Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yongeye gukizwa n’amaguru ihunga M23

radiotv10by radiotv10
27/10/2022
in MU RWANDA
0
FARDC yongeye gukizwa n’amaguru ihunga M23
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mirwano ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, uyu mutwe wongeye kwatsa umuriro ku ngabo z’Igihugu, zirahunga.

Iyi mirwano yubuye mu cyumweru gishize, aho impande zombi zitana bamwana ku batumye uru rugamba rwongera kubyuka, dore ko M23 ishinja FARDC n’imitwe yiyambaje, kubagabaho ibitero mu gihe igisirikare cya Congo na cyo kivuga ko ari M23 yabashotoye.

Ku cyumweru tariki 23 Ukwakira, uyu mutwe wa M23 wafashe agace ka Ntamugenga gaherereye muri Teritwari ya Rutshuru, nyuma yuko uyu mutwe wari wafashe n’utundi duce twa Muhimbira na Nyaluhondo.

Ikinyamakuru Goma News 24, cyatangaje kuri uyu wa Kane tariki 27 Ukwakira 2022 ko Umutwe wa M23 wafashe utundi duce twa Karengera, Gako, Rubare, Rangira, Burayi, Rukoro, Matebe na Kanombe ndetse n’utundi.

Iki kinyamakuru kivuga ko M23 yafashe ibi bice nyuma yo kotsa igitutu abasirikare ba FARDC babonye urugamba ruhinanye, bagakuramo akabo karenge, bagahungira i Goma.

Amashusho yagaragajwe n’iki kinyamakuru, yerekana imodoka zirimo n’iz’intambara zigendesha iminyururu, zirukanka mu muhanda wa kaburimbo ndetse n’izindi nini zitwaye abasirikare, ziri guhunga ziruka ku muvuduko wo hejuru.

Kubuka kw’iyi mirwano kongeye kubyutsa ibirego Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakunze gushinja u Rwanda ko rufasha umutwe wa M23.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo muri iki cyumweru, ivuga ko ibiri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo n’igisirikare cy’iki Gihugu byo kubura imirwano, bigaragaza ko ibyatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi ntaho bihuriye n’imyitwarire y’Igihugu cye, kuko yakunze kuvuga ko yifuza ko habaho ibiganiro ariko akaba yarabirenzeho akubura imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Muhoozi yavuze ko uko byagenda kose agomba kuzaba Perezida

Next Post

Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.