Wednesday, March 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA
0
EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Uhuru Kenyatta unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yemeje ko Ingabo zihuriweho z’uyu muryango zigomba kohereza mu bice bimwe bya DRC bikomeje kuzahazwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Mu ibaruwa yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu, Perezida Uhuru Kenyatta yibukije ko tariki 21 Mata 2022, yakiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC igafatirwamo ibyemezo bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yatangaje kandi ko tariki 14 na 15 Kamena 2022 yagiranye ibiganiro binyuranye na bagenzi be bo mu karere kuri telefone, akabahamagarira gukomeza kurangwa n’umuhate ugamije gushyira mu bikorwa ingamba ziyemejwe zaba iz’inzira za Politiki n’iza Gisirikare mu rwego rwo kubaka amahoro arambye muri DRC.

Yavuze ko bitewe n’impungenge z’ibikorwa bihungabanya umutekano bimaze iminsi micye byongeye kugaragara mu bice bimwe by’iki Gihugu, abona bishaka gukoma mu nkokora izi ngamba ndetse n’ibiganiro byari byarangiye i Nairobi hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’imitwe buhanganye na yo.

Ati “Hagati aho, ndahamagarira guhagarika ibikorwa by’intambara n’ibirwanya ingamba zashyizwe bibera mu Burasirazuba bwa DRC kandi imitwe yitwaje intwaro yose yaba ikomoka mu Gihugu n’ikomoka hanze igashyira hasi intwaro vuba na bwangu ikayoboka inzira za politiki.”

Yagarutse ku bice bimwe bikomeje kugaragaramo ibikorwa by’umutekano mucye birimo Ituri, ibyo muri Ntara ya Kivu ya Ruguru nka Bunagana, Bugusa, Petits Nord na Masisi ndetse no muri Kivu y’Epfo, asaba ko imitwe yose irimo ifite intwaro kuhava, hakoherezwa inzego z’umutekano zemewe mu bikorwa byo kwambura intwaro abo barwanyi.

Ati “Mu gushyira mu bikorwa ibyo, ndamenyesha itangizwa ry’ibikorwa by’ingabo zihuriweho z’akare ka Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida Uhuru Kenyatta wavuze ko iri tsinda riri mu myanzuro yafashwe tariki 21 Mata 2022, yavuze ko mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iyi gahunda, ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022 abagaba bakuru b’ingabo zo mu Bihugu bya EAC bazakorera inama i Nairobi muri Kenya mu rwego rwo gushyira akadomo ku myiteguro yo kohereza ingabo muri DRC.

Ati “Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba uzohereza ingabo muri Ituri no mu Ntara za Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo mu kugarura ituze muri ibyo bice no kubungabunga amahoro mu rwego rwo gufasha inzego z’umutekano za DRC zinafatanyije na MONUSCO.”

Izi ngabo za EAC zizakorana n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ku rwego rw’Intara mu nzira zo kwambura intwaro iyi mitwe hakurikijwe gahunda isanzweho ya DDRCS (Desarmement, Demobilisation, Relevement Communotaire et Stabilisation).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

Next Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Related Posts

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

by radiotv10
10/03/2026
0

Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

by radiotv10
10/03/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze...

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
10/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yatangaje ko Perezida Paul Kagame n’abayobozi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda,...

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

by radiotv10
10/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo ubujura no gusambanya abana b’abakobwa babanje kubashukisha akazi bakoresheje...

Eng.-President Kagame in Paris, France

Eng.-President Kagame in Paris, France

by radiotv10
10/03/2026
0

The Rwandan Embassy in France announced that President Paul Kagame, along with leaders from the Rwanda Atomic Energy Board, is...

IZIHERUKA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe
AMAHANGA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

10/03/2026
Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

10/03/2026
Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

10/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.