.

Guverinoma y’u Rwanda yagiye igaragaza ahubwo ibimenyetso simusiga ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari yo yakomeje gushotora u Rwanda kuko kuva muri Werurwe, FARDC yarashe ibisasu inshuri eshatu mu Rwanda birimo n’ibyakomerekeje abaturage.

Ikindi kimenyetso cy’ubushotoranyi kinaheruka, ni umusirikare umwe wa FARDC uherutse kwinjira mu Rwanda akarasa abaturage n’abapolisi ku mupaka, ariko na we akaraswa n’Umupolisi w’u Rwanda agahita ahasiga ubuzima.

Muri iki kiganiro na RFI, Patrick Muyaya wagaragazaga ko Igihugu cye ari umwere, yavuze ko nubwo umuturanyi wacyo akunda intambara ariko ngo Congo yarubaniye neza ndetse ko kugeza ubu abaturage b’Ibihugu byombi bakomeje kugenderanira banyuze ku mipaka isanzwe.

Uyu munyapolitiki aravuga ibi mu gihe Abanye-Congo b’i Goma baherutse kwigabiza umupaka uhuza Igihugu cyabo n’u Rwanda bagasha kwinjira mu Rwanda ku ngufu byakwanga bagafata amabuye menshi bagatera mu Rwanda.

Aba Banye-Congo kandi baniraye mu maduka y’Abanyarwanda ari i Goma barayamenagura barayahura.

Muyaya we akomeza avuga ko ubu bari mu nzira zo kuganira n’u Rwanda ariko ngo rukomeje kugaragaza ubushake bucye

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, aherutse gutangaza ko ibi birego bikomeje kuzamurwa n’Ubutegetsi bwa Congo byumwihariko Perezida Felix Tshisekedi, ari urwitwazo rwo kwihunza inshingano zo gukemura ibibazo biri imbere mu Gihugu cye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 13 =

Previous Post

Rubavu: Ashinjwa amarozi we akavuga ko ari ishyari bamugirira, ati “bazazane uwo nishe bamwerekane”

Next Post

Hamenyekanye ibyavuye mu iperereza ry’ibanze kuri ruswa inugwanugwa muri FERWAFA

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hamenyekanye ibyavuye mu iperereza ry’ibanze kuri ruswa inugwanugwa muri FERWAFA

Hamenyekanye ibyavuye mu iperereza ry’ibanze kuri ruswa inugwanugwa muri FERWAFA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.