Thursday, March 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

radiotv10by radiotv10
19/03/2026
in IMYIDAGADURO
0
Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Kwizera Emelyne wamamaye ku izina rya Ishanga, nyuma y’igitaramo Doja Cat aherutse gukorera i Kigali, yasabye abakristu bakitabiriye kugisabira imbabazi Imana mu magambo akakaye, anabasaba gusaba Yesu Kristo imbabazi.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, yaburiye abantu biyita abakristu bitabiriye igitaramo cyagaragayemo umuhanzi Doja Cat wari wambaye imyambaro yavugishije benshi.

Yabanje gushyiraho umurongo wo muri Bibiliya wanditse muri Matayo 6:24 ugira uti “Nta ushobora gukorera abakoresha babiri, kuko yakwanga umwe agakunda undi, cyangwa yaguma kuri umwe agasuzugura undi. Ntimubasha gukorera Imana n’ubutunzi.”

Akomeza yandika ati “Bityo rero, Mwuka Wera yanyoboye kugira ngo mburire abantu biyita abakristu, nyamara bagakomeza kujya mu birori nk’ibi byuzuyemo abakobwa biyerekana mu buryo bukurura irari nka Doja n’abandi

Ntabwo ndi kubacira urubanza, ariko nshingiye kuri uwo murongo w’Ijambo ry’Imana, ndashaka kubibutsa nti: mukorere Umwami umwe.

Amaso yanyu ni ay’Imana. Ese mwakwiyumvisha Yesu areba amashusho nk’ayo yanduye? Mwakwiyumvisha ahagaze iruhande rwanyu muri za konseri z’isi, areba ibyo bintu, hanyuma mukiyita abigishwa cyangwa intumwa za Kristo?”

“Isoni zibagarukeho, koko isoni kuri mwe. Mwe ab’isi, muri abantu bababaje. Nimupfukame musabe imbabazi.”

“Ntabwo nitaye ku kuba mwanyanga kubera ibi, ariko birasobanutse: nahitamo kwangwa namwe aho kwima Yesu umwanya wo kubabwira, cyangwa ngo ndebere mwerekeza mu muriro utazima.”

Uyu mukobwa wigeze kuvugisha imbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru, Kwizera Emelyne, mu kwezi k’Ugushyingo 2025, yagaragaje ko yabaye mushya wavutse ubwa kabiri, atangaza ko yabatijwe mu mazi menshi, agaragaza ko yahinduye ubuzima burundu, ndetse ashimira Imana n’Umwami Yesu ku gakiza yahawe. Yagaragaye abatizwa na Pasiteri Didier Habimana wa Zion Temple Kimironko.

Igitaramo cya Doja Cat gikomeje kuvugisha benshi
Emelyne yageneye ubutumwa abakristu bagiye muri kiriya gitaramo

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 18 =

Previous Post

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

Related Posts

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

by radiotv10
18/03/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasabye abantu kuzamura imyumvire ntibakomeze kwibaza ku myambarire umuhanzi Doja Cat yagaragayemo...

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

by radiotv10
18/03/2026
0

Mutoni Assia wamamaye mu gukina filimi nyarwanda byumwihariko uzwi mu y'uruhererekane ya Seburikoko, yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ine agiye...

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

by radiotv10
16/03/2026
0

Umunyamakuru Ndayisaba Leonidas watangiye akazi kuri RADIOTV10, yavuze ko gukorera iki gitangazamakuru, ari amahirwe adasanzwe, kuko iyi radio iri mu...

Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

by radiotv10
16/03/2026
0

Moses Turahirwa washinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho kwambika abakomeye, yongeye gutakambira Urukiko ngo rumusubikire igihano cy’igifungo cy'igifungo cy'imyaka itatu...

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

by radiotv10
13/03/2026
0

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet Mazimpaka ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yagizwe umuyobozi wa Televiziyo ya KC2 asimbura Gloria Mukamabano uherutse gusezera....

IZIHERUKA

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi
IMYIDAGADURO

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

by radiotv10
19/03/2026
0

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

19/03/2026
Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

19/03/2026
Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

19/03/2026
BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

19/03/2026
Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

19/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.