Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in AMAHANGA
0
DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri wari uri kurangiza amasomo ye wari uri kwimenyereza umwuga mu ishuri rya Tshibala Sainte Marie muri Teritwari ka Kazumba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishwe n’umuhungu w’Umupolisi wo ku rwego rwa Ofisiye, amuteye icyuma.

Ibi byabaye mu masaha y’ijoro nk’uko byatangajwe na bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bo mu gace ka Tshibala.

Uyu munyeshuri wishwe, yari mu mwaka wa nyuma akaba yari ari kwimenyereza umwuga mu Ishuri rya Tshibala Sainte Marie, riherereye mu bilometero 180 mu majyepfo ashyira uburengerazuba muri Teritwari ya Kazumba.

Umuyobozi wa Segiteri ya Mboie, Pierre Kashinda, yagize ati “Byabaye ahagana saa moya z’ijoro. Umuhungu w’umupolisi uzwiho kunywa inzoga nyinshi agasinda yashakaga kwiba telefone uwo munyeshuri. Ubwo yageragezaga kumurwanya, yamuteye icyuma mu gatuza.”

Uyu muyobozi yavuze ko uyu wivuganye uyu munyeshuri, yagerageje gutoroka, ariko akaza gutabwa muri yombi n’inzego.

Aka gace kabereyemo ubu bwicanyi, kamaze iminsi kagaragaramo urugomo rukabije, dore ko haherutse no gutwikwa inzu 24 zirimo n’iy’umuryango w’uyu munyeshuri wishwe, ndetse n’urusengero.

Umudepite uhagarariye aka kace ka Kazumba, Pierre Sosthène Kambidi arasaba inzego nkuru za Leta kugira icyo ikora ku bikorwa by’urugomo bikomeje kubera muri aka agace, byumwihariko ubutabera bugakora akazi kabwo ku bari inyuma y’ibi bikorwa, kandi uyu wivuganye uyu munyeshuri agakanirwa urumukwiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Amahirwe ku bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

Next Post

Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu

Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.