Kwizera Emelyne wamamaye nka ‘Ishanga’ wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko yari yarabaswe n’ingeso zirimo ubusambanyi, ariko ubu yamaze guhinduka yabaye mushya, nyuma yo kwakira agakiza.
Ni mu butumwa bw’amashusho busa n’ubutanga ubuhamya yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, aho yasabaga abantu bari mu ngeso mbi, kuzireka, bakakira Yesu/Yezu.
Emelyne wagarutse ku ngeso mbi yanyuzemo, yemeje ko yakoze byinshi bibi, birimo bimwe mu biri kubara urubyiruko muri iki gihe, nko kunywa ibiyobyabwenge.
Ati “Nari umusambanyi, kunywa inzoga, ibiyobyabwenge, ubusinzi n’ibindi byinshi, ariko nyine Kristu aza guhindura ubuzima bwanjye, ybu ndi icyaremwe gishya, umwana w’Imana ndetse ndi umuragwa w’ijuru.”
Mu gucyebura ababaswe n’ibikorwa nk’ibi na we yamaze gutera umugongo, Emelyne yababwiye ko ntakinanira Yesu, ariko igikenewe ari uko batera intambwe imwe, ubundi izindi Yesu akazitera abasanga.
Ati “waba warabaswe n’ibiyobyabwenge, ubusambanyi, ubusinzi, kwikinisha, ubutinganyi, ndagira ngo nkumenyeshe ko ibyo byose Kristu abasha kubihindura. Ahindura ubuzima bw’umuntu nawe ntamenye uko bigenda.”
Emelyne wabanje kuvugwa cyane ubwo yahuraga n’umuhanzi The Ben bagafata ifoto, yakurikiwe n’impaka ndende, ari na ho yakuye izina ‘Ishanga’ yongeye kugarukwaho cyane ubwo hajyaga hanze amashusho agaragaramo we n’abandi bakorwa, bari mu bikorwa by’ibiterasoni.
Nyuma y’icyo gihe, Emelyne na bagenzi be barapimwe basangwamo ibiyobyabwenge ndetse baza kujyanwa mu kigo ngororamuco cya Huye, baza gusezererwa.
Uyu mukobwa kandi yaje gutangaza ko yakiriye agakiza, ndetse aza kugaragara ari kubatizwa nk’ikimenyetso ko yabaye mushya muri Yesu Kristo.


RADIOTV10











