Tuesday, March 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

ESWATINI: Imyigaragambyo y’abaturage basaba demokarasi ikomeje umurego

radiotv10by radiotv10
30/06/2021
in MU RWANDA
0
ESWATINI: Imyigaragambyo y’abaturage basaba demokarasi ikomeje umurego
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bwami bwa Eswatini hahoze hitwa Swaziland ubu haravugwa imyigaragambyo ikomeye ndetse ikomeje gufata indi ntera.

Abigaragambya barasaba ko havugururwa iegeko nshinga ryiki gihugu ndetse hakabaho uburyo bwo kwitorera abayobozi.

Iki gihugu gitegeka mu buryo bwa cyami aho umwami ariwe ushyiraho minisitire wintebe, abaminisitire, abacamanza ndetse nabandi bo mu zindi nzego nkuru z’igihugu.

Bamwe mu bigaragambya babwiye itangazamakuru ko bakeneye kugira uruhare mu gutora abayobozi babo ndetse hakemerwa namashyaka ya poliike, baravuga ko badateze guhagarika iyi myigaragambyo hataravugururwa itegeko rizatuma umuturage atora umuyobozi we, basabye kandi imiryango mpuzamahanga kugira icyo ikora mu maguru mahya.

See the source image

Umwami Muswati ntabwo yorohewe n’abaturage bashaka impinduka mu itegeko nshinga rya Eswatini

Aba kandi banenga bikomeye umwami muswati kubaho mu buzima buhenze cyane nyamara 60% y’abatuye iki gihugu ari abakene, mu bukungu iki gihugu bimwe mu byo cyohereza hanze harimo isukari, ibinyobwa bidasembuye ndetse n’ipamba.

Kuri uyu wa mbere nyuma y’uko ibihumbi byabigaragambya bari biraye mu mihanda no mu bindi bice by’igihugu basaba amavugurura mu itegeko nshinga byatumye inzego zishinzwe umutekano zibamenamo ibyuka biryana mu maso mu rwego rwo kubatatanya bituma abenshi bahakomerekera.

Nyuma gato mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri haramutse amakuru avuga ko ngo umwami Muswati wa 3 yaba yahunze igihugu. Amakuru yavugaga ko ngo indege ye yagaragaye mu kirere mu murwa mukuru Matsapa ariko ntihamenyekanye aho yaba yahungiye nk’uko ikinyamakuru cya leta ya Afurika y’epfo SABC cyabivuze.

Ni amakuru ariko yaje kuvuguruzwa na Leta y’iki gihugu mu itangazo ryasohowe na Minisitiri w’intebe,Themba Masuku rivuga ko umwami muswati wa 3 ari mu gihugu kandi akomeje inshingano ze nk’uko bisanzwe, bongeye gusaba ituze mu gihugu binyuze ku rukuta rwabo rwa Twitter. Imyigaragambyo yatumye amaduka menshi mu mujyi wa Matsapa uri rwagati muri Eswatini atwikwa.

See the source image

Umwami Muswati biravugwa ko yaba yahunze imigarambyo y’abaturage

Kuva mu 1970 muri iki gihugu amashyaka ndetse n’indi mitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi yakuweho, nyuma gato mu 1986 nibwo umwami Muswati wa 3 ubu ufite imyaka 53 y’amavuko yimye ingoma nyuma y’urupfu rwa se Sobhuza II wategetse iki gihugu imyaka 82, nyuma  mu 2018 iki gihugu cyahinduriwe izina rya Swaziland ryari risanzweho cyitwa Eswatini.

Inkuru ya: Denyse Mbabazi Mpambara/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yavuguruwe, ingendo ziratangirana Nyakanga zihagarara saa kumi n’ebyiri

Next Post

Clarisse Karasira n’umugabo we batangiye umushinga uzafasha abasaga 10.000

Related Posts

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

by radiotv10
10/03/2026
0

Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

by radiotv10
10/03/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze...

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
10/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yatangaje ko Perezida Paul Kagame n’abayobozi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda,...

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

by radiotv10
10/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo ubujura no gusambanya abana b’abakobwa babanje kubashukisha akazi bakoresheje...

Eng.-President Kagame in Paris, France

Eng.-President Kagame in Paris, France

by radiotv10
10/03/2026
0

The Rwandan Embassy in France announced that President Paul Kagame, along with leaders from the Rwanda Atomic Energy Board, is...

IZIHERUKA

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli
AMAHANGA

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

by radiotv10
10/03/2026
0

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

10/03/2026
Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

10/03/2026
BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

10/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Clarisse Karasira n’umugabo we batangiye umushinga uzafasha abasaga 10.000

Clarisse Karasira n’umugabo we batangiye umushinga uzafasha abasaga 10.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.