Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yahaye gasopo abaturage kudahirahira ngo bakoreshe umupaka wa Bunagana uri gucungwa na M23

radiotv10by radiotv10
21/06/2022
in MU RWANDA
0
FARDC yahaye gasopo abaturage kudahirahira ngo bakoreshe umupaka wa Bunagana uri gucungwa na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 usubukuye ibikorwa byo ku mupaka wa Bunagana uhuza DRCongo na Uganda, ubuyobozi bw’Igisirikare muri Kivu ya Ruguru bwabujije abaturage gukoresha uyu mupaka, buvuga ko uzawukoresha azafatwa nk’ushyigikiye uyu mutwe wamaze kwitwa uw’Iterabwoba.

Kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, Umutwe wa M23 wafunguye ku mugaragaro umupaka wa Bunagana nyuma yuko uyu mutwe ufashe umujyi wa Bunagana uhana imbibi na Uganda.

Maj Willy Ngoma, Umuvugizi wa M23 wafunguye uyu mupaka, yavuze ko abaturage bari barahungiye muri Uganda batangiye gutahuka kandi ko uyu mutwe uzabacungira umutekano uko bikwiye.

Ubuyobozi bw’igisirikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, bwahise bushyira hanze itangazo, busaba abaturage kudakoresha uyu mupaka.

Iri tangazo rya Lt Gen Constant Ndima risaba abakoresha uyu mupaka mu buryo bw’ubucuruzi n’abakozi bawo kudahirahira bawukoresha kugeza igihe bazabyemererwa.

Iri tangazo riti “Birabujijwe kugeza igihe hatanzwe amategeko mashya agenda ibicuruzwa byinjira n’ibisohoka binyuze ku mupaka wa Bunagana ubu ufitwe uri mu maboko y’umutwe w’iterabwoba wa M23 n’ababashyigikiye ari bo Banyarwanda.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko abazakoresha uyu mupaka baba abacuruzi ndetse n’abandi “bazafatwa nk’aho bakora mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi bakorana n’abanzi.”

Lt Gen Constant Ndima yizeje ko ibyerekeye Bunagana bizasubira ku murongo mu gihe cya vuba ngo kuko uyu mujyi uzongera gucungwa n’igisirikare cy’Igihugu.

Mu cyumweru gishize, hari hakwirakwiye amakuru ko umujyi wa Bunagana wasubiye mu maboko ya FARDC, gusa umutwe wa M23 wamaganiye kure aya makuru, uvuga ko ukiri muri uyu mujyi ndetse ko udafite gahunda n’imwe yo kuwuvamo ndetse ko nta ngabo na zimwe zifite ububasha bwo kuziwutsimburamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 16 =

Previous Post

Karyuri muri CHOGM yasusurukije imbaga y’abaturutse mu Bihugu 54

Next Post

Caleb wapfushije umugore bikamuhungabanya akanabyandikaho igitabo yishumbushije akora ubukwe bw’akataraboneka (AMAFOTO)

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
MU RWANDA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Caleb wapfushije umugore bikamuhungabanya akanabyandikaho igitabo yishumbushije akora ubukwe bw’akataraboneka (AMAFOTO)

Caleb wapfushije umugore bikamuhungabanya akanabyandikaho igitabo yishumbushije akora ubukwe bw’akataraboneka (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.