Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

France: Perezida Macron yagize Minisitiri Hervé Berville ukomoka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/07/2022
in MU RWANDA
1
France: Perezida Macron yagize Minisitiri Hervé Berville ukomoka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hervé Berville ukomoka mu Rwanda, wigeze kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, yagizwe Minisitiri muri Guverinoma y’u Bufaransa, aba Minisitiri muto muri iyi Guverinoma.

Hervé Berville wabaye Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, yaje muri Guverinoma y’iki Gihugu mu mpinduka zakozwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron uherutse kongera gutorerwa kuyobora iki Gihugu.

Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022, nyuma y’ishyirwa mu myanya rya Perezida Emmanuel Macron, Hervé Berville yagize Umunyamabanga wa Leta ushinzwe uburobyi ndetse n’ibindi bikorwa bikorerwa mu mazi, aho yasimbuye Justine Bénin.

Uyu munyapolitiki winjiye muri Guverinoma y’u Bufaransa, yavukiye mu Rwanda mu Mujyi wa Kigali, aza kuhava afite imyaka ine ubwo yahungishwaga kubera Jenoside Yakorewe Abatutsi yahitanye ababyeyi be.

Ubwo yageraga mu Bufaransa, yarezwe n’umuryango wamwakiriye w’ahitwa Pluduno muri Côtes-d’Armor.

Ku myaka 27, muri 2017, Hervé Berville yinjiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa aho yari umukandida w’ishyaka La République en Marche ajya guhagarira aka gace yarerewemo ka Côtes-d’Armor.

Icyo gihe yari yatsinze ku majwi 64,17% ahigitse Didier Déru wari umukandida w’ishyaka ry’aba Républicains wagize amajwi 35,83 %.

Muri Mata 2019, Hervé Berville yaje mu Rwanda mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside Yakorewe Abatutsi, ahagarariye Perezida Emmanuel Macron.

Uyu munyapolitiki w’Umufaransa waje ari kumwe n’itinda ayoboye, yanakiriwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite, Donatille Mukabalisa, banagirana ibiganiro byagarutse ku bufatanye b’Inteko z’Ibihugu byombi.

Ubwo yazaga mu Rwanda yakiriwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko
Yanitabiriye Urugendo rwo Kwibuka

RADIOTV10

Comments 1

  1. Sibomana says:
    3 years ago

    Iman a to mu Ijuru imushoboze gusoza inshingano ze kinyamwuga, kandi girore. Merci S.E Mr. Macron pour cette confiance. C’est un signe de l’inclusivite.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − four =

Previous Post

Ubwo imirwano yuburaga twari twavuganye na DRC tuyimenyesha ko hari ibiri gututumba- P.Kagame

Next Post

Gatsibo: Abataramenyekana bari kuri moto barashe abantu babiri bahita bacika

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Abataramenyekana bari kuri moto barashe abantu babiri bahita bacika

Gatsibo: Abataramenyekana bari kuri moto barashe abantu babiri bahita bacika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.