Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

ESWATINI: Imyigaragambyo y’abaturage basaba demokarasi ikomeje umurego

radiotv10by radiotv10
30/06/2021
in MU RWANDA
0
ESWATINI: Imyigaragambyo y’abaturage basaba demokarasi ikomeje umurego
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bwami bwa Eswatini hahoze hitwa Swaziland ubu haravugwa imyigaragambyo ikomeye ndetse ikomeje gufata indi ntera.

Abigaragambya barasaba ko havugururwa iegeko nshinga ryiki gihugu ndetse hakabaho uburyo bwo kwitorera abayobozi.

Iki gihugu gitegeka mu buryo bwa cyami aho umwami ariwe ushyiraho minisitire wintebe, abaminisitire, abacamanza ndetse nabandi bo mu zindi nzego nkuru z’igihugu.

Bamwe mu bigaragambya babwiye itangazamakuru ko bakeneye kugira uruhare mu gutora abayobozi babo ndetse hakemerwa namashyaka ya poliike, baravuga ko badateze guhagarika iyi myigaragambyo hataravugururwa itegeko rizatuma umuturage atora umuyobozi we, basabye kandi imiryango mpuzamahanga kugira icyo ikora mu maguru mahya.

See the source image

Umwami Muswati ntabwo yorohewe n’abaturage bashaka impinduka mu itegeko nshinga rya Eswatini

Aba kandi banenga bikomeye umwami muswati kubaho mu buzima buhenze cyane nyamara 60% y’abatuye iki gihugu ari abakene, mu bukungu iki gihugu bimwe mu byo cyohereza hanze harimo isukari, ibinyobwa bidasembuye ndetse n’ipamba.

Kuri uyu wa mbere nyuma y’uko ibihumbi byabigaragambya bari biraye mu mihanda no mu bindi bice by’igihugu basaba amavugurura mu itegeko nshinga byatumye inzego zishinzwe umutekano zibamenamo ibyuka biryana mu maso mu rwego rwo kubatatanya bituma abenshi bahakomerekera.

Nyuma gato mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri haramutse amakuru avuga ko ngo umwami Muswati wa 3 yaba yahunze igihugu. Amakuru yavugaga ko ngo indege ye yagaragaye mu kirere mu murwa mukuru Matsapa ariko ntihamenyekanye aho yaba yahungiye nk’uko ikinyamakuru cya leta ya Afurika y’epfo SABC cyabivuze.

Ni amakuru ariko yaje kuvuguruzwa na Leta y’iki gihugu mu itangazo ryasohowe na Minisitiri w’intebe,Themba Masuku rivuga ko umwami muswati wa 3 ari mu gihugu kandi akomeje inshingano ze nk’uko bisanzwe, bongeye gusaba ituze mu gihugu binyuze ku rukuta rwabo rwa Twitter. Imyigaragambyo yatumye amaduka menshi mu mujyi wa Matsapa uri rwagati muri Eswatini atwikwa.

See the source image

Umwami Muswati biravugwa ko yaba yahunze imigarambyo y’abaturage

Kuva mu 1970 muri iki gihugu amashyaka ndetse n’indi mitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi yakuweho, nyuma gato mu 1986 nibwo umwami Muswati wa 3 ubu ufite imyaka 53 y’amavuko yimye ingoma nyuma y’urupfu rwa se Sobhuza II wategetse iki gihugu imyaka 82, nyuma  mu 2018 iki gihugu cyahinduriwe izina rya Swaziland ryari risanzweho cyitwa Eswatini.

Inkuru ya: Denyse Mbabazi Mpambara/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 11 =

Previous Post

Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yavuguruwe, ingendo ziratangirana Nyakanga zihagarara saa kumi n’ebyiri

Next Post

Clarisse Karasira n’umugabo we batangiye umushinga uzafasha abasaga 10.000

Related Posts

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

IZIHERUKA

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho
MU RWANDA

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

02/12/2025
AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

02/12/2025
Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Clarisse Karasira n’umugabo we batangiye umushinga uzafasha abasaga 10.000

Clarisse Karasira n’umugabo we batangiye umushinga uzafasha abasaga 10.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.