Friday, August 28, 2026
RW|EN
AMAHANGA

DRCongo yatangiye gutanga urukingo rw’icyorezo cya Ebola gikomeje guhitana benshi

DRCongo yatangiye gutanga urukingo rw’icyorezo cya Ebola gikomeje guhitana benshi

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangiye guha abaturage urukingo rwa Ebola, mu gihe ubuyobozi bukomeje ibikorwa byihutirwa byo guhangana n’icyorezo igikomeye kurusha ibindi byose igihugu cyigeze guhura na byo.

Igikorwa cyo gukingira cyatangiriye i Kisangani, umurwa mukuru w’intara ya Tshopo, aho abakozi bo mu rwego rw’ubuzima n’abandi bari ku murongo wa mbere mu guhangana n’iki cyorezo ari bo babanje gukingirwa, Nyuma yaho, hakazakingirwa abantu bagize aho bahurira cyane n’abarwayi, kugira ngo na bo barindwe kwandura iki cyorezo.

Minisitiri w’Ubuzima wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Dr. Samuel-Roger Kamba, yagize ati “Nyuma yo kugisha inama abahanga bacu bakomeye, twafashe umwanzuro wo gukoresha urukingo rwa Ervebo, urukingo rwamaze kugaragaza ko rukora neza. Mbere na mbere, turashaka kurinda abari ku murongo w’imbere mu guhanga n’iki cyorezo , cyane cyane abakozi bacu bo mu rwego rw’ubuzima.

Nyuma yaho, tuzakomeza dukingire abantu bagize aho bahurira cyane n’abarwayi, kugira ngo na bo tubarinde. Hanyuma, ibi nibimara kwemezwa ko byafasha mu guhanga n’iki cyorezo, tuzagura gahunda yo gukingira igere ku bantu bose bafite ibyago byinshi byo kwandura.

Kugeza ubu, tumaze kwakira inkingo zirenga 50,000. Ni yo mpamvu tugiye gutangira iki gikorwa cyo gukingira.”

Icyorezo cya Ebola kimaze gukwira mu ntara esheshatu za Congo. Arizo intara ya Tshopo, Ituri, Kivu y’amajyaruguru n’iyamajyepfo , intara ya Haut-Uele ndetse Bas-Uele.

Imibare ya Leta igaragaza ko abantu barenga 5,700 bamaze kwemezwa ko banduye Ebola, mu gihe abarenga 2,700 yamaze kubahitana, Ibi bivuze ko hafi 48% by’abantu banduye Ebola mu buryo bwemejwe bamaze gupfa.

Ni mugihe Ibikorwa byo guhangana n’iki cyorezo nabyo ngo  birimo kugorana kubera umutekano muke, abaturage bakomeje guhunga, n’ingendo nyinshi z’abantu ndetse n’imyigaragambyo y’abakozi bo mu rwego rw’ubuzima.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS ryaburiye ko iki cyorezo kitaragenzurwa, ndetse ko gishobora kurenga icyorezo cya Ebola cyabaye muri Afurika y’Iburengerazuba hagati ya 2014 na 2016, cyahitanye abantu barenga 11,000.

Kugeza ubu, Congo imaze kwakira inkingo za Ervebo zirenga 50,000, mu gihe izindi nkingo zatanzwe kugira ngo zikoreshwe mu bushakashatsi.

Nubwo ariko ibikorwa byo gukingira byatangiye, urukingo ruri gukoreshwa ntabwo rwagenewe Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, kuko urukingo rwa Ervebo rwemewe gukoreshwa mu kurwanya Ebola yo mu bwoko ubwa Zaire.

Kugeza ubu, nta rukingo rwemewe by’umwihariko rwo kurwanya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo ruraboneka

Icyakora ubuyobozi bwa Congo buri gukoresha Ervebo muri gahunda yihariye yemerera abarwayi n’abari mu byago kuyihabwa, mu gihe abashakashatsi bakomeje gukusanya amakuru kugira ngo bamenye niba uru rukingo rushobora no kurinda abantu kwandura ubu bwoko bwa Ebola.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 3 =