Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo: Imirwano yahinduye isura ubu na MONUSCO yayinjiyemo na Kajugujugu

radiotv10by radiotv10
23/05/2022
in MU RWANDA
0
DRCongo: Imirwano yahinduye isura ubu na MONUSCO yayinjiyemo na Kajugujugu
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano iri guhuza ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, yafashe indi sura aho ubu ingabo z’umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) na zo zayinjiyemo zikoresheje indege z’intambara.

Iyi mirwano yakomeye cyane mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje nyuma y’uko MONUSCO itangaje ko M23 yabasagariye ikabatera ndetse ikanatera FARDC ahitwa Sgangi muri Teritwari ya Rutshuru.

La Cheffe de la #MONUSCO, Bintou Keita, condamne les attaques du #M23 contre les @FARDC_off et la MONUSCO, ce matin dans la zone de #Shangi,(Rutshuru)

Elle rend hommage à la bravoure et à la détermination des casques bleus qui ont riposté à ces attaques. pic.twitter.com/qKcxtRrjy8

— MONUSCO (@MONUSCO) May 22, 2022

MONUSCO yahise itangiza ibikorwa byo guhangana n’uyu mutwe wa M23, aho iri kwifashisha indeje z’intambara za Kajugujugu aho yatangiye kumisha ibisasu kuri aba barwanyi ndetse inarashisha imbunda za karahabutaka.

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bigaragara ko yafashwe mu masaha akuze, agaragaza indege z’intambara ziri kumisha ibisasu muri ibi bice Shangi, Runyoni muri Teritwari ya Rutshuru.

Ubuyobozi bw’umutwe wa wa M23 bwatangaje ko kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Gicurasi 2022, MONUSCO yari ikomeje kubarasaho ibisasu biremereye.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yatangaje ko ibi bikorwa byo kuraswaho, biri gukorwa ku bufatanye bwa MONUSCO n’ingabo za Leta (FARDC).

Abaturage batuye hafi y’utu duce turi kuberamo iyi mirwano, barimo n’abo mu Rwanda mu bice bya Musanze, baravuga ko bakomeje kumva urusaku rw’imbunda zirimo n’iziremereye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 14 =

Previous Post

Huye: Uwishe umugore we amuhoye kumubwira ko inda atwite atari iye yakatiwe burundu

Next Post

Gutanga pase: Abenshi bemeza ko biganisha mu buriri, mu mategeko bishobora kuba icyaha

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gutanga pase: Abenshi bemeza ko biganisha mu buriri, mu mategeko bishobora kuba icyaha

Gutanga pase: Abenshi bemeza ko biganisha mu buriri, mu mategeko bishobora kuba icyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.