• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Saturday, June 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA
0
EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Uhuru Kenyatta unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yemeje ko Ingabo zihuriweho z’uyu muryango zigomba kohereza mu bice bimwe bya DRC bikomeje kuzahazwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Mu ibaruwa yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu, Perezida Uhuru Kenyatta yibukije ko tariki 21 Mata 2022, yakiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC igafatirwamo ibyemezo bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yatangaje kandi ko tariki 14 na 15 Kamena 2022 yagiranye ibiganiro binyuranye na bagenzi be bo mu karere kuri telefone, akabahamagarira gukomeza kurangwa n’umuhate ugamije gushyira mu bikorwa ingamba ziyemejwe zaba iz’inzira za Politiki n’iza Gisirikare mu rwego rwo kubaka amahoro arambye muri DRC.

Yavuze ko bitewe n’impungenge z’ibikorwa bihungabanya umutekano bimaze iminsi micye byongeye kugaragara mu bice bimwe by’iki Gihugu, abona bishaka gukoma mu nkokora izi ngamba ndetse n’ibiganiro byari byarangiye i Nairobi hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’imitwe buhanganye na yo.

Ati “Hagati aho, ndahamagarira guhagarika ibikorwa by’intambara n’ibirwanya ingamba zashyizwe bibera mu Burasirazuba bwa DRC kandi imitwe yitwaje intwaro yose yaba ikomoka mu Gihugu n’ikomoka hanze igashyira hasi intwaro vuba na bwangu ikayoboka inzira za politiki.”

Yagarutse ku bice bimwe bikomeje kugaragaramo ibikorwa by’umutekano mucye birimo Ituri, ibyo muri Ntara ya Kivu ya Ruguru nka Bunagana, Bugusa, Petits Nord na Masisi ndetse no muri Kivu y’Epfo, asaba ko imitwe yose irimo ifite intwaro kuhava, hakoherezwa inzego z’umutekano zemewe mu bikorwa byo kwambura intwaro abo barwanyi.

Ati “Mu gushyira mu bikorwa ibyo, ndamenyesha itangizwa ry’ibikorwa by’ingabo zihuriweho z’akare ka Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida Uhuru Kenyatta wavuze ko iri tsinda riri mu myanzuro yafashwe tariki 21 Mata 2022, yavuze ko mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iyi gahunda, ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022 abagaba bakuru b’ingabo zo mu Bihugu bya EAC bazakorera inama i Nairobi muri Kenya mu rwego rwo gushyira akadomo ku myiteguro yo kohereza ingabo muri DRC.

Ati “Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba uzohereza ingabo muri Ituri no mu Ntara za Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo mu kugarura ituze muri ibyo bice no kubungabunga amahoro mu rwego rwo gufasha inzego z’umutekano za DRC zinafatanyije na MONUSCO.”

Izi ngabo za EAC zizakorana n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ku rwego rw’Intara mu nzira zo kwambura intwaro iyi mitwe hakurikijwe gahunda isanzweho ya DDRCS (Desarmement, Demobilisation, Relevement Communotaire et Stabilisation).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + eleven =

Previous Post

Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

Next Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Related Posts

RIB yerekanye abakekwaho kwiba telefone zifite agaciro ka Miliyoni 40Frw

RIB yerekanye abakekwaho kwiba telefone zifite agaciro ka Miliyoni 40Frw

by radiotv10
19/06/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu 11 bakekwaho ibyaha birimo ibifitanye isano n'ubujura bwa telefone 140 zifite agaciro ka miliyoni...

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

by radiotv10
19/06/2026
0

Sena y’u Rwanda yemeje ishyirwaho ry’abayobozi baherutse guhabwa imyanya, barimo Abambasaderi nka Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake Emmanuel, Maj Gen...

Intumwa z’urwego rw’umutekano muri Nigeria zasobanuriwe ingaruka ziterwa na FDLR

Intumwa z’urwego rw’umutekano muri Nigeria zasobanuriwe ingaruka ziterwa na FDLR

by radiotv10
19/06/2026
0

Mu rugendoshuri rw’icyumweru intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru ry’Igihugu cya Nigeria ry’Ubushakashatsi ku Mutekano (NISS), ziri kugirira mu Rwanda, zasobanuriwe...

Homeschooling vs Traditional Schooling: Which One Is Better?

Homeschooling vs Traditional Schooling: Which One Is Better?

by radiotv10
19/06/2026
0

For many years, traditional schools have been the standard way of educating children. Students attend classes, interact with teachers and...

Umuvugizi w’u Rwanda yanenze Tshisekedi wakoresheje nabi umwanya w’ibyishimo byatanzwe n’ikipe ya Congo akawuvangamo Politiki idakwiye

Umuvugizi w’u Rwanda yanenze Tshisekedi wakoresheje nabi umwanya w’ibyishimo byatanzwe n’ikipe ya Congo akawuvangamo Politiki idakwiye

by radiotv10
19/06/2026
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko nyuma yuko ikipe y’Igihugu ya DRC itanze ibyishimo ku Banyafurika, Perezida...

Next Post
Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Igisubizo giteza urujijo cy’umugabo w’umunyemari Zari ubwo yari abajijwe ku gutandukana kwabo

RIB yerekanye abakekwaho kwiba telefone zifite agaciro ka Miliyoni 40Frw

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku magambo Tshisekedi yatukiyemo Kabila yasimbuye yanamaganywe n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.