Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yahaye gasopo abaturage kudahirahira ngo bakoreshe umupaka wa Bunagana uri gucungwa na M23

radiotv10by radiotv10
21/06/2022
in MU RWANDA
0
FARDC yahaye gasopo abaturage kudahirahira ngo bakoreshe umupaka wa Bunagana uri gucungwa na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 usubukuye ibikorwa byo ku mupaka wa Bunagana uhuza DRCongo na Uganda, ubuyobozi bw’Igisirikare muri Kivu ya Ruguru bwabujije abaturage gukoresha uyu mupaka, buvuga ko uzawukoresha azafatwa nk’ushyigikiye uyu mutwe wamaze kwitwa uw’Iterabwoba.

Kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, Umutwe wa M23 wafunguye ku mugaragaro umupaka wa Bunagana nyuma yuko uyu mutwe ufashe umujyi wa Bunagana uhana imbibi na Uganda.

Maj Willy Ngoma, Umuvugizi wa M23 wafunguye uyu mupaka, yavuze ko abaturage bari barahungiye muri Uganda batangiye gutahuka kandi ko uyu mutwe uzabacungira umutekano uko bikwiye.

Ubuyobozi bw’igisirikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, bwahise bushyira hanze itangazo, busaba abaturage kudakoresha uyu mupaka.

Iri tangazo rya Lt Gen Constant Ndima risaba abakoresha uyu mupaka mu buryo bw’ubucuruzi n’abakozi bawo kudahirahira bawukoresha kugeza igihe bazabyemererwa.

Iri tangazo riti “Birabujijwe kugeza igihe hatanzwe amategeko mashya agenda ibicuruzwa byinjira n’ibisohoka binyuze ku mupaka wa Bunagana ubu ufitwe uri mu maboko y’umutwe w’iterabwoba wa M23 n’ababashyigikiye ari bo Banyarwanda.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko abazakoresha uyu mupaka baba abacuruzi ndetse n’abandi “bazafatwa nk’aho bakora mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi bakorana n’abanzi.”

Lt Gen Constant Ndima yizeje ko ibyerekeye Bunagana bizasubira ku murongo mu gihe cya vuba ngo kuko uyu mujyi uzongera gucungwa n’igisirikare cy’Igihugu.

Mu cyumweru gishize, hari hakwirakwiye amakuru ko umujyi wa Bunagana wasubiye mu maboko ya FARDC, gusa umutwe wa M23 wamaganiye kure aya makuru, uvuga ko ukiri muri uyu mujyi ndetse ko udafite gahunda n’imwe yo kuwuvamo ndetse ko nta ngabo na zimwe zifite ububasha bwo kuziwutsimburamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Karyuri muri CHOGM yasusurukije imbaga y’abaturutse mu Bihugu 54

Next Post

Caleb wapfushije umugore bikamuhungabanya akanabyandikaho igitabo yishumbushije akora ubukwe bw’akataraboneka (AMAFOTO)

Related Posts

Umuhigo w’abarangije muri Kaminuza ya Mount Kigali yashyize ku isoko ry’umurimo abarenga 1.000

Umuhigo w’abarangije muri Kaminuza ya Mount Kigali yashyize ku isoko ry’umurimo abarenga 1.000

by radiotv10
08/12/2025
0

Kaminuza ya Mount Kigali yahaye impamyabumenyi abanyeshuri 1 161 bayirangijemo mu byiciro binyuranye, biyemeje kuzatanga serivisi zinoze mu mirimo bazakora...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

by radiotv10
08/12/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko batewe impungenge n’icyorezo cy’uburwayi kiri kubibasira, ndetse...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games
Uncategorized

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuhigo w’abarangije muri Kaminuza ya Mount Kigali yashyize ku isoko ry’umurimo abarenga 1.000

Umuhigo w’abarangije muri Kaminuza ya Mount Kigali yashyize ku isoko ry’umurimo abarenga 1.000

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Caleb wapfushije umugore bikamuhungabanya akanabyandikaho igitabo yishumbushije akora ubukwe bw’akataraboneka (AMAFOTO)

Caleb wapfushije umugore bikamuhungabanya akanabyandikaho igitabo yishumbushije akora ubukwe bw’akataraboneka (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Umuhigo w’abarangije muri Kaminuza ya Mount Kigali yashyize ku isoko ry’umurimo abarenga 1.000

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.