Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

FERWAFA na CAF basoje amahugurwa y’abatoza 13 bazafasha mu kwigisha abandi batoza

radiotv10by radiotv10
23/09/2021
in SIPORO
0
FERWAFA na CAF basoje amahugurwa y’abatoza 13 bazafasha mu kwigisha abandi batoza
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku bufatanye n’impuzamashyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), basoje amahugurwa y’iminsi icumi yahabwaga abatoza bajya ku rwego rwo kuzajya bahugura abandi batoza guhera mu mwaka utaha wa 2022.

Izak Stephanus Coetsee watangaga aya mahugurwa yaberaga kuri St Famille kuva tariki 13 Nzeri 2021, yavuze ko abatoza yabonye bumva neza amasomo yabahaye mu gihe cyose bamaranye abigisha. Izak avuga ko kuri ubu bose bemerewe kuba batanga amahugurwa bagahugura abandi batoza.

Abatoza 13 bose b’abanyarwanda bakoze amahugurwa akakaye yo kujya ku rwego rwo kuba bakoresha amahugurwa afasha abandi batoza bagutangira umwuga w’ubutoza.

Jimmy Mulisa wakiniye ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi Stars na Seninga Innocent watoje amakipe nka Police FC, Bugesera FC, Etincelles FC na Musanze FC anaba umutoza wungirije mu Mavubi Stars ni bamwe mu batoza bazwi cyane bakoze aya mahugurwa.

Uretse aba bagabo babiri , Seninga Innocent na Jimmy Mulisa, abandi bazwi cyane bari muri aya mahugurwa ni Nyinawumuntu Grace na Habimana Sosthene.

Abatoza 13 basoje amahugurwa yo guhugura abandi batoza:

Innocent SENINGA (A CAF), Sosthène HABIMANA (A CAF), Jimmy MULISA (B CAF), Hamimu BAZIRAKE (B CAF), Theonas NDANGUZA (B CAF), Seraphine UMUNYANA (C CAF), Consolée MUKASHEMA (C CAF), Marie Grace NYINAWUMUNTU (C CAF), Alain MBABAZI (C CAF), Pacifique UWINEZA (C CAF), Jean Pierre KWIZERA (C CAF) na Hassan MUHIRE (C CAF).

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

KENYA: Tusker FC ikinamo Emery Mvuyekure yatwaye Super Cup itsinze Gor’Mahia FC

Next Post

Perezida Paul Kagame yibukije Dr.Ugirashebuja Emmanuel icyo abanyarwanda bamwitezeho

Related Posts

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

IZIHERUKA

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning
IMIBEREHO MYIZA

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Paul Kagame yibukije Dr.Ugirashebuja  Emmanuel icyo abanyarwanda bamwitezeho

Perezida Paul Kagame yibukije Dr.Ugirashebuja Emmanuel icyo abanyarwanda bamwitezeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.