Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dusubize amaso inyuma twibukiranye ibyaranze umubano w’u Rwanda n’u Burundi wongeye kugwamo igitotsi

radiotv10by radiotv10
16/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Dusubize amaso inyuma twibukiranye ibyaranze umubano w’u Rwanda n’u Burundi wongeye kugwamo igitotsi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imyaka itatu yari imaze gutanga icyizere mu mubano w’u Rwanda n’u Burundi ariko ikaba isojwe no kwirukana Abanyarwanda i Burundi; na mbere y’iyi myaka, umubano w’Ibihugu byombi wagiye uzamo igitotsi ariko impande zombi zikagitokora. Twibukiranye ibyaranze uyu mubano w’Ibihugu by’ibivandimwe. 

Mu myaka umunani ishize irimo itanu yikurikiranya yaranzwe n’ibibazo bya politike mu mikoranire y’u Rwanda n’u Burundi. Tariki 13 Gicurasi 2015 yasize igitotsi gikomeye mu mibanire y’Ibihugu byombi. U Burundi bwavugaga ko u Rwanda rucumbikiye abagerageje guhirika ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Icyakora muri 2021 i Bujumbura habaye icyo bafashe nk’igitangaza, aho hari ku munsi wo kwizihiza imyaka 59 u Burundi bwari bumaze bubonye ubwigenge.

Icyo gihe Perezida Perezida Ndayishimiye warebaga imbere ye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edourard Ngirente, yagize ati “Niba mubibona neza Abarundi uru rugendo mugize hano ni nk’igitangaza babonye mu gihe hari hashize iminsi tutabanye neza. Ibi bitanga icyizere ko kiriya gitabo tumaze igihe twandika tugomba kugifungura tukagisomera hamwe. Hanyuma tugifunge dutangire ikindi gice cy’icyo gitabo.”

Icyo ni nacyo gikorwa cya mbere gikomeye Perezida w’u Burundi Eraviste Ndayishimiye yayoboye, ndetse Minisitiri w’intebe w’u Rwanda ni we muyobozi mukuru mu Rwanda wari ugiye i Burundi mu myanka 6 yabanjirije urwo rugendo.

Urwo rugendo rwabanjirijwe n’inama zahuje abayobozi mu nzego zitandukanye z’Ibihugu byombi zari ziyobowe n’abakuru ba dipolomasi.

Kuva icyo gihe Ibihugu byombi byatangiye guhuza imvugo ku iherezo ry’ibibazo byari bimaze imyaka ingana ityo hagati yabyo.

Muri Gicurasi (05) 2022 Perezida Paul Kagame yabivugiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

Yagize ati “Navuga rero ko hari intambwe igenda iterwa ishimishije. Ngira ngo mubihe biri imbere umubano uraza kugenda urushaho kuba mwiza, n’Abarundi n’Abanyarwanda babane uko bikwiriye uko byari bisanzwe.”

Muri uwo mwaka, Perezida w’u Burundi nawe yatanze icyizere gifitanye isano n’icya mugenzi we. Aho yagize ati “urubanza rwaciwe n’imana. Tuzakomeza tubane.”

Nyuma y’amezi ane Abakuru b’ibihugu byombi bavuze ibyo; u Burundi bwafashe umwanzuro wo gufungura inzira zo kubutaka zari zimaze imyaka itandatu zifunze.

Icyakora iki cyemezo ntigitinze kuko nyuma y’umwaka n’amezi ane; inzira zo ku butaka zongeye gufungwa, ndetse uyu mwanzuro uzana n’ingamba zikomeye ku Banyarwanda bari i Burundi.

MinisitIri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umutekano mu Burundi, Martin Niteretse ubwo yavugaga iby’iki cyemezo, yagize ati “uyu munsi twafashe icyemezo cyo gufunga imipaka, kandi ntawe utambuka. Icyemezo cyafashwe, ntihagire uvuga ngo aciye Gasenyi cyangwa ku Kanyaru ngo agiye mu Rwanda, abaho ntabo dukeneye, n’abari hano turabirukana.”

 

Umubano ni nk’imihindagurikire y’ibihe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Amb Albert Shingiro agereranya umubano w’ibi Bihugu byombi, n’imihindagurikire y’ibihe.

Yagize ati “Imibanire y’Ibihugu nayigereranya nk’imihindagurikire ry’ibihe. Mu mibanire y’u burundi n’u Rwanda hari igihe imvura igwa ari nyinshi ikonona ibihingwa byinshi cyangwa ikagwa neza. Hari igihe tugera mu bihe bibi ariko nk’uko babivuga mu Kirundi ntamvura idahita. Niba ubu turi mu bihe by’imvura nyinshi, hazagera igihe hagwe nkeya cyangwa hacye izuba ricye hanyuma imibanire isubire kuba myiza.”

U Rwanda na rwo ruvuga ko rugishyize imbere inzira y’ibiganiro, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda.

Yagize ati “Icyo u Rwanda rukora ni uko ruguma aho ruhagaze ku nzira yo kuganira ku kibazo cyose cyaba gihari, ku nzira y’imishyikirano kugira ngo ibintu bumva ko biteye ikibazo bibonerwe umuti.”

Iyi mihindagurikire y’ibihe mu mibanire y’u Rwanda n’uburundi; mu gihe yari yatanze agahenge yagaragaje ko kwiyunga bishoboka. Mu kwezi kwa 2/2023 Perezida Paul Kagame yaze i Burundi nyuma y’imyaka 10 yari amaze atajyayo. Nubwo yari agiye mu nama z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabareye i Bujumbura; bamwe bavuze ko binatanga ubutumwa mu mibanire y’Ibihugu byombi.

Visi perezida w’u Burundi, Prosper Bazombanza na we yaje i Kigali, mu nama yiga ku iterambere ry’ubukerarugendo. Madamu Jeannette Kagame na mugenzi we w’u Burundi, na bo bahuriye mu Bihugu byombi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 6 =

Previous Post

Haravugwa inkuru nziza muri Rayon nyuma y’intsinzwi yatumye bamwe barira amarira agashoka

Next Post

Abasenyewe na Sebeya ubwo ibiza byahitanaga benshi bafashe icyemezo cy’amaburakindi

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasenyewe na Sebeya ubwo ibiza byahitanaga benshi bafashe icyemezo cy’amaburakindi

Abasenyewe na Sebeya ubwo ibiza byahitanaga benshi bafashe icyemezo cy’amaburakindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.