Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yahaye gasopo abaturage kudahirahira ngo bakoreshe umupaka wa Bunagana uri gucungwa na M23

radiotv10by radiotv10
21/06/2022
in MU RWANDA
0
FARDC yahaye gasopo abaturage kudahirahira ngo bakoreshe umupaka wa Bunagana uri gucungwa na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 usubukuye ibikorwa byo ku mupaka wa Bunagana uhuza DRCongo na Uganda, ubuyobozi bw’Igisirikare muri Kivu ya Ruguru bwabujije abaturage gukoresha uyu mupaka, buvuga ko uzawukoresha azafatwa nk’ushyigikiye uyu mutwe wamaze kwitwa uw’Iterabwoba.

Kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, Umutwe wa M23 wafunguye ku mugaragaro umupaka wa Bunagana nyuma yuko uyu mutwe ufashe umujyi wa Bunagana uhana imbibi na Uganda.

Maj Willy Ngoma, Umuvugizi wa M23 wafunguye uyu mupaka, yavuze ko abaturage bari barahungiye muri Uganda batangiye gutahuka kandi ko uyu mutwe uzabacungira umutekano uko bikwiye.

Ubuyobozi bw’igisirikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, bwahise bushyira hanze itangazo, busaba abaturage kudakoresha uyu mupaka.

Iri tangazo rya Lt Gen Constant Ndima risaba abakoresha uyu mupaka mu buryo bw’ubucuruzi n’abakozi bawo kudahirahira bawukoresha kugeza igihe bazabyemererwa.

Iri tangazo riti “Birabujijwe kugeza igihe hatanzwe amategeko mashya agenda ibicuruzwa byinjira n’ibisohoka binyuze ku mupaka wa Bunagana ubu ufitwe uri mu maboko y’umutwe w’iterabwoba wa M23 n’ababashyigikiye ari bo Banyarwanda.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko abazakoresha uyu mupaka baba abacuruzi ndetse n’abandi “bazafatwa nk’aho bakora mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi bakorana n’abanzi.”

Lt Gen Constant Ndima yizeje ko ibyerekeye Bunagana bizasubira ku murongo mu gihe cya vuba ngo kuko uyu mujyi uzongera gucungwa n’igisirikare cy’Igihugu.

Mu cyumweru gishize, hari hakwirakwiye amakuru ko umujyi wa Bunagana wasubiye mu maboko ya FARDC, gusa umutwe wa M23 wamaganiye kure aya makuru, uvuga ko ukiri muri uyu mujyi ndetse ko udafite gahunda n’imwe yo kuwuvamo ndetse ko nta ngabo na zimwe zifite ububasha bwo kuziwutsimburamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Karyuri muri CHOGM yasusurukije imbaga y’abaturutse mu Bihugu 54

Next Post

Caleb wapfushije umugore bikamuhungabanya akanabyandikaho igitabo yishumbushije akora ubukwe bw’akataraboneka (AMAFOTO)

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Caleb wapfushije umugore bikamuhungabanya akanabyandikaho igitabo yishumbushije akora ubukwe bw’akataraboneka (AMAFOTO)

Caleb wapfushije umugore bikamuhungabanya akanabyandikaho igitabo yishumbushije akora ubukwe bw’akataraboneka (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.