Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

ESWATINI: Imyigaragambyo y’abaturage basaba demokarasi ikomeje umurego

radiotv10by radiotv10
30/06/2021
in MU RWANDA
0
ESWATINI: Imyigaragambyo y’abaturage basaba demokarasi ikomeje umurego
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bwami bwa Eswatini hahoze hitwa Swaziland ubu haravugwa imyigaragambyo ikomeye ndetse ikomeje gufata indi ntera.

Abigaragambya barasaba ko havugururwa iegeko nshinga ryiki gihugu ndetse hakabaho uburyo bwo kwitorera abayobozi.

Iki gihugu gitegeka mu buryo bwa cyami aho umwami ariwe ushyiraho minisitire wintebe, abaminisitire, abacamanza ndetse nabandi bo mu zindi nzego nkuru z’igihugu.

Bamwe mu bigaragambya babwiye itangazamakuru ko bakeneye kugira uruhare mu gutora abayobozi babo ndetse hakemerwa namashyaka ya poliike, baravuga ko badateze guhagarika iyi myigaragambyo hataravugururwa itegeko rizatuma umuturage atora umuyobozi we, basabye kandi imiryango mpuzamahanga kugira icyo ikora mu maguru mahya.

See the source image

Umwami Muswati ntabwo yorohewe n’abaturage bashaka impinduka mu itegeko nshinga rya Eswatini

Aba kandi banenga bikomeye umwami muswati kubaho mu buzima buhenze cyane nyamara 60% y’abatuye iki gihugu ari abakene, mu bukungu iki gihugu bimwe mu byo cyohereza hanze harimo isukari, ibinyobwa bidasembuye ndetse n’ipamba.

Kuri uyu wa mbere nyuma y’uko ibihumbi byabigaragambya bari biraye mu mihanda no mu bindi bice by’igihugu basaba amavugurura mu itegeko nshinga byatumye inzego zishinzwe umutekano zibamenamo ibyuka biryana mu maso mu rwego rwo kubatatanya bituma abenshi bahakomerekera.

Nyuma gato mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri haramutse amakuru avuga ko ngo umwami Muswati wa 3 yaba yahunze igihugu. Amakuru yavugaga ko ngo indege ye yagaragaye mu kirere mu murwa mukuru Matsapa ariko ntihamenyekanye aho yaba yahungiye nk’uko ikinyamakuru cya leta ya Afurika y’epfo SABC cyabivuze.

Ni amakuru ariko yaje kuvuguruzwa na Leta y’iki gihugu mu itangazo ryasohowe na Minisitiri w’intebe,Themba Masuku rivuga ko umwami muswati wa 3 ari mu gihugu kandi akomeje inshingano ze nk’uko bisanzwe, bongeye gusaba ituze mu gihugu binyuze ku rukuta rwabo rwa Twitter. Imyigaragambyo yatumye amaduka menshi mu mujyi wa Matsapa uri rwagati muri Eswatini atwikwa.

See the source image

Umwami Muswati biravugwa ko yaba yahunze imigarambyo y’abaturage

Kuva mu 1970 muri iki gihugu amashyaka ndetse n’indi mitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi yakuweho, nyuma gato mu 1986 nibwo umwami Muswati wa 3 ubu ufite imyaka 53 y’amavuko yimye ingoma nyuma y’urupfu rwa se Sobhuza II wategetse iki gihugu imyaka 82, nyuma  mu 2018 iki gihugu cyahinduriwe izina rya Swaziland ryari risanzweho cyitwa Eswatini.

Inkuru ya: Denyse Mbabazi Mpambara/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yavuguruwe, ingendo ziratangirana Nyakanga zihagarara saa kumi n’ebyiri

Next Post

Clarisse Karasira n’umugabo we batangiye umushinga uzafasha abasaga 10.000

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Clarisse Karasira n’umugabo we batangiye umushinga uzafasha abasaga 10.000

Clarisse Karasira n’umugabo we batangiye umushinga uzafasha abasaga 10.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.