Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA
0
EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Uhuru Kenyatta unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yemeje ko Ingabo zihuriweho z’uyu muryango zigomba kohereza mu bice bimwe bya DRC bikomeje kuzahazwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Mu ibaruwa yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu, Perezida Uhuru Kenyatta yibukije ko tariki 21 Mata 2022, yakiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC igafatirwamo ibyemezo bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yatangaje kandi ko tariki 14 na 15 Kamena 2022 yagiranye ibiganiro binyuranye na bagenzi be bo mu karere kuri telefone, akabahamagarira gukomeza kurangwa n’umuhate ugamije gushyira mu bikorwa ingamba ziyemejwe zaba iz’inzira za Politiki n’iza Gisirikare mu rwego rwo kubaka amahoro arambye muri DRC.

Yavuze ko bitewe n’impungenge z’ibikorwa bihungabanya umutekano bimaze iminsi micye byongeye kugaragara mu bice bimwe by’iki Gihugu, abona bishaka gukoma mu nkokora izi ngamba ndetse n’ibiganiro byari byarangiye i Nairobi hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’imitwe buhanganye na yo.

Ati “Hagati aho, ndahamagarira guhagarika ibikorwa by’intambara n’ibirwanya ingamba zashyizwe bibera mu Burasirazuba bwa DRC kandi imitwe yitwaje intwaro yose yaba ikomoka mu Gihugu n’ikomoka hanze igashyira hasi intwaro vuba na bwangu ikayoboka inzira za politiki.”

Yagarutse ku bice bimwe bikomeje kugaragaramo ibikorwa by’umutekano mucye birimo Ituri, ibyo muri Ntara ya Kivu ya Ruguru nka Bunagana, Bugusa, Petits Nord na Masisi ndetse no muri Kivu y’Epfo, asaba ko imitwe yose irimo ifite intwaro kuhava, hakoherezwa inzego z’umutekano zemewe mu bikorwa byo kwambura intwaro abo barwanyi.

Ati “Mu gushyira mu bikorwa ibyo, ndamenyesha itangizwa ry’ibikorwa by’ingabo zihuriweho z’akare ka Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida Uhuru Kenyatta wavuze ko iri tsinda riri mu myanzuro yafashwe tariki 21 Mata 2022, yavuze ko mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iyi gahunda, ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022 abagaba bakuru b’ingabo zo mu Bihugu bya EAC bazakorera inama i Nairobi muri Kenya mu rwego rwo gushyira akadomo ku myiteguro yo kohereza ingabo muri DRC.

Ati “Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba uzohereza ingabo muri Ituri no mu Ntara za Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo mu kugarura ituze muri ibyo bice no kubungabunga amahoro mu rwego rwo gufasha inzego z’umutekano za DRC zinafatanyije na MONUSCO.”

Izi ngabo za EAC zizakorana n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ku rwego rw’Intara mu nzira zo kwambura intwaro iyi mitwe hakurikijwe gahunda isanzweho ya DDRCS (Desarmement, Demobilisation, Relevement Communotaire et Stabilisation).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

Next Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

by radiotv10
12/03/2026
0

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje ko umwe mu barwanyije abapolisi bari mu kazi ko kurwanya...

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

by radiotv10
12/03/2026
0

SP Bernard Gatete, Umuyobozi w’itsinda ry’Abapolisi b'u Rwanda rivuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, yavuze ko bujuje inshingano...

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
12/03/2026
0

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. Mubarakh Muganga, bagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, byagarutse...

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
12/03/2026
0

Atete Kagorora Arianah wiga mu mashuri yisumbuye uherutse kwegukana umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika...

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umwe mu mikino y’irushanwa rya UEFA Champions League wahuje ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

by radiotv10
12/03/2026
0

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

12/03/2026
Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

12/03/2026
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

12/03/2026
U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

12/03/2026
Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

12/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.