Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yongeye gukizwa n’amaguru ihunga M23

radiotv10by radiotv10
27/10/2022
in MU RWANDA
0
FARDC yongeye gukizwa n’amaguru ihunga M23
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mirwano ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, uyu mutwe wongeye kwatsa umuriro ku ngabo z’Igihugu, zirahunga.

Iyi mirwano yubuye mu cyumweru gishize, aho impande zombi zitana bamwana ku batumye uru rugamba rwongera kubyuka, dore ko M23 ishinja FARDC n’imitwe yiyambaje, kubagabaho ibitero mu gihe igisirikare cya Congo na cyo kivuga ko ari M23 yabashotoye.

Ku cyumweru tariki 23 Ukwakira, uyu mutwe wa M23 wafashe agace ka Ntamugenga gaherereye muri Teritwari ya Rutshuru, nyuma yuko uyu mutwe wari wafashe n’utundi duce twa Muhimbira na Nyaluhondo.

Ikinyamakuru Goma News 24, cyatangaje kuri uyu wa Kane tariki 27 Ukwakira 2022 ko Umutwe wa M23 wafashe utundi duce twa Karengera, Gako, Rubare, Rangira, Burayi, Rukoro, Matebe na Kanombe ndetse n’utundi.

Iki kinyamakuru kivuga ko M23 yafashe ibi bice nyuma yo kotsa igitutu abasirikare ba FARDC babonye urugamba ruhinanye, bagakuramo akabo karenge, bagahungira i Goma.

Amashusho yagaragajwe n’iki kinyamakuru, yerekana imodoka zirimo n’iz’intambara zigendesha iminyururu, zirukanka mu muhanda wa kaburimbo ndetse n’izindi nini zitwaye abasirikare, ziri guhunga ziruka ku muvuduko wo hejuru.

Kubuka kw’iyi mirwano kongeye kubyutsa ibirego Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakunze gushinja u Rwanda ko rufasha umutwe wa M23.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo muri iki cyumweru, ivuga ko ibiri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo n’igisirikare cy’iki Gihugu byo kubura imirwano, bigaragaza ko ibyatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi ntaho bihuriye n’imyitwarire y’Igihugu cye, kuko yakunze kuvuga ko yifuza ko habaho ibiganiro ariko akaba yarabirenzeho akubura imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Muhoozi yavuze ko uko byagenda kose agomba kuzaba Perezida

Next Post

Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.