Friday, May 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA
0
EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Uhuru Kenyatta unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yemeje ko Ingabo zihuriweho z’uyu muryango zigomba kohereza mu bice bimwe bya DRC bikomeje kuzahazwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Mu ibaruwa yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu, Perezida Uhuru Kenyatta yibukije ko tariki 21 Mata 2022, yakiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC igafatirwamo ibyemezo bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yatangaje kandi ko tariki 14 na 15 Kamena 2022 yagiranye ibiganiro binyuranye na bagenzi be bo mu karere kuri telefone, akabahamagarira gukomeza kurangwa n’umuhate ugamije gushyira mu bikorwa ingamba ziyemejwe zaba iz’inzira za Politiki n’iza Gisirikare mu rwego rwo kubaka amahoro arambye muri DRC.

Yavuze ko bitewe n’impungenge z’ibikorwa bihungabanya umutekano bimaze iminsi micye byongeye kugaragara mu bice bimwe by’iki Gihugu, abona bishaka gukoma mu nkokora izi ngamba ndetse n’ibiganiro byari byarangiye i Nairobi hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’imitwe buhanganye na yo.

Ati “Hagati aho, ndahamagarira guhagarika ibikorwa by’intambara n’ibirwanya ingamba zashyizwe bibera mu Burasirazuba bwa DRC kandi imitwe yitwaje intwaro yose yaba ikomoka mu Gihugu n’ikomoka hanze igashyira hasi intwaro vuba na bwangu ikayoboka inzira za politiki.”

Yagarutse ku bice bimwe bikomeje kugaragaramo ibikorwa by’umutekano mucye birimo Ituri, ibyo muri Ntara ya Kivu ya Ruguru nka Bunagana, Bugusa, Petits Nord na Masisi ndetse no muri Kivu y’Epfo, asaba ko imitwe yose irimo ifite intwaro kuhava, hakoherezwa inzego z’umutekano zemewe mu bikorwa byo kwambura intwaro abo barwanyi.

Ati “Mu gushyira mu bikorwa ibyo, ndamenyesha itangizwa ry’ibikorwa by’ingabo zihuriweho z’akare ka Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida Uhuru Kenyatta wavuze ko iri tsinda riri mu myanzuro yafashwe tariki 21 Mata 2022, yavuze ko mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iyi gahunda, ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022 abagaba bakuru b’ingabo zo mu Bihugu bya EAC bazakorera inama i Nairobi muri Kenya mu rwego rwo gushyira akadomo ku myiteguro yo kohereza ingabo muri DRC.

Ati “Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba uzohereza ingabo muri Ituri no mu Ntara za Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo mu kugarura ituze muri ibyo bice no kubungabunga amahoro mu rwego rwo gufasha inzego z’umutekano za DRC zinafatanyije na MONUSCO.”

Izi ngabo za EAC zizakorana n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ku rwego rw’Intara mu nzira zo kwambura intwaro iyi mitwe hakurikijwe gahunda isanzweho ya DDRCS (Desarmement, Demobilisation, Relevement Communotaire et Stabilisation).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + six =

Previous Post

Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

Next Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Related Posts

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

by radiotv10
22/05/2026
0

Leta y’u Rwanda yashyizeho abagize itsinda rya komisiyo yo ku rwego rwo hejuru ishinzwe kwiga no gusesengura gahunda yo kwegurira...

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

by radiotv10
22/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko mu gihe cyo gushaka ibyangombwa byo kubaka, nta faranga na rimwe umuntu yakwa, ahubwo...

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

by radiotv10
22/05/2026
0

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Ujekuvuka Emmanuel uzwi nka Marchal Ujeku, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ibyaha birimo cyo kwihesha...

Ibiyobyabwenge byinshi birimo ibilo 480 by’urumogi byangirijwe imbere y’abaturage

Ibiyobyabwenge byinshi birimo ibilo 480 by’urumogi byangirijwe imbere y’abaturage

by radiotv10
22/05/2026
0

Mu bukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage bugamije gukumira no kurwanya ibyaha, mu Karere ka...

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Ubutumwa bwahawe uwari Umuvugizi wa RDF ku nshingano zo kuyobora Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye

by radiotv10
21/05/2026
0

Minisitiri w’Ingabo muri Uganda, Jacob Marksons Oboth yabwiye Brig Gen Ronald Rwivanga ko inshingano yahawe zo kuyobora Umutwe w’Ingabo z’Ibihugu...

IZIHERUKA

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta
MU RWANDA

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

by radiotv10
22/05/2026
0

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

22/05/2026
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

22/05/2026
Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

22/05/2026
Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

22/05/2026
Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

22/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.